Perezida w’Inteko ya Kenya azitabira “Kwita Izina”
Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Kenya mu mutwe wa Sena ategerejwe kugera mu Rwanda tariki 20/06/2013 mu ruzinduko azamaramo iminsi itanu areba iterambere u Rwanda rugezeho mu nzego zinyuranye, akazanitabira imihango yo kwita izina ingagi zo mu birunga tariki 22/06/2013.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda riravuga ko Perezida wa Sena ya Kenya, Ekwee Ethuro, azaba ari kumwe na bagenzi be batandatu mu rugendo bazakorera mu Rwanda, bakazasura ahantu hatandukanye mu Rwanda birebera intera u Rwanda rugezeho.

Aba basenateri bo muri Kenya n’intumwa bazaba bayoboye kandi bazanaganira n’abayobozi bakuru mu Rwanda, barimo abayobozi b’Inteko Ishinga amategeko n’abagize Guverinoma bagamije kungurana inama no kunoza ubufatanye ku mpande z’ibihugu byombi.
Ahishakiye Jean d’Amour
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Niba nabanya Kenya tubanye neze kurusha aba TZ.
Amasomo turayatanga kandi ni nabyo dufite ibyo twerekana!
Naze afate amasomo hanyuma azagenda abwira abanya kenya ibyo yabonye I Rwanda..