Perezida Magufuli wa Tanzania yakoreye uruzinduko rw’amateka mu Rwanda

Perezida wa Tanzania Dr. John Pombe Magufuli yamaze kugera mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Mata 2016, aho yakiriwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ku mupaka wa Rusumo mu Ntara y’Iburasirazuba.

Perezida Paul Kagame na Madamu na Perezida Magufuri na Madamu, bamaze gufungura One Stop Border Post ku Rusumo.
Perezida Paul Kagame na Madamu na Perezida Magufuri na Madamu, bamaze gufungura One Stop Border Post ku Rusumo.

Uru ruzinduko rwa mbere Perezida Magufuli agiriye mu Rwanda ni na rwo rwa mbere agiriye hanze y’igihugu cye kuva ubwo yatorerwaga kuba Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania mu Ukwakira 2015.

Perezida Kagame na Perezida Magufuli barafungura ibiro bya Gasutamo bya Rusumo bihuriweho n’impande zombi bizwi nka "Rusumo One Stop Border Post".

Aba bakuru b’ibihugu kandi barataha ikiraro (urutindo) gihuza u Rwanda na Tanzania kiri ku Rusumo.

Kigali Today yabakurikiraniye umunota ku munota iby’uru ruzinduko:

13:00-: Ibirori byo kwakira Perezida wa Tanzania, Dr. John Pombe Magufuli byaberaga ku Rusumo birarangiye. Ubu, Abakuru b’ibihugu byombi berekeje i Muhazi mu Karere ka Rwamagana, aho biteganyijwe ko bagirana ibiganiro.

Aha batahaga ku mugaragaro Ibiro bya Gasutamo bya Rusumo bihuriweho n'ibihugu byombi.
Aha batahaga ku mugaragaro Ibiro bya Gasutamo bya Rusumo bihuriweho n’ibihugu byombi.

Ahagana 13:00: Perezida Kagame abwiye Perezida Magufuli n’abamuherekeje ko u Rwanda rwabishimiye nk’abashyitsi bahire kandi abasezeranya ko uyu mubano mwiza uzarushaho gutera imbere uko imyaka isimburana.

Ku bwe, agaragaje ko urujya n’uruza rw’Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya bakoresha uyu mupaka rwarushaho kwiyongera, ubucuruzi bugatera imbere.

Perezida Kagame ati "Abanyatanzaniya n’Abanyarwanda bakeneye amahoro, bakeneye ubucuti, bakeneye guhahirana; twese tugatera imbere."

Aha, Perezida Kagame na Magufuli barimo bafungura ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo.
Aha, Perezida Kagame na Magufuli barimo bafungura ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo.

Ahagana 12:40: Perezida Kagame na Perezida Magufuli bamaze gufungura ibiro bya Gasutamo ku Rusumo banataha ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo gihuza u Rwanda na Tanzania.

Perezida Magufuli ati "Nje mu Rwanda nk’inshuti, nk’umuvandimwe, nk’umuturanyi."

Avuze ko mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, harimo abaturage benshi; bito ko bafatanyije nta cyabananira. Yongeyeho ko muri uru ruzinduko, azigira byinshi ku Rwanda kandi ashimangira ko Abanyarwanda n’Abanyatanzaniya basangiye byinshi.

Ati "Mu minsi ibiri nzamara mu Rwanda, nziga byinshi kandi ndagira ngo mbahamirize ko Abanyatanzaniya ari abavandimwe banyu."

Perezida Kagame na Perezida Magufuli bamaze gutaha ku mugaragaro ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo n'Ibiro bya Gasutamo ihuriweho n'impande zombi ya Rusumo.
Perezida Kagame na Perezida Magufuli bamaze gutaha ku mugaragaro ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo n’Ibiro bya Gasutamo ihuriweho n’impande zombi ya Rusumo.

Ahagana 11:30: Perezida Magufuli afashe ijambo ati "Ndashimira Perezida Kagame ku bw’ubutumire. U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere ngendereye kuva naba Perezida."

Perezida Magufuli ati "Ngendereye u Rwanda mu rwego rwo gushimangira umubano wacu mwiza n’ubuvandimwe."

Ahagana 11:25 Perezida Kagame amaze gusuhuza abaturage ba Tanzania bari ku ruhande rw’umupaka wa Rusumo ruherereye muri Tanzania, ababwira ko abazaniye indamukanyo y’abavandimwe babo b’Abanyarwanda. Ababwiye ko gukorera hamwe (u Rwanda na Tanzania) bizabongerera imbaraga.

Perezida Magufuli na Madamu we bakiriwe mu njyana y'Umuco Nyarwanda.
Perezida Magufuli na Madamu we bakiriwe mu njyana y’Umuco Nyarwanda.

Perezida Kagame avuze ko Abanyarwanda bishimiye kwakira Perezida Magufuli n’abamuherekeje mu rukundo n’urugwiro by’Abanyarwanda.

Ku mupaka wa Rusumo aho Perezida Kagame na Madamu we bakirira Perezida Magufuli na Madamu, ubu ni ibirori. Bararirimba indirimbo zo kumuha ikaze ku butaka bw’u Rwanda.

Ni ibirori ku Rusumo, aho Perezida kagame yakirira Perezida Magufuli.
Ni ibirori ku Rusumo, aho Perezida kagame yakirira Perezida Magufuli.

Ahagana 10:50: Perezida Paul Kagame na Madamu we bamaze kwakirwa na Perezida Magufuli na Madamu we ku gice cy’umupaka wa Rusumo giherereye mu gihugu cya Tanzania.

Imodoka ziherekeje Perezida Magufuli mu Rwanda zamaze kugera ku mupaka wa Rusumo.

Imodoka ziherekeje Perezida Magufuli zageze ku mupaka wa Rusumo. Araza gukomereza urugendo i Kigali.
Imodoka ziherekeje Perezida Magufuli zageze ku mupaka wa Rusumo. Araza gukomereza urugendo i Kigali.

U Rwanda rwagaragaje ko rwishimiye kwakira Perezida Magufuli ku butaka bwarwo.

Minisitiri w'u Rwanda w'Ububanyi n'Amahanga yatanze ubutumwa bw'ikaze kuri Perezida Magufuli w'igihugu yise "icy'abavandimwe".
Minisitiri w’u Rwanda w’Ububanyi n’Amahanga yatanze ubutumwa bw’ikaze kuri Perezida Magufuli w’igihugu yise "icy’abavandimwe".

10:09: Hashize akanya abanyamakuru bageze ku Rusumo, aho Perezida Paul Kagame yakirira mugenzi we Perezida John Pombe Magufuli.

Abanyamakuru bo mu Rwanda na mpuzamahanga bamaze kugera ku Rusumo. Na bo barakurikirana iby'uru ruzinduko.
Abanyamakuru bo mu Rwanda na mpuzamahanga bamaze kugera ku Rusumo. Na bo barakurikirana iby’uru ruzinduko.

9:40: Imyiteguro yo kwakira Perezida Magufuli ku Rusumo irarimbanyije

Rusumo One Stop Border Post igiye gutahwa n'abaperezida b'ibihugu byombi.
Rusumo One Stop Border Post igiye gutahwa n’abaperezida b’ibihugu byombi.

Perezida Magufuli agiye kwakirirwa ku mupaka wa Rusumo ahari ikiraro gihuza ibihugu byombi, bikaba biteganyijwe ko ari bufatanye na Perezida Kagame gutaha ku mugaragaro umupaka uhuriweho n’ibihugu byombi (Rusumo One Stop Border Post).

Aha ni ubwo Perezida Magufuli yahuraga na Perezida Kagame mu nama y'abakuru b'ibihugu bya EAC.
Aha ni ubwo Perezida Magufuli yahuraga na Perezida Kagame mu nama y’abakuru b’ibihugu bya EAC.

Kugeza muri aya ma saa tatu n’igice (9:30), abantu batandukanye barimo n’abanyamakuru, bategereje ko abakuru b’ibihugu byombi bagera ku Rusumo, ahagiye kubera uyu muhango.

Aha ni ku Rusumo mu Karere ka Kirehe, aho Perezida Kagame agiye kwakirira Perezida Magufuri.
Aha ni ku Rusumo mu Karere ka Kirehe, aho Perezida Kagame agiye kwakirira Perezida Magufuri.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

karibu mheshimiwa rais Magufuri ujisikie kama uko nyumbani. tunafurahi sana ku kupokea inchini kwetu karibu tena.

nkotanyi yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

kumushika raisi wetu kwenye bega ina maanisha nini?

justin yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

karibu mheshimiwa rais Magufuri ujisikie kama uko nyumbani. tunafurahi sana ku kupokea inchini kwetu karibu tena.

nkotanyi yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

kalibu Sana president Magufuli

TUYISENGE VITAL yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

Tunamufurahia mzee Pombe kuja nchini kwetu.haya yatajenga ushirikiano bora kati yetu na watanzania.

Uwijuru Emmanuel yanditse ku itariki ya: 6-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka