Perezida Kagame yijeje uwa Tanzaniya ubushuti buhamye

Perezida Kagame yijeje mugenzi we wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, ko u Rwanda ruzakomeza kubabera inshuti z’indahemuka, kandi bazahora bafatanya muri byose bigamije inyungu z’abaturage.

Yabitangarije mu muhango wo kumwakira ku meza wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa 6 Mata 2016, nyuma y’umuhango wabahurije ku mupaka wa Rusumo, bafungura ikiraro gihuza abaturage b’ibihugu byombi, hamwe n’inzu ya gasutamo ihuriweho n’ibihugu byombi.

Perezida Kagame asangira na Perezida John Pombe Joseph Magufuli.
Perezida Kagame asangira na Perezida John Pombe Joseph Magufuli.

Yagize ati “Ndashaka kukubwira ko mufitanye ubufatanye bwa nyabwo natwe. Tugomba gukorana kandi natwe turajwe ishinga no gukorana namwe. Tuzakomezanya mu rugamba rwo guteza imbere Afurika y’Iburasirazuba n’Afurika muri rusange.”

Perezida Kagame yanashimiye mugenzi we Magufuli ku byo amaze gukora kuva yajya ku butegetsi, birimo kurwanya ruswa no kugarura umubano hagati ya Tanzaniya n’ibindi bihugu.

Perezida Magufuli yashimiye u Rwanda ibitangaza rwakoze rukiyubaka mu nzego zose nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana abasaga miliyoni.

Byari ibyishimo bikomeye kuri aba baperezida bombi.
Byari ibyishimo bikomeye kuri aba baperezida bombi.

Yanashimye kandi Perezida Kagame uruhare rwe, mu guteza imbere igihugu mu rwego rw’umutekano, kurwanya ruswa mu gihugu no ku mugabane w’Afurika yose, anamusezeranya ubufatanye bwe n’Abanyatanzaniya bose mu iterambere ribereye abaturage.

Yagize ati “Ndagusezeranya ko umuhate wanjye n’abaturage ba Tanzaniya uzakomeza, kuko naje hano kuwutsindagira, kandi ubufatanye bwacu buzashingira ku nyungu zacu twembi.”

Perezida Kagame yashimiye Perezida Maguli intambwe amaze gutera mu guhindura Tanzaniya no kuyibanisha neza n'ibindi bihugu.
Perezida Kagame yashimiye Perezida Maguli intambwe amaze gutera mu guhindura Tanzaniya no kuyibanisha neza n’ibindi bihugu.

Perezida Magufuli yaboneyeho gushima uburyo Abanyarwanda bakomeje kugirira icyizere igihugu cya Tanzaniya bakoresha icyambu cya Dar-es-Salaam, aho kugeza ubu 70% by’ibicuruzwa biza mu Rwanda, binyuzwa kuri icyo cyambu.

Perezida Magufuli yishimiye icyizere u Rwanda rugirira Tanzaniya cyane cyane igishingiye ku bukungu dore ko ibyinshi mu bicuruzwa biza mu Rwanda bica ku cyambu cya Dar-es-Salaam.
Perezida Magufuli yishimiye icyizere u Rwanda rugirira Tanzaniya cyane cyane igishingiye ku bukungu dore ko ibyinshi mu bicuruzwa biza mu Rwanda bica ku cyambu cya Dar-es-Salaam.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, Perezida Dr John Pombe Joseph Magufuli wa Tanzaniya arifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuri ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Byari ibiriori bikomeye.
Byari ibiriori bikomeye.
Intore zihamiriza.
Intore zihamiriza.
Perezida Kagame avuga ijambo ryo gushimira no kwizeza Tanzaniya umubano.
Perezida Kagame avuga ijambo ryo gushimira no kwizeza Tanzaniya umubano.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

nibyiza turabyishimiye

baziruwiha pierre yanditse ku itariki ya: 8-04-2016  →  Musubize

Njye iyo mbonye ibyiza ndarira, ibaze umugabo urira....
Njye Nkuda aba BAGABO Bombi bakunda igihugu pe,
Wakusema watama lakini tuaendelea...

NONE yanditse ku itariki ya: 7-04-2016  →  Musubize

Njye iyo mbonye ibyiza ndarira, ibaze umugabo urira....
Njye Nkuda aba BAGABO Bombi bakunda igihugu pe,
Wakusema watama lakini tuaendelea...

NONE yanditse ku itariki ya: 7-04-2016  →  Musubize

mugihe twibuka abacu bazize uko imana yabaremye tubonereho gushimira HE,paul kagame our preside muguhagarika jenocide no gukisha umubano mwiza murwanda nomumahanga.

Niyitanga Seth yanditse ku itariki ya: 7-04-2016  →  Musubize

Sinzi uko nabyishimira nge birandenze nkomye amashyi ntiyakumvikana, mvugije impundu kumugabo nibyemewe gusa ndarira amarira yubwuzu urugwiro nurukumbuzi byo guhobera abo bakozi b’Imana.

David yanditse ku itariki ya: 7-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka