Nyamagabe: Imyanda inyanyagiye iri mu nzira yo gucika ikanabyazwa umusaruro

Ikibazo cy’imyanda wasangaga inyanyagiye mu mujyi wa Nyamagabe bitewe n’uko ntaho yakusanyirizwaga ubu kiri mu nzira zo gukemuka burundu kubera uruganda rutunganya imyanda kandi rukanayibyaza umusaruro rwubatswe muri aka karere.

Uruganda rutunganya imyanda “Nyabivumu waste integrated management plant” ruherereye mu Kagari ka Nyabivumu, Umurenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, rumaze amezi arenga atanu rutangiye gukusanyirizwamo imyanda yose ituruka duce tw’akarere ka Nyamagabe.

Imyanda wasangaga inyanyagiye mu mujyi wa Nyamagabe isigaye ibyazwamo ifumbire n'ibicanwa.
Imyanda wasangaga inyanyagiye mu mujyi wa Nyamagabe isigaye ibyazwamo ifumbire n’ibicanwa.

Bosco Nzeyimana, rwiyemezamirimo akaba n’umuyobozi wa Habona LTD ifite mu nshingano imicungire y’uruganda, aravuga ko imyanda ivanwa mu mujyi wa Nyamagabe n’iyindi iturutse ahandi ikusanyirizwa hamwe ikajyanwa ku ruganda igakorwamo ibicanishwa n’ifumbire.

Yagize ati “twashatse ahantu hashobora kuba haboneka imyanda yavangwa n’iyo tubona mu karere ka Nyamagabe kugira ngo tube twakora amakara acanwa (briquette), ifumbire y’imborera ndetse n’ibindi byinshi dushaka gukora”.

Imyanda ikusanyirizwa hamwe igatwarwa ku ruganda igahindurwamo ifumbire.
Imyanda ikusanyirizwa hamwe igatwarwa ku ruganda igahindurwamo ifumbire.

Ubu uruganda rumaze kugira toni zigera muri 30 z’ifumbire y’imborera na toni 5 z’imyanda zabyazwamo toni eshatu z’amakara acanwa.

N’ubwo uruganda rukora ariko rufite imbogamizi z’umusaruro ukiri muke ku buryo wabasha guhaza abawukeneye ndetse n’aho gupimira ifumbire y’imborera, nk’uko umuyobozi wa Habona ltd yakomeje abisobanura.

Yagize ati “ntabwo turagera aho dushaka kugera kubera ko nta turima tw’igikoni duhari twajya dusuzumiraho ifumbire yacu y’imborera ndetse n’amasoko ahari y’abantu bakenera ibicanwa nka za burikete yose ubu nta bushobozi dufite yo kuba twayahaza”.

Amakara ya Briquette akorwa mu myanda.
Amakara ya Briquette akorwa mu myanda.

Uruganda rurateganya ubwumisho bw’imyanda bukoresha ingufu zituruka ku myanda (biogas) ariko rukaba runakeneye abashoramari kugira ngo rwunganirwe mu kongera umusaruro w’imyanda kugira ngo ahari umwanda hose ushireho kandi bizanire n’inyungu uruganda.

Caissy Christine Nakure

Ibitekerezo   ( 4 )

ibyo nibyo bita kwihangira imirimo kuko bifasha abantu kubona imiromo no kwiteza imbere kandi banabungabunga ibidukikije

louise yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

birakwiye ko ntakintu cyagapfuye ubusa kuko nibi twita imyanda usanga akenshi nabyo bibyazwa umusaruro kandi ufatika twige kubika buri kimwe kuko kiba gifite akamaro mubundi buryo butandukanye

kamali yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

ntiwumva se ko ahubwo uyu rwiyemeza mirimo azi ibintu. kuba umwand ari ikibazo ibi nabyo yarabikemuye, noneho kuyikuramo ibicanishwa nabyo bikaba ikindi gisubizo ku banyarwanda muri rusange

gasaka yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

Ni byiza ariko bigishe n’abahatuye cyangwa abahagenda kutituma (ibikomeye) aho babonye kuko byo bitayorwa muri iyi myanda ijya gutunganywa mu ruganda. Dore ahantu isuku yaho iteye impungenge kuburyo iyo uhanyuze wibaza uko abantu baho babana n’iyi suku nke bikakuyobera. Hafi ya gare ya Nyamagabe, injira mu kayira k’amaguru, kari hagati y’akabari ka Domitiani no kwa Sylvere. Ukomeze utambike iyo nzira kugera munsi y’agashyamba karimo aho babariza uzambwira.

kaka yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka