Mugesera azoherezwa mu Rwanda avuye mu bitaro

Minisiteri y’umutekano mu gihugu ya Canada iratangaza ko izirengagiza ibivugwa n’ihuriro ry’umuryango w’abibumbye rirwanya iyica rubozo maze yohereze Léon Mugesera mu Rwanda akivanwa mu bitaro.

Itangazo iyi minisiteri yoherereje ikinyamakuru The Montreal Gazette cyo muri Canada rigaragaza ko Canada itifuza kugumana Léon Mugesera ku butaka bwabo kuko aregwa ibyaha bikomeye.

Michael Patton, umuvugizi wa minisiteri y’umutekano mu gihugu cya Canada yagize ati «abakoze ibyaha by’intambara ntabwo bazabona ubuhungiro ku butaka bwacu».

Iyi minisiteri itangaje ibi nyuma y’uko ihuriro ry’umuryango w’abibumbye rirwanya iyica rubozo risabiye Canada kutohereza Mugesera mu Rwanda, nk’uko ryabisabwe n’umwunganira Mugesera.

Igishushanyo kigerageza kwerekana Mugesera yanga koherezwa mu Rwanda.
Igishushanyo kigerageza kwerekana Mugesera yanga koherezwa mu Rwanda.

Kuva kuri uyu wa gatatu, umucamanza akimara kuvuga ko ubujurire bwa Mugesera butemewe, Mugesera yahise afatwa n’indwara itaramenyekana abaganga bakaba bavuze ko agomba kuba agumye mu bitaro.

Leon Mugesera akurikiranweho guhamagarira abahutu kwica abatutsi cyane cyane mu ijambo yavugiye i Kabaya ahahoze ari perefegitura ya Gisenyi mu 1992.

Jean Noel Mugabo

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka