Minisitiri w’intebe yifatanyije n’Abanya-Gicumbi mu muganda wo gutunganya umusozi wangizaga amazi yo muri Muhazi
Minisitiri w’intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yifatanyije n’abaturage b’i Gicumbi, bacukura imirwanyasuri ku musozi wa Murehe, mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 27/10/2012
Muri uyu muganda wabereye mu mudugudu wa Kabuye, akagari ka Kigabiro, mu murenge wa Rutare, wahakoerewe kubera ko uwo musozi wa Murehe, umanukagaho amazi menshi n’ibitaka bikiroha mu kagezi ka Murama nako kakabijyana mu kiyaga cya Muhazi.
Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Alexandre Mvuyekure yasobanuye ko kagezi kandi iyo kuzuye gateza ibibazo by’imyuzure mu gishanga cya Nyabugogo n’umugezi ubwawo, ariyo mpamvu hagombaga kubungwabungwa.

Mu biganiro n’abaturage byakomereje ku kibuga cy’ishuri ribanza rya Murehe, Minisitiri w’intebe Dr Habumuremyi, yishimiye uburyo abaturage bitabiriye umuganda ari benshi kandi bagatahana umubyizi munini.
Yavuze ko kuva hatangizwa gahunda yo gukora umuganda buri cyumweru, witabiriwe ku rwego rwa 87% , aho ibyakozwemo bifite agaciro ka miliyoni 61 y’amafaranga y’u Rwanda. Abasaba gukomeza kwita ku kurwanya ku isuri muri iyi gahunda idasanzwe izamara amezi atandatu.

Yabibukije ko hari intego y’uko isuri igombagushira 100% ku buryo ikiyaga cya Muhazi kizongera kigacya, ariko hakazakurikiraho na gahunda yo kugutera imirwanyasuri no kwita ku gihembwe cy’ihinga bubahiriza gahunda za Leta zagiteganyijwemo.
Kwirinda amakimbirane mu muryango no gusezerana ku miryango itarasezerana, kubeneza imbyaro no kwita ku mirire ni byo umukuru wa Guverinoma yasorejeho ijambo rye.
Ernestine Musanabera
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|