Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu (Amafoto + Video)
Ahagana saa yine z’igitondo kuri uyu wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024, Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, bunamiye Intwari z’Igihugu ku Gicumbi cy’Intwari i Remera hafi ya Sitade Amahoro.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, akaba yaritabiriye Amasengesho arimo Umukuru w’icyo Gihugu, Joe Biden, ndetse akazayobora Ihuriro ry’Abanyarwanda bari hirya no hino ku Isi ryiswe Rwanda Day.
Nyuma y’uko Abayobozi bakuru bunamiye Intwari z’Igihugu, Minisitiri w’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yayoboye igikorwa cyo gushyira indabo ku mva n’ibimenyetso by’Intwari z’Igihugu, igikorwa cyakozwe n’imiryango y’Intwari.
Ku Gicumbi cy’Intwari i Remera hashyinguwe Imanzi(urwego rwa mbere) Fred Gisa Rwigema, wabayeho mu myaka ya 1957-1990, hamwe n’Intwari yo mu rwego rwa kabiri rwitwa Imena, Agatha Uwiringiyimana (1953-1994).
Intwari y’Imena, Umwami Mutara III Rudahigwa Charles Léon Pierre (1991-1959) we yatabarijwe (yashyinguwe) i Mwima mu Karere ka Nyanza aho yari atuye.
Intwari y’Imena, Michel Rwagasana (1927-1963) bivugwa ko yajyanywe mu cyari Perefegitura ya Ruhengeri ari kumwe n’abandi, arasirwa ahitwa Nyakiriba munsi y’umusozi wa Nyamagumba, ahita ajugunywa mu cyobo rusange ngo cyari cyaracukuwe mu irimbi riri kuri uwo musozi wa Nyamagumba.
Intwari y’Imena, Félicité Niyitegeka (1934-1994) wakoreraga Ikigo cya Diyosezi ya Nyundo ku Gisenyi cyitwa Centre Saint Pierre, akaba ari cyo yiciwemo muri 1994 azira guhisha Abatutsi bahigwaga, yajyanywe gushyingurwa mu irimbi ryo ku Gisenyi.
Ni mu gihe bamwe mu bana b’i Nyange banze kwitandukanya babisabwe n’abacengezi mu 1997, bashyinguwe mu rwibutso rwabo ku ishuri bigagaho riri mu Karere ka Ngororero.
Reba ibindi muri iyi Video:
Amafoto: Eric Ruzindana
Video: Salomo George
Inkuru zijyanye na: Intwari z’u Rwanda
- Gisagara: Basanga kurera neza abo wabyaye na bwo ari Ubutwari
- Kamonyi: Abatuye aho Fred Rwigema yavukiye biyemeje gukomeza Ubutwari bwe
- Kanombe: Bizihije Umunsi w’Intwari bataha umuhanda wa kaburimbo biyubakiye
- Gakenke: Bamurikiwe ibikorwa byatwaye za Miliyari mu kwizihiza Umunsi w’Intwari
- Urukundo rw’Igihugu rukwiye kutubamo nk’uko amaraso atembera mu mubiri - Urubyiruko rwa Muhima
- Rubyiruko mugire ubutwari bwo gukomeza kubaka u Rwanda – Minisitiri Dr Bizimana
- Minisitiri w’Intebe yayoboye umuhango wo kunamira Intwari z’Igihugu
- #Ubutwari2024: RDF Band yataramiye abitabiriye igitaramo gisingiza Intwari
- Kicukiro: Muri Niboye bakoze urugendo, bibuka urwo Intwari zakoze zitangira Igihugu
- Police FC yegukanye Igikombe cy’Intwari itsinze APR FC
- Iburasirazuba: Abaranzwe n’ibikorwa by’Ubutwari bagabiwe inka
- Icyo ijoro rya 1997 ryakwigisha urubyiruko rw’ubu mu mboni z’Intwari z’i Nyange
- Reba uko byari byifashe mu gitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda (Amafoto na Video)
- Abanyarwanda bemerewe gutanga kandidatire y’uwo babona waba Intwari - CHENO
- Ni ba nde kugeza ubu u Rwanda rwahaye impeta(imidari) z’ishimwe?
- Kicukiro: Urubyiruko rwibukijwe ko Ubutwari butangira umuntu akiri muto
- #HeroesCup : APR FC yasezereye Musanze FC igera ku mukino wa nyuma
- Kicukiro: Bashimye ubutwari bwaranze Inkotanyi, biyemeza kuzifatiraho urugero
- CHENO yatangiye gushakisha abagaragaje ibikorwa by’Ubutwari mu rubyiruko
Ohereza igitekerezo
|