Lt Gen Jacques Musemakweli wari Umugenzuzi Mukuru wa RDF yitabye Imana

Lt Gen Jacques Musemakweli wari Umugenzuzi Mukuru wa RDF yitabye Imana azize uburwayi. Amakuru y’Itabaruka rya Gen Musemakweli yamenyekanye mu ijoro ryo kuri uyu wa kane, rishyira uwa Gatanu tariki ya 12 Gashyantare 2021.

Lt Gen Jacques Musemakweri witabye Imana
Lt Gen Jacques Musemakweri witabye Imana

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Ronald Rwivanga, yabwiye Kigali Today ko ayo makuru ari yo.

Lieutenant General Jacques Musemakweli yagizwe Umugenzuzi w’Ingabo z’igihugu, tariki 9 Mata 2018, avuye ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara.

Lt Gen Musemakweli akaba yaranabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, avuye ku buyobozi bw’Ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu mu 2016.

Imana Imuhe Iruhuko ridashira.

Lt Gen Musemakweli wa mbere iburyo
Lt Gen Musemakweli wa mbere iburyo
Lt Gen Musemakweli yanayoboye Ingabo zishinzwe Umutekano wa Perezida wa Repubulika
Lt Gen Musemakweli yanayoboye Ingabo zishinzwe Umutekano wa Perezida wa Repubulika
Lt Gen Musemakweli n'Umuryango we bari baje kumushyigikira yarahiriye Inshingano z'Ubugenzuzi bwa RDF
Lt Gen Musemakweli n’Umuryango we bari baje kumushyigikira yarahiriye Inshingano z’Ubugenzuzi bwa RDF
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

I’mana ikomez ifashe umuryangowe disi

Muhoza shallon yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Mana ndababaye cyane yari inyangamugayo,Umana imwakire mubayo ntakundi.

Rwaka Ferdinand yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Natwe niho tugana.Ariko nk’abakristu,ntitugatinye urupfu.Tujye twemera tudashidikanya na busa yuko abantu bose bapfa bakoraga ibyo Imana ishaka kandi batiberaga mu byisi gusa,izabazura ku munsi wa nyuma ikabaha ubuzima bw’iteka muli Paradizo.Ni Yesu ubwe wabivuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Aho kutabyemera cyangwa gushidikanya,dukore kugirango tubeho,tubifatanye no gushaka cyane Imana,kugirango izatuzure kuli uwo munsi utari kure.Roho idapfa yahimbwe n’umugereki witwaga Socrates utaremeraga Imana dusenga.

rwanamiza yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

RIP AFANDE, YISHWE NIK?

Kanyandekwe Alias yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Twihanganishi abo asize ndatse n’umuryango mugari wa RDF N’Abanyarwanda Bose muri rusangi tuzahita tumwibuka,imana imwakire mubayo intwari ntipfa irasinzira.

Lisuba yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

RIP, ese yaba yishwe niki?

Kanyandekwe Alias yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Niyigendere.Ni iwabo wa twese.Tujye duhora twiteguye,dukora ibyiza kandi dushaka Imana cyane,ntiduhere gusa mu by’isi.Yezu yavuze ko abameze gutyo aribo azazura ku munsi wa nyuma.

kirenga yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Imana imwakire mubayo
Gusa ibyiza yakoze
Tubisigasire

Musabimana adrien yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Imana imwakire yakoreye igihugu atanga umutekano kubatura rwanda

Sylvain yanditse ku itariki ya: 12-02-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka