Koronavirusi: Banki ya Kigali yemereye Leta Miliyoni 282 Frw yo gufasha abatishoboye, yorohereza abakiliya bayo yahaye inguzanyo
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK) bwatangaje ko bugiye gushyikiriza Leta y’u Rwanda Miliyoni 282 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kuyifasha kugoboka abatishoboye batabasha kubona ibibatunga muri iki gihe abantu badasohoka ngo bajye gushaka imibereho kubera icyorezo cya Koronavirusi.
Mu butumwa Banki ya Kigali yasohoye, ivuga ko Umuryango wa BK uzatanga ku bihembo bigenerwa abakozi bayo, mu rwego rwo gufasha imiryango ihanganye n’ibibazo byatewe n’icyo cyorezo.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bwatangaje ko iyi nkunga itanzwe kubera ibihe igihugu kirimo byagize ingaruka zikomeye ku muryango Nyarwanda muri rusange, cyane cyane abakozi ba nyakabyizi n’abafite ubucuruzi buto n’ubuciriritse, benshi muri bo bakaba ari abakiriya beza ba BK.
Message from Bank of Kigali Management: Socio-Economic Relief during Covid-19 Pandemic Outbreak. pic.twitter.com/JJDhPyyViV
— Bank of Kigali (BK) (@BankofKigali) April 3, 2020
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali bworohereje abakiliya babo bafite inguzanyo:
BK kandi yiyemeje gukomeza gushyigikira abakiliya bayo, ahanini abafite inguzanyo bishyuraga buri kwezi baba baragezweho n’ingaruka za Koronavirusi, ibafasha mu buryo bukurikira:
• Banki ya Kigali yiteguye gutanga igihe kigeze ku mezi atatu hatishyurwa inguzanyo ku bo bigaragara ko ubukungu bwabo bwagizweho ingaruka n’ibi bihe bikomeye igihugu kirimo.
• Abakiriya bifuza gukomeza kwishyura inguzanyo zabo, bazakurirwaho inyungu z’ubutinde ku nguzanyo zishyurwa buri kwezi, harimo n’inguzanyo za BKquick. Hazanakurwaho inyungu z’ubutinde kuri ‘Credit Card’ mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2020.
Abakiriya bifuza ubu bufasha bahamagara umukozi wa Banki basanzwe bakorana umunsi ku wundi, cyangwa abayobozi b’amashami basabiyemo inguzanyo, kugira ngo babone ubufasha bwose bakeneye kuri Banki muri ibi bihe bikomeye igihugu kirimo.
Banki ya Kigali kandi ivuga ko muri ibi bihe bitoroshe, iha agaciro gakomeye imibereho y’Abaturarwanda, ikabizeza gukomeza kubaha serivisi zose za Banki, cyane cyane ibakangurira gukomeza gukoresha imiyoboro y’ikoranabuhanga.
BK yiyemeje kandi gukomeza gutanga umusanzu wayo mu guharanira umutekano wa buri wese mu rugamba rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- #COVID-19: Abarwayi bashya 574 barimo 440 babonetse i Kigali
- Mu Rwanda abantu 3 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 336
- Kigali: Umuyobozi w’Umudugudu yemerewe gutanga uruhushya rwo kujya kwivuza
- Mu Rwanda abantu 2 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 328
- Abanyeshuri bahagaritse amasomo muri Kigali bashobora kuzongererwa igihe cyo kwiga
- Abakuze n’abafite uburwayi bukomeye muri Kigali bapimwe Covid-19
- Musanze: Polisi yafashe abantu 13 yasanze mu cyumba bari mu birori
- Mu Rwanda abantu 7 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 204
- MINISANTE irasaba abayobozi b’ibitaro gutegura amatsinda azakingira COVID-19
- Kigali: Menya abihutirwa bagomba guhabwa ibiribwa muri iyi Guma mu rugo
- Mu Rwanda abantu 3 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 273
- Umufaransa Remy Julienne wamamaye muri filime za James Bond yishwe na Covid-19
- Burera: Izuba, imvura na COVID-19 byabangamiye ubuhinzi
- Mu Rwanda abantu 9 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 310
- Inkingo Miliyoni za Covid-19 ziragera mu Rwanda muri Gashyantare
- Rwarutabura (Nyamirambo) Kwirinda Coronavirus bisa n’aho bitabareba: Amafoto + Video
- Mu Rwanda abantu 5 bishwe na COVID-19, habonetse abanduye bashya 312
- Amakuru y’uwanduye COVID-19 azajya amenyeshwa abayobozi b’aho atuye
- Kigali: Bamwe kuguma mu rugo babigize ibihuha. Dore uko byifashe mu mafoto
- AS Muhanga yasubitse amasezerano y’abakozi
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Gukomeze kwirinda covid 19 nibyaburiwes banyarwand bavandimwe murakz kiglitudey
Twifuza ko umwarimu Sacco nayo igira icyo ikorera abanyamuryango bayo ku bijyanye no kwishyura inguzanyo ndetse no guhangana n,ingaruka zatewe n,iki cyorezo.bk nibabere icyitegererezo