Karongi: Abakora ibijyanye n’ikoranabuhanga bakoranye umuganda n’abaturage ba Bwishyura

Abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga bakora mu Ishami ry’ikoranabuhanga kimwe n’ibigo bikora ibijyanye n’ikorabuhanga bifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Kiniha mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi mu muganda batera ibiti kuri ruhurura iri ku burerbure hafi bwa kilometero ebyiri.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwashimiye abaturage kuba bawitabiriye ari benshi kandi ku bushake bwabo maze busaba ubuyobozi bw’umurenge ubw’utugari n’ubw’ imidugudu ndetse n’abaturage kubyitaho kuko ngo biri mu bizarinda umutekano w’abaturage baturiye iyo ruhurura kandi bikanongerera uburanga umujyi wa Kibuye.

Abaturage batera ibiti kuri ruhurura yo mu Mujyi wa Kibuye mu muganda ngarukakwezi.
Abaturage batera ibiti kuri ruhurura yo mu Mujyi wa Kibuye mu muganda ngarukakwezi.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, yagize ati “Ibi biti duteye aha ejo ntituzasange abantu barabikandagiye cyangwa ihene zarabiriye. Nimubitekerezeho murebe ukuntu aha hantu hazaba hasa igihe ibi biti bikikije iyi ruhurura bizaba byigiye hejuru.”

Nyuma y’uwo muganda wabaye tariki 29/03/2014, umuyobozi Mukuru wa ICT muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabunga, Nkurikiyimfura Didier na we yashimiye abaturage b’Akarere ka Karongi avuga ko ibyo yabonye bigaragaza ko ari baturage bakunda igihugu cyabo.

Abayobozi bacinya akadiho n'abaturage nyuma y'umuganda mbere yo gutangira ibiganiro.
Abayobozi bacinya akadiho n’abaturage nyuma y’umuganda mbere yo gutangira ibiganiro.

Yagize ati “Ibi biratanga icyizere ko twese nk’abanyarwanda dushaka gukura igihugu aho kiri tugahindura amateka yacu tuva mu bukene tukiteza imbere.”

Nkurikiyimfura yanaboneyeho gushishikariza abaturage gukunda ikoranabuhanga kuko ngo riri mu bizafasha gutera imbere ku buryo bwihuse.

Abayobozi b'Akarere ka Karongi n'abayobozi ba ICT muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga bari kumwe n'abturage mu muganda.
Abayobozi b’Akarere ka Karongi n’abayobozi ba ICT muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga bari kumwe n’abturage mu muganda.

Guhera tariki 29-30/03/2014 Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga hamwe n’ibigo hafi ya byose bikora ibijyanye n’ikoranabuhanga bari mu karere ka Karongi bakangurira abaturage guhagurikira gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga mu cyo bise ICT Awareness Campaing.

Niyonzima Oswald

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka