Intara y’Uburasirazuba irateganya kwigurira imodoka ya kizimyamoto

Ubuyobozi bw’intara y’uburasirazuba burateganya kugura imodoka ya Kizimyamoto izajya yifashishwa muri iyo ntara igihe habaye impanuka y’inkongi y’umuriro, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iyo Ntara, Uwamariya Odette.

Ubuyobozi bw’iyo ntara bwatekereje kugura iyo modoka mu rwego rwo kwihutisha ubutabazi aho bukenewe. Imodoka za Kizimyamoto zifitwe na Polisi y’u Rwanda gusa kandi ziba mu mujyi wa Kigali, ku buryo igihe habaye impanuka mu ntara bishobora kugorana bitewe n’uko imodoka iza gutabara iturutse iturutse i Kigali ishobora kugera aho impanuka yabereye itinze.

Biteganyijwe ko iyo modoka izagurwa mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2013/2014. Amafaranga yo kuyigura azava mu ngengo y’imari y’uturere n’intara nk’uko Guverineri w’Uburasirazuba yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku cyicaro cy’intara y’uburasirazuba tariki 06/06/2013.

Mu gihe imodoka zizimya umuriro zitaraboneka, Guverineri Uwamariya arashishikariza abantu bose kugira ibyuma bito bizimya umuriro (Fire extinguishers).
Mu gihe imodoka zizimya umuriro zitaraboneka, Guverineri Uwamariya arashishikariza abantu bose kugira ibyuma bito bizimya umuriro (Fire extinguishers).

Polisi y’igihugu ngo iri gufasha ubuyobozi bw’intara y’Uburasirazuba kwiga ku bikoresho nkenerwa bigomba kuzaba biri muri iyo modoka n’ibiciro bya byo. Nibimara kumenyekana ngo ni bwo hazamenyekana amafaranga buri karere k’intara y’Uburasirazuba kazatanga kugira ngo iyo modoka igurwe nk’uko umuyobozi w’iyo ntara yakomeje abivuga.

Hari hifujwe ko buri karere mu ntara y’Uburasirazuba kagira imodoka ya Kizimyamoto ya ko, ariko biza kugaragara ko ibiciro by’izo modoka bishobora kuremerera akarere.

Umuyobozi w’intara y’uburasirazuba avuga ko hazabaho kwemeranya ku mijyi runaka aho iyo modoka yaba iri, intara y’uburasirazuba ikaba yagira imodoka imwe cyangwa ebyiri bitewe n’uko ubushobozi buzaba bungana.

Ati “Icyo nabizeza ni uko duteganya kugira ikintu duteganyamo mu ngengo y’imari, tube tuyifite (imodoka) igihe impanuka ibaye twohe kugomba gutegereza ko tugira iyo dukura i Kigali cyangwa hirya ya ho, cyane cyane ko iyo ubutabazi bwihuse aribwo bugira icyo buramira”.

Muri 2012 igice kimwe cy'ibiro by'akarere ka Kayonza cyafashwe n'inkongi y'umuriro izimywa n'akuma kazimya umuriro ko mu modoka. Ibyuma bizimya umuriro by'akarere nta na kimwe cyakoraga.
Muri 2012 igice kimwe cy’ibiro by’akarere ka Kayonza cyafashwe n’inkongi y’umuriro izimywa n’akuma kazimya umuriro ko mu modoka. Ibyuma bizimya umuriro by’akarere nta na kimwe cyakoraga.

Mu gihe iyo modoka itaragurwa, Guverineri w’uburasirazuba arakangurira abaturage n’ibigo bitandukanye kugira ibyuma bitoya byifashishwa mu kuzimya umuriro (fire extinguishers) kandi bakagenzura ko bikora neza kugira ngo bizere neza ko bafite ubutabazi.

Abivuze nyuma y’uko hari aho byagiye bigaragara nyamara mu gihe cy’impanuka y’umuriro ntibigire icyo bimara.

Urugero ni nko mu mu mwaka ushize wa 2012 ubwo ibiro by’akarere ka Kayonza byafatwaga n’inkongi y’umuriro. Icyo gihe hitabajwe ‘fire extinguishers’ zari zimanitse ku nkuta z’ibyo biro, ariko habura n’imwe ikora. Byabaye ngombwa ko hifashishwa akuma kazimya umuriro ko mu modoka kaba ariko kazimya uwo muriro wari ufashe igice kimwe cy’iyo nyubako.

Cyprien M. Ngendahimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka