Igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Kigali kigaragaza uburyo mu 2040 izaba ari ikitegererezo ku isi

Igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Kigali cyamuritswe kigaragaza uburyo uyu murwa mukuru uteganywa guhindurwamo ikitegererezo muri Afurika no ku isi, bitewe n’iteganyamigambi rijyanye n’igihe ryashyizwe imbere mu myubakire izaba iriho.

Gusa iki gishushanyo mbonera ntikizaba gishingiye ku miturirwa n’ibyiza nyaburanga bizagenda byubakwa kugeza mu 2040 bigomba kuzagendana no kuzamura imibereho y’abayituye, hahangwa imirimo, nk’uko umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba yabitangaje ubwo iki gishushanyo cyashyirwaga ahagaragara kuri uyu wa Gatanu tariki 18/10/2013.

Igishushanyo mbonera cy'umujyi wa Kigali kizaba gishingiye ku mibereho myiza y'abaturage.
Igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali kizaba gishingiye ku mibereho myiza y’abaturage.

Yagize ati” Abantu bagomba gutandukanya igishushanyo mbonera no kubona inzu, kuko arimo n’iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage, n’ubukungu bw’abantu bishingiye mu guhanga imirimo bishingiye mukuzana ishoramari kuko iyo ishoramari rije.

Ntakindi kizana rizana amafaranga atuma ubukungu bwiyongera kdi buri wese bukamugeraho akabona ibyo akora, akabona ibyo ahaha kuko azaba habonetse n’inganda kanddi ku biciro bishimishije.”

Ndayisaba, umuyobozi w'umjyi wa Kigali ashyikirizwa igishushanyo mbonera cy'umujyi.
Ndayisaba, umuyobozi w’umjyi wa Kigali ashyikirizwa igishushanyo mbonera cy’umujyi.

Mayor w’umjyi wa Kigali yakomeje avuga ko igishushanyo mbonera kirazanamo guha abantu umutekano, aho umuntu wese azaba zizeye ko niba inyubako ye yubatse izaramba, kuburyo ejo nta muntu uzaza kumureba ngo yubatse inzu itajyanye n’igishushanyo mbonera.

Ndayisaba yatangaje ko ikibazo abantu bakomeje kwibaza cy’aho amikoro azaturuka ko nta gihari mu by’ukuri ahubwo ko abashoramari bazakomeza gukangurirwa gushora imari yabo mu Rwanda.

Iki gishushanyo cyemejwe na nama njyanama y'umujyi wa Kigali.
Iki gishushanyo cyemejwe na nama njyanama y’umujyi wa Kigali.

Icy’igishushanyo mbonera kiraje gukemura ikibazo cy’akajagari mu kubaka dore ko abenshi biyubakiraga munzira y’umuhanda, anadi mu nzira y’insinga y’amashanyarazi, nk’uko yakomeje abitangaza.

Andi mafoto

Kicukiro ahazashyirwa ingoro z'amateka.
Kicukiro ahazashyirwa ingoro z’amateka.
Gasabo hamenyerewe nka Gisimenti ubu ni gutya hazaba hameze mu 2040.
Gasabo hamenyerewe nka Gisimenti ubu ni gutya hazaba hameze mu 2040.
Gisimenti biteganyijwe ko hazaba hakorerwa ibikorwa by'ubucuruzi.
Gisimenti biteganyijwe ko hazaba hakorerwa ibikorwa by’ubucuruzi.
Kicukiro umuhanda ujya ku kibuga cy'indege ugana i Bugesera
Kicukiro umuhanda ujya ku kibuga cy’indege ugana i Bugesera

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 33 )

Kariya kavuyo k’imihanda kuri AMahoro Civic Center se nako kari muri vision? cg bariya bagitoye ni bya bindi bya za rukurikirizindi batazi kwitegereza.

alias yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

Na kariya kavuyo k’imihanda kuri iriya photo ya Amahoro Civic Center se nako kazaba gahari? Bagombye kubikosora hakiri kare

wewe yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

Ni byiza

None ko numva se Mayor wumujyi avugako bazazana abashoramari nibo bazubaka ariya mazu

Muritege ko na munyarwanda uzaba akiba mu gihugu.

Uretse ko nibindi byabananiye ubu se 2020 bavugaga irihe.

Nibakomeze bantoshye inzozi na kindi

Alain yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

Construire des chateaux en Espagne

john yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

Niba hari ikintu kyiza abanyarwanda bamaze gukora kandi usanga arikyo kyintu kigezi kigize ubuzima.Nu kubaho ubuzima bushigiye kuri visionary leadership.

It only costs health minds to generate a sustainable economic master plan of any unique city.

Iyi master plan yu mujyi wa kigali is the greatest mind testimony of Rwandan people and its leadership.

Only the greatest grave mistake Rwandans can unsteadly crop up is to breed poor minds in the sense of leadership. who have got nothing to do with this part of life signature.

Leadership only benefiting from emotional intelligence other than the doms of human intellect is not a Rwandan option.

EarthDoctor yanditse ku itariki ya: 20-10-2013  →  Musubize

nibyo u Rwanda ruzaba ari rwambere kw’ isi! Kuko ntaho uyu mugi ndawubona mubihugu byose maze kugeramo!

mahoro yanditse ku itariki ya: 19-10-2013  →  Musubize

It’s just a dream.

Felix yanditse ku itariki ya: 19-10-2013  →  Musubize

This master plan is genius, however if the economic policy that apparently hinders small capital starters and entrepreneurs need to reformed in order to boost economic and social well-being of the locals altogether. I have a feeling majority of this huge will be largely achieved by outside investors and relatively few locals(and mostly if they make joint investments)if you consider the overall daily capital monthly income! Gotta learn from our fellow ugandans’ economic strategies!!

Didier yanditse ku itariki ya: 19-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka