Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
Abaturage batuye mu turere turimo kubonekamo ibyuka bituruka mu kirunga cya Nyiragongo, barasabwa kurushaho kwambara agapfukamunwa neza birinda ko ibyo byuka bibinjiramo kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.

Kigali Today ivugana n’impuguke mu birebana n’ubuzima bw’imyanya y’ubuhumekero akaba n’umukozi w’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), Dr. Menelas Nkeshimana, avuga ko hari ibintu birimo gutumuka kandi birimo kugira ingaruka ku buzima bw’abantu.
Agira ati "Biraryana mu maso abantu bakibyiringira. Hari abasanganywe indwara nka Asima batangiye kugira ibibazo mu guhumeka nabi kubera ikirunga cyarutse. Ubu ni cyo gihe cyo kwibutsa abantu ko kwambara agapfukamunwa ari ngombwa cyane. Babishyiremo ingufu, birinde ingaruka z’igihe gito ariko banirinda ingaruka z’igihe kirekire".
Kwambara agapfukamunwa mu Rwanda bisanzwe bikorwa mu kwirinda Covid-19, ariko i Rubavu kukambara birimo kurinda imyuka yangiza ibihaha".
Dr. Nkeshimana avuga ko iyo mikungugu yireka mu bihaha bikaba byazamo inkovu, indwara zikunze gufata abantu bari ahantu hari ibintu bitumuka nk’abajya mu buvumo.
Ati "Bibagiraho ingaruka bigatuma ubushobozi bw’ibihaha bugenda bugabanuka. Uwarembye cyane ni wawundi ujya kuri oxygen ubuzima bwe bwose. Abaturage rero kwambara agapfukamunwa bagomba kubiha agaciro, ingaruka zigaragara bakazirinda ntibishyire mu byago kandi hari uburyo bwo kubyirinda nko kwambara agapfukamunwa neza".
Akomeza avuga ko abadashobora kubona agapfukamunwa hari ubuyobozi bubegereye kandi bwiteguye kubafasha.
Ati "Icyangombwa ni imyumvire, nibabanze bumve ko bagomba kwambara agapfukamunwa kugira ngo barinde ubuzima bwabo, batakambara kuko umuyobozi yabivuze, kugura agapfukamunwa ka 500 no kujya kuri oxygen imyaka 20 urumva igihenze ni ikihe?"
Uretse guhumeka imyuka iva mu kirunga cya Nyiragongo cyarutse iba irimo uburozi, Dr. Menelas Nkeshimana ahamagarira abantu kwirinda kurya imboga n’imbuto zitaronze neza n’amazi meza. Gusa avuga ko hataramenyekana uburyo ikirere cyanduyemo ngo hafatwe ingamba.
Inzego zitandukanye ziri mu Karere ka Rubavu mu kureba uburyo abaturage bahuye n’imitingito bafashwa.
Ikigo cy’igihugu gyita ku bidukikije (REMA) kirimo gufata ibipimo kugira ngo cyerekane ikigero amazi, ibimera n’ikirere byahumanyeho.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
- Rubavu: Inyubako ikorerwamo n’ivuriro ‘La Croix du Sud’ yangijwe n’umutingito
Ohereza igitekerezo
|