Huye: Batangiye kuzamura amagorofa azatwara asaga miliyari 10

Nyuma y’imyaka itari mike abanyehuye bashishikarizwa gusenya inzu z’ubucuruzi zishaje bakubaka iz’amagorofa mu mujyi wabo, hatangiye kuboneka abazubaka, haba ahahoze inzu z’ubucuruzi ndetse no mu bindi bice.

Uko inyubako ya RPF i Huye izaba iteye
Uko inyubako ya RPF i Huye izaba iteye

Ni muri urwo rwego muri uyu mwaka wa 2022 ahitwa mu Cyarabu, harimo kuzamurwa amagorofa abiri y’ubucuruzi harimo n’iri kubakwa n’Ingenzi za Huye, nyuma y’uko zubatse isoko.

Umuyobozi w’Ingenzi avuga ko iyi nyubako barimo kubaka, ikaba iri na hafi kuzura kuko iri hafi gusakarwa, izaba igizwe n’amazu ane agerekeranyije, kandi izuzura itwaye amafaranga abarirwa muri miliyoni 700.

Umuryango FPR Inkotanyi na wo watangiye kubaka inyubako igizwe na kave izajya yifashishwa nka parikingi ishobora kwakira imodoka 50, ibice bibiri bigerekeranye birimo salle n’ibiro ndetse n’igice cyo hejuru kizifashishwa mu buryo bunyuranye.

I Huye hagiye kuzamurwa inyubako zigezweho
I Huye hagiye kuzamurwa inyubako zigezweho

Iyi nyubako iri kubakwa ku buso bwa metero kare 789, izuzura itwaye amafaranga miliyoni 950 zizava mu misanzu y’abanyamuryango.

Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi na bo bashyize ibuye ry’ifatizo aho bateganya kubaka ibiro bikuru byabo byo mu Majyepfo.

Iyi nyubako izubakwa iruhande rw’urusengero basanganywe hafi ya Kaminuza y’u Rwanda, izarangira itwaye amafaranga agera kuri miliyoni 655 kandi izubakwa ku buso bwa metero kare 528.

I Huye kandi hagiye kuzubakwa inzu nini y’ubucuruzi (mall), izashyirwa mu kibanza ubu kirimo ibiro by’Umurenge wa Ngoma, Radiyo y’abaturage ya Huye na polisi yo mu Murenge wa Ngoma. Ku baheruka i Huye kera, ni ahahoze ibiro bya Perefegitura ya Butare.

Izatwara miliyari 7.9 z’Amafaranga y’u Rwanda, kandi izaba igizwe n’ inzu zigerekeranyije eshatu ndetse n’igice cyo hejuru gishobora kwifashishwa mu buryo bunyuranye.

Emmanuel Bizimana, umuyobozi wa BM Design Group yakoze igishushanyo cy’iyo nyubako ari na yo izayubaka, avuga ko n’ubwo ikibanza gifite ubuso bwa hegitari hafi ebyiri (gifite metero kare ibihumbi 19), inyubako ubwayo izaba iri kuri metero kare ibihumbi 6.6, parikingi yayo ikazaba ku bwa metero kare ibihumbi 8.6 ikazaba ishobora kwakira imodoka 390.

Inyubako ya RPF izaba igaragara itya
Inyubako ya RPF izaba igaragara itya

Albert Niyonzima, umuyobozi wa Huye Trading Company ltd (HTC) igizwe kugeza ubu n’abantu 31 biyemeje kubaka ririya gorofa, yongeraho ko bamaze kwegeranya miliyoni 320, kandi ko ku itariki ya 1 Nyakanga 2022 bazaba bamaze kwegeranya miliyoni 520.

Ati "Turateganya kuzegeranya miliyari na miriyoni 200 hanyuma tugatangira kubaka, ariko na none tuzabihabwa n’uko tuzaba twamaze kubona ikibanza, kuko tugitegereje kugihabwa".

.
Kuri ubu kandi, stade Huye na yo irimo kuvugururwa kugira ngo izajye ibasha kwakira imikino mpuzamahanga.

Imirimo yo kubaka igeze kure
Imirimo yo kubaka igeze kure
Ahazubakwa ibiro by'Abadivantisiti hamaze gushyirwa ibuye ry'ifatizo
Ahazubakwa ibiro by’Abadivantisiti hamaze gushyirwa ibuye ry’ifatizo
Ibiro by'Abadivantisiti b'umunsi wa 7 mu Majyepfo bizaba byifashe gutya
Ibiro by’Abadivantisiti b’umunsi wa 7 mu Majyepfo bizaba byifashe gutya
Ahahoze ibiro bya FPR hatangiye kuzamurwa inyubako izaba igizwe na kave ndetse n'izindi nzu ebyiri zigerekeranye
Ahahoze ibiro bya FPR hatangiye kuzamurwa inyubako izaba igizwe na kave ndetse n’izindi nzu ebyiri zigerekeranye
Ku biro by'Umurenge wa Ngoma hagiye gushyirwa inzu nini y'ubucuruzi (mall)
Ku biro by’Umurenge wa Ngoma hagiye gushyirwa inzu nini y’ubucuruzi (mall)
Uko mu Cyarabu hameze ubungubu
Uko mu Cyarabu hameze ubungubu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Huye ntago ikeneye amazu, ikeneye ibibyara amafanga nk’inganda, ubuhinzi n’ubworozi bigezweho kuko nta mafaranga ariyo...

Patrick yanditse ku itariki ya: 9-06-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka