Huye: Bapakira kawa mu dufuka tw’ibitenge kuko igurwa kurusha

Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.

Ugeze aho uruganda Huye Mountain Coffee rucururiza kawa, ahabona ikawa iri mu bifuniko by’ibipapuro byanditseho izina ry’uru ruganda, ariko akanahabona uduhago dutoya dukoze mu bitenge dutera amatsiko utubonye kuko yifuza kumenya ibirimo. Utwo duhago tuba turimo ikawa yabanje gupakirwa mu bipapuro nk’uko bisanzwe.

Bapakira mu dufuka tw'ibitenge ikawa yabanje gushyirwa mu bipapuro.
Bapakira mu dufuka tw’ibitenge ikawa yabanje gushyirwa mu bipapuro.

Emmanuel Niragijimana ukorera uru ruganda asobanura ko bajya gushyira ikawa mu dufuka tw’ibitenge babigiriwemo inama n’Abayapani bo muri JICA (Japan International Cooperation Agency).
Kuri bo ngo bwari uburyo bwo guteza imbere abadozi b’Abanyarwanda kuko babona ibiraka byo kudoda bene turiya dufuka, ndetse no gutuma ikawa irushaho kugurwa n’abanyamahanga, dore ko ari na bo bakiriya benshi bagira.

Ati “Bizwi ko igitenge ari umwenda w’Abanyafurika. Gushyira ikawa mu gafuka k’igitenge bituma abanyamahanga bihutira kuyigura kuko baba bashaka no gutwara urwibutso rw’Abanyafurika. Usanga bose bagura iyo mu dutenge kandi. ”

Basanze ikawa ipakiye mu bitenge igurwa kurusha ipakiwe mu bipapuro gusa.
Basanze ikawa ipakiye mu bitenge igurwa kurusha ipakiwe mu bipapuro gusa.

Ibyo Niragijimana avuga binemezwa n’abaguzi.

Kébèn, Umufaransa uba mu gihugu cya Congo, amaze kugura udufuka tubiri turimo ikawa y’uruganda Huye Mountain Coffee, yagize ati “Nahisemo ikawa ifunze mu bikwembe ntekereza ko ari impano nziza nzashyira inshuti zanjye kuko bigaragara ko ari inyafurika.”

Yakomeje agira ati “Ni ikawa nyafurika ifunitse kinyafurika, nshobora kwereka ab’iwacu na bo bakamenya ko nageze muri Afurika.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka