Hagiye koherezwa inkura muri Pariki y’Akagera
Ikigo cy’u Rwanda cy’Iterambere (RDB) n’icya African Parks bifatanya gucunga Pariki y’Akagera na Guverinoma y’Ubuholandi, bamuritse umushinga wo kugarura inkura (Rhinoceros) mu Rwanda.
Uwo mushinga wamuritswe tariki 03/03/2016 i Hague mu Buholandi mu nama yo kurengera ubuzima bw’inyamaswa. Witezweho gushyira Pariki y’Akagera ku rwego rwo hejuru kuko izaba igize inyamaswa zose nini zifatwa nka ‘Big five animals’ ari zo: intare, inzovu, imbogo, ingwe n’inkura.
Umuyobozi wa RDB, Francis Gatare yashimye Guverinoma y’Ubuholandi n’ikigo cya African Parks abinyujije mu butumwa bw’amashusho yoherereje abari muri iyo nama.
Yavuze ko kugarura inkura mu Rwanda byazamura Parike y’Akagera kuko intare zirindwi iherutse kwakira zatumye izamuka mu ruhando rwa Parike ziri ku rwego mpuzamahanga.
Ati “Indi ntambwe dutegereje kugeraho ni ukongera kuzana inkura muri Pariki y’Akagera. Ndashima inkunga ya Guverinoma y’Ubuholandi mu kudufasha kugarura inkura mu Rwanda. Byatuma Pariki y’Akagera igira inyamaswa zose za ‘Big five’ ubu ni Pariki ifite ubwoko bwinshi bw’inyamaswa ku buso buto. [Ibonye amasatura] yaba pariki abantu bose bifuza gusura.”
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, Jean Pierre Karabaranga, yavuze ko u Rwanda rwashyize imbaraga nyinshi mu kurinda inyamaswa, icyizere cyo kuzirinda kikaba gishingiye ku mutekano rufite.
Ati “Ubuzima bw’inyamaswa buri mu biganza byacu. Guverinoma y’u Rwanda irimo kugira uruhare runini mu kuzirinda kandi yagaragaje ubushake bwinshi bwatumye bigerwaho."
Yakomeje agira ati "U Rwanda ni igihugu gifite umutekano. Kuva kiyobowe na Perezida Paul Kagame, cyateye intambwe mu iterambere ry’ubukungu no kugabanya ubukene. Guverinoma ifite ubushake kandi yiyemeje kurinda inyamaswa mu Rwanda.”
Kuva mu mwaka wa 2010, Ikigo cya African Parks n’icya RDB byemeranyijwe gufatanya gucunga Pariki y’Akagera. Ayo masezerano azamara imyaka 20 akaba ashobora no kuvugururwa mu gihe cy’indi myaka 20.
Afite intego zirimo guteza imbere iyo pariki hagarurwamo ubwoko bw’inyamaswa idafite ndetse no guteza imbere ubukerarugendo hagamijwe kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Inkuru zijyanye na: Inkura
- Urugendo rutoroshye inkura zakoze zitahuka mu Rwanda (Amafoto)
- Inkura eshanu zaturutse i Burayi zageze mu Rwanda amahoro (Amafoto)
- U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu
- U Rwanda rugiye kwakira izindi Nkura ziturutse i Burayi
- Imwe mu Nkura yabyaye nyuma y’amezi ane zigaruwe mu Rwanda
- Izindi nkura 8 zagejejwe mu Rwanda
- Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo
- Inkura 10 zageze mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse
- U Rwanda rugiye kuzana intare n’inkura zivuye muri Afurika y’Epfo
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Nibyizacyanekubaparike Yakagerahagi yekongerwamo Iyonyamaswa Arikonabonyeyaba Arinzovu
iyi parike izaba ikize cyane rwose ahubwo aya masezerano yo kuzana izi nkura yihutishwe
nibyiza cyane kugarura izo nyamaswa.ariko iyo ntabwo ari isatura.iyo bayita Inkura.