Gicumbi: Hatangiye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa

Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADAF) b’akarere ka Gicumbi riramurika ibintu bitandukanye abafatanyabikorwa b’ako karere bafasha mu iterambere ryako. Iri murikabikorwa rizamara iminsi itatu ryatangiye tariki 26/07/2013

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Mvuyekure Alexandre, atangaza ko iryo murikabokorwa rizabafasha gukomeza imikoranire n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage bakamenya ibibakorerwa.

Benshi mu bafatanyabikorwa b’akarere bamuritse ibyo bakorera abaturage mu mashusho ibindi babimurika uko biri.

Umuyobozi w'akarere ka Gicumbi asura aho bamurikira.
Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi asura aho bamurikira.

Cartas Rwanda yerekanye bimwe mu bikorwa ikorera ako karere birimo kubigisha kwihangira imirimo iciriritse ibyara inyungu, kubavana mu bukene, kubatera inkunga yo gutangira iyo mishinga no kubigisha guhashya imirire mibi ikomoka kutamenya gutunganya ibyo kurya.

Ikindi bafasha ako karere ni ugutera inkunga abana batishoboye aho babarihira amashuri ndetse bakanabafasha kubona ibikoresho by’ishuri.

Umukozi wa Cartas Rwanda ikorera i Gicumbi abereka ibyo bakorera abaturage.
Umukozi wa Cartas Rwanda ikorera i Gicumbi abereka ibyo bakorera abaturage.

Perezida wa JADAF mu karere ka Gicumbi, Ngendahimana Charles, asanga ari cyo gihe cyo kumenyekanisha ibikorwa bakorera muri aka karere bityo n’akarere ndetse n’abaturage bakamenya ibibakorerwa mu rwego rwo kunoza imikoranire no gutanga servise nziza.

Avuga ko batangiye ari abafatanyabikorwa 30 ariko ubu barakabakaba abagera muri 90 harimo imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta 22 n’imiryango mpuzamahanga yegamiye kuri Leta 19 n’ibigo bya Leta 13 ibishamikiye ku madini n’amatorero n’abikorera ndetse n’ibigo by’imari n’itumanaho.

Abitabiiye imurikabikorwa basusurukijwe mu mbyino nyarwanda.
Abitabiiye imurikabikorwa basusurukijwe mu mbyino nyarwanda.

Avuga ko n’ubwo bagera muri abo bose abitabira ku buryo bushimishije bagera kuri 60 akaba ashishikariza n’abandi kujya baboneka ku gihe kandi muri gahunda zose.

Ku bitabiriye iki gikorwa bafitemo ibyo bacuruza nabo babyishimiye kuko bagiye gucuruza ndetse bagakoramo imirimo itandukanye aho umufatanyabikorwa w’akarere TIGO ivuga ko igiye gukora igikorwa cyo kubarura Sim Card zitarabarurwa kuko babona bizaborohera kuko hari guhurirwa n’abantu benshi.

Mu bamurika harimo n'imiryango mpuzamahanga ikorera mu karere ka Gicumbi.
Mu bamurika harimo n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu karere ka Gicumbi.

Abaturage b’akarere ka Gicumbi nabo batangaza ko bishimiye ibyo bikorwa kuko barimo kuhungukira ubumenyi butandukanye ndetse bakanihahira ku giciro cyiza cyane cyane ku bari kumurika ibiribwa n’ibinyobwa.

Ernestine Musanabera

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka