Gasabo: Hakozwe umuganda w’ahari kubakwa amazu y’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya

Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bufatanyije n’abafatanyabikorwa bako bakoze igikorwa cy’umnuganda mu kibanza kiri kubakwamo amazu 48 y’imiryango 48 y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzanira giherereye mu murenge wa Jabana.

Uyu muganda wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 15/3/2015, aho abafatanyabikorwa b’akarere bakoze umuganda mu rwego rwo kugira ngo birebere uko aba Banyarwanda babayeho banaganire nabo imbona nkubone.

Umuyobozi w'akarere ka Gasabo, Rwanurangwa, mu gikorwa cy'umuganda.
Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Rwanurangwa, mu gikorwa cy’umuganda.

Hanakozwe kandi uturima tw’igikoni hanatangwa inka eshanu muri gahunda ya Gira inka.

Uyu muganda wakozwe mu gikorwa akarere ka Gasabo gaherutse gutangiza cyo gukusanya inkunga mu bafatanyabikorwa ba sosiyete sivile n’abacuruzi bakorera muri aka karere. Akarere kifuzaga gukusanya miliyoni 230 z’amafaranga y’u Rwanda yo kurangiza aya mazu ageze ku cya kabiri yubakwa ariko ubushobozi bukaza bukana buke akarere.

Imiryango y'abafatanyabikorwa yagize uruhare rukomeye muri uyu muganda inatanga n'inka eshanu.
Imiryango y’abafatanyabikorwa yagize uruhare rukomeye muri uyu muganda inatanga n’inka eshanu.

Nyuma y’umuganda, umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Stephen Rwamurangwa, yashimiye ubwitange aba bafatanyabikorwa bagaragaje, atangaza ko yizera ko mu nama izakurikiraho mu cyumweru gitaha yiga kuri iki kibazo hari umwanzuro ufatika uzayivamo.

Iki gikorwa cyari kitabiriwe n'abashinzwe umutekano mu karere ka Gasabo.
Iki gikorwa cyari kitabiriwe n’abashinzwe umutekano mu karere ka Gasabo.

Umuganda wari ufite agaciro ka miliyoni 3,2 z’amafaranga y’u Rwanda nayo yabariwe mu nkunga izafasha aba Banyarwanda akarere kemeza ko babayeho mu buzima bubi gutura neza no kubona icyabafasha gutangira ubuzima.

Hakozwe umuganda wo gutangiza inyubako 48 zizaturwamo n'Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kuri ubu 28 niyo amaze guhagarikwa.
Hakozwe umuganda wo gutangiza inyubako 48 zizaturwamo n’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kuri ubu 28 niyo amaze guhagarikwa.
Umuyobozi w'akarere ka Gasabo, Rwanurangwa yashimye abafatanyabikorwa bitabiriye iki gikorwa.
Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Rwanurangwa yashimye abafatanyabikorwa bitabiriye iki gikorwa.

Emmanuel N. Hitimana

Ibitekerezo   ( 1 )

umuco wo kwishakamo ibisubizo ukomeze uturange

ndadaye yanditse ku itariki ya: 16-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka