Edmund Kagire yashimiye Ange Kagame wamuhaye arenga miliyoni

Umunyamakuru Edmund Kagire yashimiye abamufashije barimo Ange Kagame watanze amafaranaga arenga miliyoni y’u Rwanda yo kumufasha kujya kwivuza kanseri.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yashimiye Ange Kagame wamufashije amuha amadolari 1500 yo kwivuza kanseri, agira ati “Ndashimira buri wese. Nshatse naba ntangira gufunga ibikapu. Imana yakoze ibitangaza. Ndashimira by’umwihariko Ange Kagame. Imigisha myinshi.”

Umunyamakuru Edmund Kagire urwaye kanseri y'umwijima.
Umunyamakuru Edmund Kagire urwaye kanseri y’umwijima.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Kagire ugiye kwivuza indwara ya kanseri yo mu mwijima yaniyemeje kuzatangiza umushinga wo gutabariza abafite uburwayi bwa kanseri namara gukira.

Avuga ko azabikora mu rwego rwo gushimira umuryango Nyarwanda uri kumufasha kugira ngo abone ubufasha bwo kwivuza kandi akaba afite ikizere ko amafaranga asabwa azaboneka akerekeza mu Buhinde kwivuza mu cyumweru gitaha.

Ange Kagame ntiyatewe isoni zo kugaragaza ko atewe ishema ryo gufasha Kagire.
Ange Kagame ntiyatewe isoni zo kugaragaza ko atewe ishema ryo gufasha Kagire.

Yagize ati “Muganga yambwiye ngo nze, ngo kuko kwa muganga hariya ntabwo bigombera ko umuntu yishyurira rimwe amafaranga yose. Namaze kubona ayavamo itike n’ibindi by’ibanze kuburyo ubu ikintindije ni ukubona viza gusa.”

Edmund Kagire kandi yakomeje ashimira abantu hirya no hino bakomeje kumwereka ko bari kumwe, anashimira abagiye bishyira hamwe mu kumufasha gukusanya inkunga yo kumufasha kwivuza.

Ange Kagame asanzwe agaragara mu bikorwa by'urukundo.
Ange Kagame asanzwe agaragara mu bikorwa by’urukundo.

Ibikorwa byo kumufasha biracyakomeje, kumunsi w’ejo tariki 18 Nzeri 2015 muri Masters kuri MTN Center Nyarutarama hari igitaramo cyo gukusanya inkunga kizatangira ku isaha ya saa moya z’ijoro kugeza bukeye.

Ku cyumweru tariki 20 Nzeri 2015 muri KClub guhera saa kumi z’umugoroba aho hose kwinjira bizaba ari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10, buri muntu muri buri gitaramo. Hazaba hari abahanzi batandukanye n’abandi bantu bazaba baje kwifatanya nawe.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Ndashimira cyane Ange Kagame kubw’igikorwa kiza cyo gufasha abababaye.

Lillian Umwali yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

wawwwouh!!!nanjye nditabira igitaramo muri Masters ubundi mbe muteye inkunga

sayinzoga yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Iki nicyo bita igikorwa cy’urukundo, tumaze kumenya agaciro ko kuba umunyarwanda.dukomereze aha umuvandimwe wacu nakira nabandi bazajya bahura nibibazo tujye dufashanya gutyo gutyo

sebera yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Iki gikorwa nicyiza pe!ange kagame nawe tuzagutora rwose

uwera ange yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka