Edmund Kagire yashimiye Ange Kagame wamuhaye arenga miliyoni

Umunyamakuru Edmund Kagire yashimiye abamufashije barimo Ange Kagame watanze amafaranaga arenga miliyoni y’u Rwanda yo kumufasha kujya kwivuza kanseri.

Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, yashimiye Ange Kagame wamufashije amuha amadolari 1500 yo kwivuza kanseri, agira ati “Ndashimira buri wese. Nshatse naba ntangira gufunga ibikapu. Imana yakoze ibitangaza. Ndashimira by’umwihariko Ange Kagame. Imigisha myinshi.”

Umunyamakuru Edmund Kagire urwaye kanseri y'umwijima.
Umunyamakuru Edmund Kagire urwaye kanseri y’umwijima.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Kagire ugiye kwivuza indwara ya kanseri yo mu mwijima yaniyemeje kuzatangiza umushinga wo gutabariza abafite uburwayi bwa kanseri namara gukira.

Avuga ko azabikora mu rwego rwo gushimira umuryango Nyarwanda uri kumufasha kugira ngo abone ubufasha bwo kwivuza kandi akaba afite ikizere ko amafaranga asabwa azaboneka akerekeza mu Buhinde kwivuza mu cyumweru gitaha.

Ange Kagame ntiyatewe isoni zo kugaragaza ko atewe ishema ryo gufasha Kagire.
Ange Kagame ntiyatewe isoni zo kugaragaza ko atewe ishema ryo gufasha Kagire.

Yagize ati “Muganga yambwiye ngo nze, ngo kuko kwa muganga hariya ntabwo bigombera ko umuntu yishyurira rimwe amafaranga yose. Namaze kubona ayavamo itike n’ibindi by’ibanze kuburyo ubu ikintindije ni ukubona viza gusa.”

Edmund Kagire kandi yakomeje ashimira abantu hirya no hino bakomeje kumwereka ko bari kumwe, anashimira abagiye bishyira hamwe mu kumufasha gukusanya inkunga yo kumufasha kwivuza.

Ange Kagame asanzwe agaragara mu bikorwa by'urukundo.
Ange Kagame asanzwe agaragara mu bikorwa by’urukundo.

Ibikorwa byo kumufasha biracyakomeje, kumunsi w’ejo tariki 18 Nzeri 2015 muri Masters kuri MTN Center Nyarutarama hari igitaramo cyo gukusanya inkunga kizatangira ku isaha ya saa moya z’ijoro kugeza bukeye.

Ku cyumweru tariki 20 Nzeri 2015 muri KClub guhera saa kumi z’umugoroba aho hose kwinjira bizaba ari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10, buri muntu muri buri gitaramo. Hazaba hari abahanzi batandukanye n’abandi bantu bazaba baje kwifatanya nawe.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

mbere nambere nshimiye uriya munyarwandakazi ange kagame,ndumva mwagera nomuri za kaminuza zurwanda naho Java ubufasha

davy yanditse ku itariki ya: 19-09-2015  →  Musubize

Iki gikorwa ni cyiza cyo gufasha ushaka kujya kwivuza kand na Ange Kagame nawe ni urugero rwiza yerekanye. Urukundo ni ibikorwa si amagambo. Imana imuhe imigisha itagabanyije n’abandi bose bitanze mu ugutanga inkunga yabo. May our God bless all.

Mathias GITAMBARA M. yanditse ku itariki ya: 18-09-2015  →  Musubize

wawooo! iyaba abanyarwanda twese twameraga nka ange kagame ntamunyarwanda wazongera kwicwa nuburwayi pee ngaho twese turebereho umuco wo gufashanya nkuko nawe yabyigiye kurise naho uwo muvandimwe we yizere imana azakira

alias yanditse ku itariki ya: 18-09-2015  →  Musubize

None se uyu mukobwa arakora? Ahaaa

kwizera yanditse ku itariki ya: 18-09-2015  →  Musubize

Ange kagame vraiment nugera mu makuba uzibutse Imana iki gikorwa ukoze.Imana ntizabura kukugirira neza banyarwanda ngubu ubunyarwanda nyabwo nguyu umutima .

ben yanditse ku itariki ya: 18-09-2015  →  Musubize

byari ngombwa kwa fashwa n’ange kagame arko se.yakatse credit kwa boss

wajaja yanditse ku itariki ya: 18-09-2015  →  Musubize

igikorwa nkiki? muri abo gushimirwa abitanze mwese, Kagire humura uzakira Imana iri mubyawe byose igomba no kugukiza.

UWINGANJI yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Abitanze mwese ngo umuvandimwe wacu avurwe turabashimira cyane, tuzabashimira byimazeyo igihe kimwe, Ange kagame turagushimira umutima w’urukundo wagaragaje, ibi biba hacye cyane, turagushimira.

UWAJENEZA yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

iyo usomye amateka usanga ibikorwa byo gutabarana mubanyarwanda byarahozeho, ntamunyarwanda wemeraga ko mugenzi we agirirwa nabi, kugirirwa nabi harimo nuko umuntu ashobora kuba yapfa kandi hari abantu barenze umwe bamuzengurutse Abitanze bose nibashimirwe.

UWAJENEZA yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Ibi nibyo ndi umunyarwanda rero, ndi umunyarwanda irimo iraza aho abanyarwanda basigaye bishyira hamwe bakavuza mugenzi wabo, Ange Mukobwa mwiza Imana iguhe umugisha, yongere aho wakuye, amaboko atanga arakira igukubire indwi kubyo utanze.

WIBABARA yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Kagire nahumure Imana niyo nkuru azakira rwose, Ange Kagame Imana iguhe umugisha mwinshi, komeza ugere ikirenge mucya mzee natwe turabigiraho byinshi.

Kagubale yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize

Ntago bitangaje kubona Ange Kagame yitanga mugutabara ubuzima bw’umunyarwanda"ISUKU IGIRA ISOKO" simpamya ko yabikora kubanyarwanda gusa, umutima mwiza ntugira imipaka, kugira neza afite aho abyigira, Imana iguhe umugisha mukobwa mwiza, iguhe kuramba igihe.

GASABO yanditse ku itariki ya: 17-09-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka