Dosiye ya Idamange irarara ishyikirijwe Ubushinjacyaha - RIB
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 22 Gashyantare 2021, Dosiye ya Idamange Iryamugwiza Yvonne, irara ishyikirijwe Ubushinjacyaha kugira ngo akurikiranwe ku byaha akekwaho.

Idamange w’imyaka 42, akurikiranyweho ibyaha bitatu ari byo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta no kwigomeka ku buyobozi.
Ku wa Mbere tariki 15 Gashyantare 2021, nibwo RIB yatangaje ko yataye muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne, akekwaho guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda.
Yafashwe nyuma y’uko yari amaze imisi agaragara ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane You Tube, avuga amagambo yanenzwe na benshi aho bavugaga ko yuzuyemo ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, no guharabika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Mu ifatwa rye, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Idamange yakomerekeje umwe mu bashinzwe umutekano amukubise icupa mu mutwe.
Inkuru zijyanye na: Idamange
- Idamange yahakanye ibyaha byose aregwa
- Bamporiki yasobanuye impamvu yasuye Idamange
- CNLG yavuze ko Idamange agomba gukurikiranwa n’ubutabera kubera ibyaha akekwaho
- Idamange aravugwaho gukomeretsa umupolisi mu mutwe
- RIB yataye muri yombi Idamange
- Intore Massamba, Butera Knowless n’ibindi byamamare bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
- Abacitse ku icumu rya Jenoside baramagana Idamange uyipfobya
Ohereza igitekerezo
|