Abarwanyi ba Runiga bahungiye mu Rwanda bakuwe mu karere ka Rubavu

Nyuma y’ibyumweru bibiri bari mu murenge wa Mudende akarere ka Rubavu, abari abarwanyi ba Runiga witandukanyije na M23 iyobowe na Gen Makenga, bimuwe aho bari bacumbikiwe.

Abo barwanyi 718 bayobowe Col Ngaruye Boudouin bahungiye mu Rwanda taliki 16/03/2013 bamburwa intwaro bafatwa nk’impunzi bakaba bari bacumbikiwe mu murenge wa Mudende aho bari barindiwe umutekano n’ingabo z’u Rwanda.

Taliki 01/04/2013, bazindutse burizwa amabisi agomba kubakura aho bari bari bakajyanwa kure y’umupaka wa Congo nk’uko amategeko agenga impunzi abigena. Ngo aba barwanyi bajyanywe mu ntara y’uburasirazuba mu karere ka Ngoma; nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today abivuga.

Aba basirikare bazanye n'abayobozi babo bose bari ku ruhande rwa Runiga, birukanywe ahitwa i Kibumba.
Aba basirikare bazanye n’abayobozi babo bose bari ku ruhande rwa Runiga, birukanywe ahitwa i Kibumba.

Abarwanyi ba M23 bitandukanyije na Gen Makenga bagasanga Runiga wahoze uyubora uyu muwe mu rwego rwa poliki barega Gen Makenga kuba yarahawe amafaranga na Leta ya Congo agashaka kubavanga mu ngabo za Congo (FARDC) kandi ibyo baharaniye batarabigeraho.

Perezida mushya wa M23m Bertard Bisiimwa avuga ko batazivanga n’ingabo za Congo icyo baharanira bitagezweho birimo uburenganzira bw’Abanyecongo bavuga Ikinyarwanda hamwe no kwimakaza imiyoborere myiza.

Bisiimwa avuga ko iyo bumvikana na Perezida Kabila ataba yarasabye umuryango w’abibumbye kohereza ingabo zo kubarwanya.

Bamwe mu barwanyi ba M23 bahunganye na Runiga mu Rwanda.
Bamwe mu barwanyi ba M23 bahunganye na Runiga mu Rwanda.

Ingabo zitandukanyije na M23 ya Gen Makenga zari zifatanyije na Gen Ntaganda wahungiye muri Ambasade y’Amerika Rwanda akaba yaroherejwe mu Buhorande kugira akurikiranwe ibyaha aregwa.

Umunyamakuru wa Kigali Today aganira na bamwe mu bayobozi ba M23 taliki 31/03/2013 bamutangarije ko abitandukanyije na Gen Makenga bashakaga ko intambara yakomeza kubera inyungu zabo.

Ngo imishyikirano igenze neza ingabo zikavangwa benshi mu bayobozi bitandukanyije ngo bari gushyikirizwa inkiko za Congo kubera ibyaha barengwa, ibyo bigatuma barifuzaga ko imirwano yakomeza bagakuraho ubutegetsi nyamara ngo M23 ntishaka amahoro ikoresheje imbunda; nk’uko Bertard Bisiimwa abitangaza.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

manze ari local defense!!

zagalo yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

ingabo ziragwira.ngewe ndi coloneri nyoboye ingabo 741 iyo ni unity yuzuye nkiyemezaguhunga nasaba gusubizwa kipeti rya solda rukurutu.buriya habuze nuwatera abandi akanyabugabo ngobashake ahandi bafata nk abamayimayi! ukuntu kongo arinini.jyewe ndabona muri asjali compati gusa.puuuuuuuz

jado yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

ese ubwo muba mubeshya bande bagiye mumiryango yabo se ko arabanyarwanda kandi bahafite ni miryango muzabeshya kugeza ryali

geto yanditse ku itariki ya: 2-04-2013  →  Musubize

ikibazo niba cyari ntaganda ko yagiye, aba bahungu kuki badasubira iwabo bagafatanya na makenga bakarangiza umugambi biyemeje.Makenga se avuga ko adashobora gufatanya na bo?Bibaye ariko biri yaba yibeshya na we ntaho yazigeza.

rukundo yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

Dushimire leta yacu ikomeje gufata neza impunzi, nkuko amategeko mpuzamahanga abigena. Nubwo abacu bahunze muri 1994 cg mbere yaho, batigeze bafatwa nkuko twe tubigenza, ariko tugomba kubereka ibyiza, kandi bakanatwigiraho. Tube intangarugero ku bandi!

nyana yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

Usanga amahame mpuzamahanga agenga impunzi urwanda ruyubahiriza,ariko wakwibaza ukuntu nka congo ntacyo ikora kugirango interahamwe zo muri fdlr zijyanwe kure y’umupaka w’urwanda aho zihora zihirahira guhungabanya urwandabikanyobera

rutarindwa yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

Ibibazo bya congo byabaye agatereranzamba mba ndoga umwami!ubu se bazataha bigenze gute?ubu se aba basore bize gukoresha intwaro bazaba mu nkambi gutyo gusaaaa!!biteye amakenga

mukama yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

nobabegezeyo gato ejo ingabo za congo zitazashaka urwitwazo bakitiranya ingabo zurwanda na congo bakongera kuzana amananiza atandukanye kandi mu rwanda turashaka amahoro byiteka ryose .amahoro narambe

semana yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

Kuki aba bavandimwe batasubirana bakiyunga maze bagakomeza urugamba?Aho kuza mu Burasirazuba nimubafashe basubire iwabo maze bagire imbaraga zo kurwanya FDLR na FARDC.

kwizera yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

izo ngabo bazihe ubwene gihugu kuko ziramutse zisubiye muri kongo za kwicwa

safaricanisius yanditse ku itariki ya: 1-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka