Abantu 9 bitabye Imana mu mpanuka y’imodoka za Horizon Express na African Tours

Impanuka y’imodoka zitwara abagenzi za sosiyete Horizon Express na African Tours yahitanye abantu 9 abandi 46 barakomereka bikabije.

Izo modoka zo mu bwoko bwa Toyota Coaster zagonganye ahagana mu ma saa sita uyu munsi tariki 16/03/2012 ku muhanda wa Kigali-Muhanga, ahitwa Kamiranzovu mu murenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi.

Abakomeretse bajyanywe ku bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) no ku bitaro bya Kibagabaga. Harimo abarembye cyane ku buryo umuganga wa bakiriye avuga ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.

Imodoka ya Horizon Express yajyaga i Kigali
Imodoka ya Horizon Express yajyaga i Kigali

Iyo mpanuka ishobora kuba yatewe n’umuvuduko mwinshi izo modoka zagenderagaho; nk’uko umwe mu bayibonye iba abitangaza. Imodoka ya Horizon yavaga i Nyanza yerekeza i Kigali naho iya African Tours yavaga i Kigali yerekeza mu Ngororero.

Impanuka nyinshi zibera ku muhanda Kigali-Muhanga ziterwa n’umuvuduko ukabije w’ibinyabiziga bikoresha uwo muhanda; nk’uko umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kamonyi yabitangarije umunyamakuru wa Kigali Today tariki 03/03/2012.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

nimwihangane natwe aho turi turabasabira Ku mana

kjb yanditse ku itariki ya: 13-08-2014  →  Musubize

Imana ibakire mu bayo kandi imiryango yabo ikomeze kwihangana. Ku basigaye twibuke ko icya mbere ari twe tugomba kurengera ubuzima bwacu. Nitureka udutwaye akadutwara uko abyumva birumvikana neza ko azanaturenza aho aba bagiye. Bityo no ngombwa kwamagana abarengera ariko tutabikora tukagasanga bagenzi bacu vuba aha!

Omg yanditse ku itariki ya: 2-05-2013  →  Musubize

Ababuriye ubuzima muri accident Imana ibahe iruhuko ridashira kandi nabanyiri ama agence bagomba guha ikiruhuko gihagije abashoffeur bakareka kubavunisha kuko umunaniro niwo usanga byose byaturutseho

JPaul yanditse ku itariki ya: 17-03-2012  →  Musubize

Imana ibahe iruhuko ridashira, kandi ababuze abanyu mukomeze kwihangana!

yanditse ku itariki ya: 17-03-2012  →  Musubize

birababaje cyane! kuki abantu batwara abagenzi batita ku magara yabo? imodoka zivuduka ziba zisiganwa n’iki?
Imana ihe kwihanagana imiryango yabuze ababo!!

Sophie yanditse ku itariki ya: 17-03-2012  →  Musubize

Abagize ibyago muri iyo mpanuka bagire ukwihangana

Sebanani florien yanditse ku itariki ya: 16-03-2012  →  Musubize

Twihanganishije ababuze ababo mumpanuka yabereye mu karere ka KAMONYI.Niba bishoboka mwadutangariza amazina yabitabye IMANA ndetse nabakomeetse kugirango tubashe kumenya abagiye muriyompanuka

NSHIMIYE yanditse ku itariki ya: 16-03-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka