Hari abatuye mu Karere ka Nyanza bifuza ko hashyirwaho abakozi bunganira babiri bo mu Tugari kuko ubuke bwabo butuma badahabwa serivisi uko babyifuza.
Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyamagabe, JADF Imparirwamihigo, bavuga ko bagiye gushyira imbaraga mu bufatanye n’Akarere mu kwihutisha iterambere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro bavuga ko batindiwe n’itariki ya 15 Nyakanga ngo batore umukandida wabo Paul Kagame mu rwego rwo kumwitura ibyiza yabagejejeho mu gihe cya manda y’imyaka 7 ishize ayobora Abanyarwanda.
Gicumbi ni Akarere kabonekamo ibimenyetso byihariye by’urugamba rwo kubohora Igihugu, birimo inzu ndangamateka y’urwo rugamba (Liberation Museum) yubatse ku Mulindi w’Intwari, hakaba n’indake ya Paul Kagame wari uyoboye urugamba, n’ibindi.
Umwe mu biyamamariza kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, wo mu Ishyaka ry’Ubwumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), yatangaje ko amashyaka adashyigikiye Umuryango FPR Inkotanyi, igihe kitaragera ngo hahindurwe ubutegetsi.
Abaturage b’Akarere ka Nyarugenge, bashima ko ibyo FPR-Inkotanyi yabijeje mu bikorwa byo kwamamaza umukuru w’Igihugu ariwe Paul Kagame mu 2017 yabibagejejeho hejuru ya 90% muri manda y’imyaka irindwi ishize.
Abatuye mu Karere ka Karongi by’umwihariko abari bitabiriye igikorwa cyo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi ku mwanya w’umukuru w’Igihugu Paul Kagame, bibukijwe uko abagerageje gucamo Igihugu kabiri birukanywe bagahunga.
Jean Baptiste Nshimiyimana w’imyaka 30 y’amavuko avuga ko yize amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro aseta amaguru kubera ko ngo kera yahoze yigwamo n’abatsinzwe andi masomo none ubu ngo ageze ku iterambere ku buryo yifuza gutaka ibiro bya Perezida wa Repubulika akoresheje amakaro ava mu mbaho.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kayiranga Théobard, aburira abagishora abana mu mirimo y’ubucukuzi bwo mu birombe by’amatafari, ubucuruzi bw’ibisheke, ubuconco n’indi mirimo ibujijwe ku bana bagamije kubabyazamo amafaranga, ko bikomeje kuvutsa abo bana uburenganzira bw’ishuri (…)
Imiryango 65 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye mu Karere ka Muhanga, yahawe amatara yimirasire y’izuba, mu rwego rwo kuyikura mu bwigunge, nyuma y’uko aho batujwe nta muriro ukomoka ku muyoboro mugari begerejwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, Polisi y’Igihugu n’impuguke mu bijyanye no kwirinda impanuka, batanze ubutumwa bwafasha abantu kwirinda impanuka, cyane cyane izibera mu muhanda muri iki gihe cy’ibikorwa byo kwiyamamaza n’iby’amatora ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Ambasaderi Christophe Bazivamo yashyikirije Perezida wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, nka Ambasaderi ufite icyicaro i Abuja muri Nigeria.
Dr Telesphore Ndabamenye, uvuka mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Bushekeri wavuze ibigwi Kagame Paul, umukandida wa FPR-Inkotanyi yashimangiye uko imiyoborere ye myiza yatumye agaruka mu Rwanda.
Mu ijambo ryo kwiyamamaza mu Karere ka Nyamasheke, Paul Kagame umukandida wa FPR-Inkotanyi yabwiye abaturage bari baje kumwakira ko Abanyarwanda bashyize imbere kubaka ubumwe kandi ntamacakubiri y’amadini cyangwa ubwoko bikenewe.
Abakora akazi ko gucunga abakozi babigize umwuga (Human Resource Managers), mu bigo bya Leta n’ibyigenga, baravuga ko aho Isi igeze, gushingwa abakozi mu kigo atari uguha akazi abakozi bashya, guhana abakosheje cyangwa gutanga imishahara gusa.
Inkuru ikomeje kugarukwaho mu mujyi i Huye ni iy’urupfu rwa Michel Campion wahoze ari nyiri Hotel Ibis.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro kuwa Gatanu tariki 28 Kamena bahuriye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wabo ku mwanya wa Perezida bishimira ibyo bagezeho birimo no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no gukura amoko mu ndangamuntu.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Kamena 2024, ubwo yiyamarizaga mu karere ka Rusizi yabijeje ko ntawabasha guhungabanya umutekano w’Igihugu kuko u Rwanda rurinzwe.
Umuryango wa RPF Inkotanyi wasobanuye inkomoko y’izina “Inkotanyi” ndetse unavuga uburyo ryawubereye imbaraga zo kugera ku ntsinzi mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu.
Nyirahabineza Valérie wamamaje umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rusizi avuga ko Kagame Paul ari we ubereye u Rwanda kuko yazanye politiki itavangura Abanyarwanda akabagezaho n’ibikorwa remezo.
Aborozi b’ingurube barizeza ubufatanye n’inzego zishinzwe ubuziranenge ko bazazifasha kwitabira amabagiro yubatswe hirya no hino mu Gihugu, berekana ahari abacuruzi b’inyama z’ingurube zabagiwe mu bihuru.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bishimira ko kuba baregerejwe Ibitaro bivura indwara ya Kanseri bya Butaro hiyongeyeho na Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi n’Ubuzima University of Global Health Equity (UGHE), byatumye barushaho kumenya iyo ndwara, aho ubu batakiyitiranya n’amarozi nk’uko byahoze mbere.
Abaturage b’Akarere ka Nyamagabe baratangaza ko bashimira Chairman w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wabahinduriye ubuzima bukava ku kubitirira ibitebo, ahubwo bakitwa abantu beza bakataje mu iterambere ry’Igihugu nk’Abanyarwanda bose.
Umukandida wa FPR Inkotanyi ubwo yari i Nyamagabe, kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, yagarutse ku banenga iterambere u Rwanda rwagezeho, avuga ko bashatse babivamo kuko mu myaka 30 bamaze babikora nta cyo byabamariye.
Mu muhango wo gushyingura Nirere Jeannette waguye mu muvundo nyuma yo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Karere Rubavu, abanyamuryango ba FPR biyemeje kuzafasha umuryango yaratunze harimo n’umwana asize.
Umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame yatangaje ko abazamutora bazakomeza gufatanyiriza hamwe guteza imbere Igihugu, dore ko guhitamo FPR Inkotanyi ari ukugira uruhare mu bikorwa bigamije guhindura amateka mabi yaranze Igihugu.
Kuva u Rwanda rwabaho hari byinshi byakozwe bigana ku iterambere mu byiciro binyuranye by’ubuzima. N’ubwo tutavuga ko byari biri ku rwego rwo hejuru, ariko byatwaraga imbaraga igihugu n’abanyarwanda. Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, igihugu cyahise gisubira hasi kuko cyabuze abantu ndetse n’ibikorwa remezo birangirika. Muri (…)
Muhawenimana Jeannet, wiga muri Wisdom School mu Karere ka Musanze, yagaragaje inyungu ziri mu kwiga ururimi rw’igishinwa nyuma yo gutabara Umushinwa yasanze yarembeye mu nzira.
Umubyeyi wafashwe n’ibise yagiye kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, ku wa 24 Kamena 2024 mu Karere ka Muhanga, yabyaye neza, umwana amwita Ian Kagame Mwizerwa ndetse abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga bamushyira igikoma cy’ababyeyi.
Mu Karere ka Musanze hagiye kubakwa uruganda rwitezweho kubyaza ibishingwe umuriro w’amashanyarazi wa Megawatts (MW) 15, zizajya ziva mu bishingwe bingana na toni 400 ku munsi.