Uganda irateganya guha ubwenegihugu Abanyarwanda baba muri icyo gihugu batujuje ibyangombwa byo kwitwa impunzi cyangwa se badashaka gutaha mu Rwanda; nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya minisitiri w’Intebe muri Uganda.
Carlos Slim, umugabo w’imyaka 72 wo muri Mexique, ku nshuro ya gatatu, yongeye kuza ku mwanya wa mbere mu bantu bakize ku isi. Afite umutungo ungana n’akayabo ka miliyari 69 z’amadorari y’Amerika.
Uruhinja rw’ukwezi kumwe rwo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe rwitabye Imana ruzize imvura nyinshi yaguye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 04/03/2012 muri ako karere. Ibindi byangiritse ni amazu 23, ihene 22, ingurube 19 n’intama 2.
Isonga FC, ikinisha abakinnyi 10 gusa, yatunguye APR FC iyitsinda ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro i Remera tariki 07/03/2012.
Police FC yatsinzwe na Nyanza FC ibitego 2 ku busa i Nyanza kuwa gatatu tariki 07/03/2012, bituma inganya amanota na Mukura yari iyikurikiye ku rutonde rwa shampiyona.
Raporo y’ikoreshwa rya interineti n’umuvuduko wayo, yashyize u Rwanda ku mwanya wa kane muri Afurika mu kugira internet yihuta.
Nubwo bubakiwe inzu yo kubyariramo n’ikigo cyo gupima ubwandu bwa SIDA ku bushake (VCT), ishami ry’ikigo nderabuzima cya Mahoko (poste de santé) riherereye mu murenge wa Kanama, akarere ka Rubavu riratangaza ko hakiri ibibazo byo gukemurwa.
Mu rwego rwo gushishikariza abatuye akarere ka Rulindo kwishingana mu buvuzi, ubuyobozi bw’ akarere buravuga ko hakwiye kurushaho gutangwa inyigisho ku kamaro ka mitiweli, kuko imyumvire ikiri hasi ari kimwe mu bidindiza iki gikorwa.
Mu rwego rwo kumenya no gukemura ibibazo by’ihohoterwa bigaragara mu muryango Nyarwanda, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere yatangije gahunda yise “Akagoroba k’ababyeyi” kagamije guhuriza hamwe ababyeyi bakaganira ku bibazo bahura na byo mu ngo zabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza buragira inama abaguze amasambu n’abayahawe muri gahunda y’isaranganywa kubegera bakabasubiza amafaranga yabo kuko bashobora kuzabihomberamo.
Komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na kaminuza gufata iya mbere mu kwimakaza demokarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.
Inzu y’umugabo witwa Abdou Maniragaba wo mu Kagali ka Gatare, mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge yafashwe n’umuriro kubera buji atari yajimije ariko Imana ikinga akaboko ntiyangirika.
André Gasambongo yabonye amanota atatu ye ya mbere kuva yatangira gutoza AS Kigali muri Mutarama uyu mwaka. Yabigezeho atsinze Marine FC igitego 1 ku busa mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuwa kabiri tariki ya 6 Werurwe.
Nkurikiyinka Jean Marie wahoze ari umuforomo mu bitaro bya Nyanza kuva tariki 02/03/2012 yaratorotse nyuma yo kurangarana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana atwite bose bakahasiga ubuzima.
Amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo w’Umuryango uharanira Imibereho myiza y’Umuryango (ARBEF) akomeje gufata indi ntera kuko ibice bibiri birwanira ubuyobozi bikomeje kwitana ba mwana.
Hakenewe ibikoresho bihagije bya gisirikare, abasirikare bajijutse kandi bafite imibereho myiza kugira ngo barinde umutekano w’akarere; nk’uko byatangajwe n’impuguke mu bya gisirikare ziteraniye i Kigali mu nama ihuje ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Abanyeshuri bagera kuri batandatu bo mu ishuri ryisumbuye rya Don Bosco ry’i Kabarondo bamaze gufatwa n’indwara yayoberanye. Abo banyeshuri bafashwe n’iyo ndwara bagaragaza ibimenyetso bimeze nk’ihungabana bikajyana no kugaragaza imyitwarire idasanzwe.
Umugabo witwa Ndayisaba Oreste afungiye kuri station ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murigande Alexis no kumusambanyiriza umugore. Murigande nawe arafunze kubera icyaha cyo kwihanira.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwategetse ko Tharcisse Muvunyi afungurwa kuko yari amaze kurangiza ¾ by’imyaka 15 yakatiwe ; nk’uko itangazo ryashyizweho umukono na perezida w’urukiko tariki 06/03/2012 ribivuga.
Ubushinjacyaha bw’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bukomeje kugaragaza uburyo uwahoze ari minisitiri w’imigambi ya Leta, Augustin Ngirabatware, yabeshye mu buhamya yatanze yiregura.
Uretse gucunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zirashimirwa ibindi bikorwa by’iterambere birimo amashuri zimaze kugeza ku baturage batuye mu gace zikoreramo.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku isi abagore bakoramo politiki nta mbogamizi zishingiye ku gitsina bakorewe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu waberaga i Gako mu karere ka Bugesera abasaba kumenya inshingano zabo kugira ngo babashe kwesa imihigo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu tariki 06/03/2012, abaminisitiri ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu by’amahanga basinye amasezerano y’imihigo na Perezida wa Repubulika y’ibyo bazageraho bitarenze umwaka wa 2012.
Urukiko rwa Gisirikare rwakatiye Sgt/Major Nzirasanabo Gilbert na Caporal Ngabonziza Ramazan gufungwa burundu no gusubiza amafaranga miliyoni enye n’ibihumbi 641 bafatanwe nyuma yo kwiba kwa Munsasire Celestin utuye mu gasantere ka Gihengeri mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare tariki 28/02/2012.
Umunyarwandakazi Akamanzi Clare ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) yahawe igihembo nk’umwe mu bayobozi bakiri bato bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu guhindura isi (Young Global Leaders).
Abaturage batuye mu misozi ihanamye mu karere ka Muhanga batangaza ko bahangayikishijwe n’imvura imaze iminsi igwa kuko ishobora gutera inkangu zigahitana ubuzima bw’abantu.
Abanyarwanda 20% gusa nibo batuye mu mijyi mu gihe u Rwanda ruteganya ko muri 2020 bazaba bageze kuri 30%.
Imodoka y’ikamyo ntoya ifite numero RAB 226 I yahirimye nta kiyigushije kigaragara ahitwa kuri station ya AVEGA muri Rwamagana igwira umuntu ahita ajyanwa ku bitaro bya Rwamagana.
Ibiganiro byo ku munsi wa gatatu w’umwiherero uhuriwemo n’abayobozi bakuru b’igihugu ubera mu karere ka Bugesera byibanze ku guhanga umurimomu Rwanda. Abayobozi basanze hacyenewe nibura guhangwa imirimo ibihumbi 200 buri mwaka, kongera ubumenyi n’ingufu z’amashanyarazi kugira ngo ishoramari ryiyongere.
Abantu bakuru n’abana bavukanye ubumuga bw’ibibari bagiye kuvurirwa ubuntu, muri gahunda yatangijwe n’umuryango Operation Smile wo muri Afurika y’Epfo (OSSA) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima. Iki gikorwa kizababa tariki 15-25/03/2012.
Umuryango wa Makombe wo mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero, urashinja komite nyobozi y’aka karere kudashyira mu bikorwa umwanzuro inama njyanama y’aka karere iherutse gufata ku bijyanye n’amasambu uyu muryango uburanira.
Umwana w’imyaka 13 y’amavuko witwa Mbarushubukeye Claude ubu aba mu muhanda nyuma yo kwirukanwa mu rugo n’umugabo witwa Nyandwi winjiye nyina.
Ubuyobozi b’ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) buratangaza ko zimwe mu ngamba zafashwe zo gukumira umuco wo gukopera mu bizamini ari ukubuza abanyeshuri kwinjirana amaterefone mu bizamini.
Sindibana Venuste utuye mu kagali ka Gasiza umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo yatawe muri yombi n’abacuruzi bo mu isoko rya Gasiza mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 06/03/2012, bamurega kwiba inkwavu zigera kuri 20 za nyinawabo, ariko we akabihakana.
Umugabo witwa Ildephonse Nkundiliza w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Muhoza mu karere ka Musanze azira kwiba ibijumba no gukomeretsa ba nyirabyo bagacika intoki.
Urukiko rw’Ubujurire mu Rukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda(ICTR) ruzasoma urubanza rw’abasirikare mu ngabo zatsinzwe ari bo Major Aloys Ntabakuze na Lit. Ildephonse Hategekimana tariki 08/05/2012.
Umugabo witwa Ntamabyariro Damascene w’imyaka 58 wo mu kagari ka Nyarwungo ko murenge wa Nkomane yaguye mu mugezi wa Ngororero mu ijoro rishyira tariki 05/03/2012 ahita ashiramo umwuka.
Abantu babiri bamaze gupfa bahitanwe n’imvura nyinshi irimo inkuba imaze iminsi igwa mu karere ka Nyamagabe.
Umugabo ukomoka muri Uganda acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera aregwa kwiba ivarisi yuzuye imyenda muri Uganda maze akaza kuyigurisha mu Rwanda.
Ku munsi wa kabiri w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ubera i Gako mu karere ka Bugesera, abawuteraniyemo bunguranye ibitekerezo ku ivugururwa z’intego y’icyerekezo 2020, gutanga serivise mu kazi no kuvugurura ubuhinzi.
Abasilikare bari mu rwego rw’aba-officier baturutse mu bihugu by’umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) bateraniye mu kigo cya gisirikare cy’i Nyakinama (Rwanda Military Academy) mu karere ka Musanze mu mahugurwa ku mategeko mpuzamahanga agenga umwuga wa gisirikare ndetse n’imyifatire awugenga.
Amafaranga u Rwanda rwakuye mu byo rwohereza hanze mu gihembwe cya kane cy’umwaka ushize yiyongereye ku kigero cya 87.5 % ugereranije n’igihembwe cya kane cy’umwaka wa 2010; nk’uko bigaragazwa n’ ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (National Institute of Statistics of Rwanda).
Umugore w’umuvugabutumwa ufite imyaka 66 y’amavuko akaba ari no mu kiruhuko cy’izabukuru, kuri uyu wa 4 Werurwe 2012, yabyariye impanga ku bitaro byo muri komini ya Grisons mu mujyi wa Croire mu gihugu cy’Ubusuwisi.
Polisi yo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze yataye muri yombi umusore witwa Robert Mugabe akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa wiga mu mashuri y’isumbuye uri mu kigero cy’imyaka 19.
Urukiko rw’ikirenga rwasubitse isomwa ry’ibyemezo rwafashe ku bujurire bwa Bernard Ntangada wari wajuririye igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu y’amafaranga 100 000 yakatiwe. Isomwa ry’imyanzuro kuri uru rubanza ryimuriwe tariki 20/04/2012.
Akarere ka Nyamasheke karasaba abakoresha kwita ku mibereho myiza y’abakozi babo, baharanira kurengera ubuzima bwabo ndetse no kwita ku mutekano wabo mu kazi bakora ka buri munsi; nk’uko bitangazwa n’ umugenzuzi w’umurimo mu karere ka Nyamasheke, Nyirabambanza Clémentine.