Ubwo umugabo witwa Kalisa Callixte yasezeranaga n’undi mugore, tariki 24/12/2011, mu kagari ka Kigembe, murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, haje undi mugore witwa Nyirabahashyi Jeanne azanye abana babiri avuga ko yababyaranye na Kalisa.
U Rwanda, tariki 27/12/2011, ruzohereza abapolisi 160 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Haiti. Aba bapolisi bazaba bayobowe na Chief Superintendent Toussaint Muzezayo bazajya mu mujyi wa Jeremie uri mu majyepfo y’umurwa mukuru wa Haiti, Port-de-Prince.
Ku mugoroba wa tariki 23/12/2011, igihu gikabije ndetse n’ubunyerere byibasiye umuhanda wa kaburimbo Shyorongi - Base, bibangamira cyane abayobozi b’ibinyabiziga binatera impanuka y’imodoka ariko nta wapfuye.
Umusore witwa Ndarwubatse Jean Bosco wo mu murenge wa Murunda ho mu karere ka Rutsiro yishwe n’inkuba, tariki 17/12/2011, ubwo yasakaraga inzu yendaga kwimukiramo mu murenge wa Ruhango.
Nyirimpuhwe Eric, umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu, wo mu kagari ka Gihira, murenge wa Ruhango mu karere ka Rutsiro yishwe n’umugezi wa Busenda tariki 17/12/2011.
Samuel Eto’o Fils, tariki 22/12/2011, mu mujyi wa Douala muri Cameroun, yatangije ku mugaragaro isosiyete ye bwite izajya icuruza itumanaho rya telefono yitwa Set’Mobile.
Uretse guhabwa amasomo ajyanye n’ubumenyingiro ndetse n’ikinyabupfura gikwiye umwana w’Umunyarwanda, urubyiruko rwiga imyuga mu kigo kiri Iwawa mu kiyaga cya Kivu ruhabwa n’umwanya wo kwidagadura.
Mu gihe hatangwaga impamyabumenyi ku rubyiruko rurangije amasomo y’imyuga mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, abasore bagize itsinda rya TUFF GANG bataramiye abitabiriye uwo muhango karahava.
Ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro hatangiye imirimo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwitiriwe Congo Nil kubera ko ruzashyingurwamo imibiri y’abantu bishwe n’abahoze ari abakozi ba komini Rutsiro. Uru ributso si urw’akarere.
Ku nshuro ya kabiri, ikigo kigisha imyuga abana bahoze ari abo mu muhanda cyiri ku kirwa cya Iwawa mu kiyaga cya Kivu, ejo, cyatanze impamyabushobozi ku rubyiruko 593 rurangije amasomo.
Ejo, abagize Diaspora nyarwanda basuye ikibanza bazubakamo umudugudu w’intangarugero mu guca nyakatsi uzitwa Bugesera Diaspora Village mu karere ka Bugesera mu murenge wa Rilima, mu bilometero 16 uvuye mu mujyi wa Nyamata.
Umukino wa gicuti wabaye ejo hagati ya APR FC n’ikipe y’abakinnyi bakina ku mugabane w’Uburayi warangiye ARP FC itsinze ibitego bitanu ku busa.
Umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete Imtiaz Enterprises, Imtiaz Hussain, avuga ko u Rwanda ruri mu bihugu birya ibirayi cyane ku isi bityo iyi sosiyete ikaba igiye kuzana ubwoko bugezweho mu Rwanda.
Uwari Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda yakinnye igikombe cy’Afurika muri 2004 akaba anakurikirana abakinnyi b’abanyarwanda bakina i Burayi, Desire Mbonabucya, avuga ko kuba Gasana Mohamed Meme Tchité atarakiniye u Rwanda byaratewe n’uburangare bw’abayoboraga ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Mu gikorwa cyo gusoza icyumweru kiswe “Rwanda Movie Week” cyabaye tariki 23/12/2011kuri sitade Amahoro i Remera mu mujyi wa Kigali, abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje guteza imbere umwuga wabo ndetse na bo ubwabo.
Ahitwa Haute-Normandie mu gihugu cy’u Bufaransa hari urusengero (chapelle) ikuze cyane iri mu giti isurwa n’abakirisitu Gaturika benshi kuko yeguriwe Bikiramaliya. Iyi chapelle imwe ku isi yubatse muri ubu buryo, ifite ibyumba bibiri, bakaba bayinjiramo banyuze ku mabaraza (escalier) ayikikije.
Bamwe mu batuye umujyi wa Muhanga mu karere ka Muhanga batangaza ko igiciro cy’inyama cyiyongereye ku buryo bikomeje zajya ziribwa na bake.
Kuva tariki 12-18/01/2012, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abamugaye (NPC-Rwanda) izakira ingando zagenewe urubyiruko rw’Akarere k’Afurika y’Iburasirazuba yiswe “IPC Youth Camp Rwanda 2012”.
Amahugurwa yahuje abagize inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Nyanya, tariki 23/12/2011, yasoje urubyiruko rwatowe kuva ku rwego rw’utugali kugeza ku rwego rw’Akarere rwiyemeje kuzuza neza inshingano rwatorewe.
Umwana witwa Niyonkuru Cyntia w’imyaka icumi, uyu munsi mu ma saa sita, yatoraguye grenade arimo gukora isuku yo kwitegura Noheli hafi y’ibiro by’umuryango Rwanda Aid mu mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi.
Perezida Paul Kagame avuga ko iyubakwa ry’umuhanda Kigali-Mbarara bigaragaza ubushake buhurirweho mu iterambere ry’ibihugu bigize umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Yemeza ko iri terambere rizagerwaho mu gihe abayobozi, abaturage n’abafatanyabikorwa bakoreye hamwe bagamije inyungu rusange.
Umuganga ku giti cye ufite ibitaro byitwa La Croix du Sud i Kigali, Dr Nyirinkwaya, atangaza ko agiye kuzana uburyo bufasha abafite ikibazo cyo kudatwita kubona urubyaro.
Umushoferi wari utwaye taxi minibus ifite nomero iyiranga RAA 789 K, tariki 22/12/2011, yagonze umwana w’imyaka itandatu i Kirengeri mu murenge wa Byimana, ahita ata imodoka yari atwaye aratoroka.
Ejo, abanyamahirwe 72 batomboye ibihembo bitandukanye birimo laptop, Samsung Galaxy Tabs, telephone za Blackberry, LG na Gitego mu gikorwa kitwa “Izihize na MTN” cyabereye ku ishami rya MTN i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali.
Mu nteko rusange ya FPR-Inkotanyi mu murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo yateranye ejo, abanyamuryango biyemeje gutanga inkunga y’amafaranga miliyoni eshanu mu gikorwa cyo kwiyubakira Ingoro yabo ku rwego rw’akarere.
Minisitiri w’Intebe, ejo, mu nama y’igitaraganya yatumijemo abaminisitiri bafite aho bahuriye n’isuku, yemeje ko ikimoteri cya Nyanza ya Kicukiro kigomba kuba kimuwe mu gihe kitarenze iminsi 30 kubera kwangiza ubuzima bw’abaturage n’ibidukikije.
Mu gikorwa cyo gutangiza imirimo y’isanwa ry’umuhanda Gatuna-Mbarara, uyu munsi, Perezida Kagame yatangaje ko bidakwiye ko abagutera inkunga mu bikorwa aribo bagira n’uruhare mu kubyitaho.
Raporo yakozwe na komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge ku gipimo cy’ubwiyunge mu banyarwanda igaragaza ko Abayobozi n’abaturage bo mu karere ka Gatsibo bemeza ko ibikorwa rusange Leta itegura bigira uruhare mu kumvikanisha Abanyarwanda no kongera ubumwe n’ubwiyunge.
Mu nama y’umutekano y’akarere ka Gicumbi yabaye tariki 22/12/2011, hafashwe icyemezo ko inzoga ya kanyanga igiye kurwanywa kuko iza ku isonga mu bihungabanya umutekano wo muri ako karere.
Abatishoboye bo mu mudugudu w’ikitegererezo wa Kinini mu murenge wa Rusiga, akarere ka Rulindo, bahawe ibyuzi bibiri byo kororeramo amafi mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Abacuruzi bahoze bacururiza mu isoko rya Kamembe bavuga kuba isoko bakoreragamo ryarasenywe irindi ritaraboneka byatumye batatana none barahombye kuko nta bakiriya bakibona.
Abarozi bo mu mirenge itanu yo mu Karere ka Gakenke bashyizeho ubwisungane mu kuvuza amatungo yabo bakemura ikibazo cy’amafaranga yo kuvuza inka.
Urutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amagueru ku isi, rushyirwa ahagaragara buri kwezi na FIFA, rwagaragaje ko u Rwanda rusoje umwaka wa 2011 ruri ku mwanya wa 106 ku isi no ku mwanya wa 27 muri Afurika.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17, Richard Tardy, ubwo yari agiye mu biruhuko bisoza umwaka mu Bufaransa, yasabwe na FERWAFA gukora ibishoboka byose akumvisha Kevin Monnet Paquet kuza gukinira u Rwanda.
Tariki 24/12/2011 saa cyenda n’igice abakinnyi baturutse ku mugabane w’Uburayi bazakina na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera i Kigali. Umukino wa kabiri bakazawukina n’Amavubi tariki 26/12/2011 saa cyenda n’igice.
Umuryango wibarututse abana batatu b’impanga utuye mu murenge wa Bungwe mu karere ka Burera, ejo, washyikirijwe inka ihaka wagabiwe na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Ubushakashatsi bugaragaza ko uku kwishushanya ku mubiri (tatouge) bishobora gutera indwara zitandukanye zirimo kanseri cyangwa icyorezo cya Sida.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, n’uwa Uganda, Yoweri Museveni, uyu munsi baratangiza ku mugaragaro igikorwa cyo gusana umuhanda munini uhuza Kigali na Mbarara, unyuze i Gatuna. Igikorwa kirabera ku mupaka w’ibihugu byombi.
Inzobere mu bworozi bw’inzuki ziratangaza ko habonetse indwara yitwa varroa mu nzuki zo mu Rwanda ku buryo ngo hatagize igikorwa nta ruyuki rwaba rukibarizwa mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro umushinga w’ubworozi bw’inkoko watwaye amafaranga miliyoni 15 mu mudugudu w’Icyizere, umurenge wa Musambira, akarere ka Kamonyi, tariki 22/12/2011,Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Gatete Claver yifuje ko habaho ubufatanye mu bikorwa byo gufasha abatishoboye kugira ngo bigere ku bantu (…)
Isyirahamwe ry’abagore b’abakirisitukazi mu Rwanda (Young Women’s Christian Association of Rwanda [YWCA]) ryiyemeje kuzamura no guhindura imyumvire igaragara ku basigajwe inyuma n’amateka mu Rwanda.
Impunzi z’Abanyarwanda ziba mu gihugu cya Cameroun zihagarariye izindi zirifuza ko buri Munyarwanda uri hanze cyangwa mu Rwanda yagira uruhare atanga mu guhuza Abanyrwanda ndetse n’iterambere ry’igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zohereje Marie Claire Mukeshimana, Umunyarwandakazi, wabaga muri icyo gihugu ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no guhangana n’ibiza (MIDIMAR) isanga gukorana n’amakipe y’igihugu bizabafasha cyane mu gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka, dore ko amakipe y’igihugu ajya gukina kenshi mu mahanga aho izo mpunzi ziherereye.
Itsinda ry’abakinnyi b’abanyarwanda 16 babigize umwuga bakina ku mugabane w’Uburayi baje mu Rwanda ngo si umupira ubazanye wonyine ahubwo u Rwanda ruzaboneraho gutanga ubutumwa bw’imiyoborere myiza binyuze muri abo bakinnyi.
Kuri sitasiyo ya polisi Nyamagana mu karere ka Ruhango hafungiye umusore w’imyaka 25 witwa Nzabirinda Theogene ukekwaho guha ruswa umupolisi witwa Mucancuro Leónidas ngo arekure mukuru we wari ufunze azira gufatanwa litilo eshatu za kanyanga.
Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzaniya, ejo, rwakatiye Ngirumpatse Mathieu na Karemera Edouard igifungo cya burundu kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyarwanda ruba mu buhunzi rurifuza gusobanurira Abanyarwanda baba mu buhungiro ko mu Rwanda ari amahoro kandi rukabibutsa ko amaboko yabo ariyo yonyine azubaka u Rwanda.
Mu gihugu cya Brezil, tariki 19/12/2011, umugore w’imyaka 25 yibarutse umwana w’umuhungu ufite imitwe ibiri. Imitwe yombi ifite iminwa yayo yonka ariko ibindi bice by’umubiri bimeze nk’iby’umuntu umwe kandi afite umutima umwe. Yavutse afite ibiro 4,9.