Dr. Musa Tugilimana, umuganga mukuru ukora ubuvuzi bwo kubaga indwara zitadukanye (Chirurgie Generale), atangaza ko yaretse gukomeza gukorera ubuvuzi bwe i Buryayi aho agiye gutangira kwita ku Banyarwanda batandukanye batabonaga ubuvuzi ashoboye.
Nubwo ubuyobozi buhora bukangurira ababyeyi gusobanurira abana ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere, bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko iyi gahunda itari yabacengeramo neza.
Umunya-Espagne Roberto Martinez wahoze atoza Wigan Athletic, yahawe akazi ko gutoza Everton mu gihe cy’imyaka ine ahita yizeza abakunzi bayo ko azayijyana muri ‘UEFA Champions League’ umwaka utaha.
Musabyimana Yozefu, umucungamutungo wa Sacco Dusizubukene yo mu Murenge wa Nyarubaka mu karere ka Huye avuga ko gutanga serivisi nziza no gucunga neza umutungo bituma ababitsa muri Sacco baba benshi kandi bakahagira n’amafaranga menshi.
Ihuriro ry’abagize inteko ishingamategeko baharanira kurwanya ruswa muri Afurika, ishami ry’u Rwanda “APNAC-Rwanda” bagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ibigo batandukanye mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina ndetse no kumenya uko bihagaze mu karere.
Abanyamahirwe batandatu bashyikirijwe igihembo cy’amafaranga miliyoni umwe umwe muri gahunda ya sosiyete y’itumanaho ya MTN yiswe “MTN Yora Cash”, aho abandika ubutumwa bugufi bwinshi cyangwa bagahamagara kenshi gashoboka ku munsi babona ibihembo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, avuga ko hari amahirwe Abanyarwanda batarabasha kubyaza inyungu mu gihe biri mu buryo bwo kongera imikorere itanga inyungu nko kubaka ibikorwa remezo ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu.
Samuel L Jackson, umwirabura w’umunyamerika wamamaye muri film za Hollywood azwiho gukunda kuvuga ijambo ‘motherf…ker’ abenshi bafata nk’igitutsi cy’urukozasoni iyo ugishyize mu Kinyarwanda kuko ari igitutsi kirimo ijambo umubyeyi.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu bikorwa byo ku rugerero ngo rufite amahirwe akomeye kuko ruri gutangira kwitegura kuzaba abayobozi b’igihugu mu minsi iri imbere; nk’uko byemezwa na Bakusi Alphonse ushinzwe gutoza n’ubukangurambaga mu Itorero ry’igihugu.
Impanuka ya Busi nini ya Horizon yabaye tariki 05/06/2013 ahagana saa saba z’amanywa mu mudugudu wa Nyamiyaga mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yakomerekeyemo abantu 15 ubwo imodoka yarengaga umuhanda.
Paris Jackson, umukobwa w’imyaka 15 wa nyakwigendera Michael Jackson yajyanywe mu bitaro ikitaraganya tariki 05/06/2013 nyuma yo gushaka kwiyahura yikase umutsi wo ku kaboko.
Abayobozi icyenda bo mu gihugu cya Malawi, tariki 05/06/2013, batangiye urugendo-shuri mu karere ka Kirehe aho bazamara iminsi ibiri basura amakoperative y’abahinzi, banareba uburyo ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye ryubahirizwa muri ibyo bikorwa by’ubuhinzi.
Ikipe y’u Rwanda ya Basketball mu bagabo, izitabira irushanwa ryo kwizihiza isabukuru y’Ubwigenge bw’igihugu cya Mozambique, rizaba tariki 24/06/2013 i Maputo mu murwa mukuru w’icyo gihugu.
Ikipe z’u Rwanda mu mikino wa Volleyball yo ku mucanga (Beach Volleyball) mu bahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 23, ngo ziteguye kwitwara neza mu gikombe cy’isi gitangira kuri uyu wa kane tariki 05/06/2013 i Myslowice muri Pologne.
Inama yagombaga guhuza abaturage b’akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, tariki 05/06/2013, yasubitswe bitewe n’uko hari ingingo zikomeye zirimo icy’abaturage biyahura umuyobozi w’akarere yashakaga kuganiraho n’abaturage nyamara hakaba hari haje bacye.
Serugendo sylvestre w’imyaka 58 utuye mu Mudugudu wa Museke, Akagali ka Rusagara ho mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke avuga ko amaranye ubwandu bwa Sida imyaka igera kuri 27.
Inama ya “Atlas Africa” yari iteraniye i Kigali yiga ku kamaro k’ubukerarugendo mu kongera ubukungu, yasoje abayitabiriye ku ruhande rw’u Rwanda biyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’ubukerarugendo biteza imbere Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare butangaza ko na mbere yo gutunganya imihanda muri quartier ya Gihorobwa hari haratangiye igikorwa cyo kubarura ibikorwa by’abaturage byakwangizwa, bakaba buhumuriza aba baturage ko bazishyurwa.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, kuri uyu wa kane tariki 05/06/2013, yerekeje mu gihugu cya Mali aho igiye gukina umukino uzaba ku cyumweru tariki 09/06/2013, mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Umunymakuru, umukinnyi wa filime n’umushyushyarugamba Anita Pendo asanga Minisiteri ifite ubuhanzi mu nshingano zayo nitagira icyo ikora abahanzi nyarwanda batazatera imbere.
Abikorera bo mu karere ka Musanze barasabwa kugira uruhare mu bikorwa byo kuzamura ubukungu bwabo, ndetse n’ubw’igihugu muri rusange, hagamijwe kugira igihugu cyigenga mu nzego zose z’ubukungu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yamurikiye abikorera bo mu karere ka Burera umushinga w’isoko mpuzamahanga rizubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Ibi ni ibyatangajwe n’abasirikare barindwi bo mu mutwe wa FDLR batahutse kumugoroba wo kuwa 04/06/2013 bavuye mu mashaymba ya Congo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi I berekeza mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare.
Kuwa 01/06/2013, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe inzego z’umutekano zarabutswe umugabo wikoreye igikapu zimukekaho kuba yahungabanya umutekano dore ko aribwo bwa mbere bari bamubonye bashatse kumuhagarika kugirango bamubaze uwo ariwe ahita ajugunya igikapu yari afite ariruka.
Abayobozi b’utugari n’imirenge igize akarere ka Ngoma barasabwa gushyira ingufu mu kurwanya ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga kuko imibare y’ababifatanwa igenda yiyongera cyane bityo bikaba biteye impungenge ko ikoreshwa ryabyo ryiyongereye.
Abaganga bo mu mujyi wa Hong Kong batahuye ko umurwayi wari uje kwivuza amaze imyaka 66 akeka ko ari umugabo kandi mu by’ukuri ari umugore.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, yashimiye ubwitange n’ubunararibonye Umunyarwanda Lieutenant General Patrick Nyamvumba yagaragaje mu gihe yari ayoboye ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani (UNAMID).
Abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru (Senior command and staff course) i Nyakinama mu karere ka Musanze, bari kuganirizwa ku mutekano w’imbere mu gihugu mu gihe cy’iminsi ibiri.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurengera ibidukikije, tariki 05/06/2013, ikigo cy’igihugu kirengera kandi kikanabungabunga ibidukikije (REMA) cyahembye abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kurengera no kubungabunga ibidukikije.
Bitariho Celestin w’imyaka 67 utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Kigabiro, umurenge wa Rutare yaraye yivuganye umugore we Bantegeye Xaverina w’imyaka 63 amukubise isuka ya majagu mu mutwe arangije nawe ahita yiyahuza umuti bita Rava ahita apfa.
Mu isuzuma mikorere ryakozwe n’umushinga wo muri munisiteri y’ubuzima witwa Single project implementation unit (SPIU) ufatanyije na laboratwari nkuru y’igihugu (NRL), Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi yabonye amanota 85,6% ahanywe n’inyenyeri enye.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Munyinya cyo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi witwa Nsabimana Aloys yaburiwe irengero nyuma yo guta akazi agashakishwa akabura.
Abakinnyi n’umutoza b’ikipe y’igihugu mu mupira w’amaguru (Amavubi) baremeza ko imyitozo bakoreye mu karere ka Rubavu mu gihe cy’ibyumweru bibiri yabafashije kwitegura umukino uzabahuza n’ikipe y’igihugu cya Mali.
Ishuri rikuru ryigisha ubukerarugendo n’amahoteli (RTUC), hamwe n’ishyirahamwe mpuzamahanga ry’amashuri yigisha ubukerarugendo (ATLAS), bemeza ko u Rwanda rushobora guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku kureba inyoni, umuco warwo utangaza amahanga ndetse n’abaza kwishimisha mu bigezweho mu iterambere.
Nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, akarere ka Rutsiro kegukanye umwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’urubyiruko mu guteza imbere imiturire y’icyaro, mu cyiciro cy’indirimbo.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, Imena Evode, yasabye abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu ntara y’amajyaruguru ko bajya batanga raporo y’ibyo bakoze mu rwego rwo kumenyekanisha ibikorwa byabo.
Amezi atanu asigaye ngo urugerero rukorwa n’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rurangire, Intore zizayakorera muri za Kaminuza no mu mashuri y’imyuga; nk’uko bitangazwa n’ Umutahira w’Itorero ry’Igihugu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rweru mu karere ka Bugesera buratangaza ko ikibazo cy’urugomo giterwa n’intaragahanga cyahagurukiwe n’inzego z’umutekano, ku buryo hari icyizere ko nta muturage uzongera guhohoterwa n’abo banyarugomo.
Nubwo ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga b’Abanyamerika muri uyu mwaka bwagaragaje ko ingano y’igitsina cy’umugabo ntacyo yongera ku bushobozi bwe bwo kubyara cyangwa gukundwa n’abagore, hari ubundi bushakashatsi bwagaragaje ko uko imyaka ishira ubunini bw’igitsina cy’abagabo bugenda bugabanuka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buraburira abagatuye kwirinda kunywa uruvangatikane rw’inzoga kuko kuzivanga nabyo byabyara ibiyobyabwenge.
Nizeyimana Olivier w’imyaka 16 utuye mu Kagali ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke Akarere ka Gakenke yihangiye akazi ko gukora brochette z’ibirayi yise “mushikaji” yarangiza akazigurisha mu mujyi wa Gakenke.
Umusaza w’imyaka 90, Rutayisire Gerivas, utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, avuga ko ikintu gishobora kumubabaza ari ukuzitaba Imana atabonye Perezida Paul Kagame amaso ku maso ngo amubwire ijambo rimwe.
Ku bitaro bya Gisirikare biri i Kanombe, abarwayi bamwe iyo bahageze ngo bumva batangiye koroherwa bataravurwa, kubera kwakirwa, gufatwa neza ndetse n’ubushobozi bwo kuvura indwara zigakira neza.
Abanyarwanda bari barahungiye mu bihugu bituranye n’u Rwanda bakomeje guhunguka ari benshi batanguranwa n’itariki yo guca ubuhunzi; nk’uko ubwabo babyivugira.
Diyosezi Gatulika ya Kibungo iri mu myiteguro yo kwimika ku mugaragaro Mgr Kambanda Antoine uherutse kugirwa umushumba mushya w’iyo Diyoseze. Imihango yo kumwimika izaba 20/07/2013.
Mu Karere ka Ngororero, Umurenge wa Nyange hari umusozi bahimbye izina rya ‘Saint Valentin’ kubera umusore wahatakarije ubuzima yagiye kugira icyo yimarira n’inkumi mu kagoroba.
Ndikubwayo Jeanvier w’imyaka 22 wigaga ku kigo cy’amashuri cya GS.Kabeza kiri mu murenge wa Kibungo yiyahuye tariki 03/06/2013 yiziritse injishi mu nzu aho yacumbikaga.
Auddy Kelly Munyangango avuga ko kuba umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) yaririmba urukundo ari nta cyaha kirimo mu gihe yaba aririmba urukundo Imana yadushyizemo.
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) urahamagarira urubyiruko rwo muri uyu muryango kwitabira ibikorwa byubaka amahoro n’umutekano aho kwihugiraho kubera ibibazo by’ubukene byatuma rwishorwa mu bikorwa by’imitwe yitwaza intwaro.