Mukansoro Esther w’imyaka 70 utuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yaturikanwe na gerenade imuca ikiganza na bimwe mu bice by’umubiri we birakomereka ku buryo bukomeye ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 07/07/2013.
Muri iki gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 19 rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Gisagara barishimira uburyo itangazamakuru ryabegerejwe, aho kubegereza amaradiyo radio hafi yabo byakemuye ibibazo byinshi kandi n’imyumvire igahinduka.
Umuyobozi w’ingabo mu karere ka Ruhango, Major Chris Rutaremara, aravuga ko Abanyarwanda babonye ubwigenge ariko kubera ubuyobozi bubi bwakomeje gukurikiza inzira z’abakoloni, bwatumye batibohora.
Kuri Paruwasi ya Murunda iherereye mu karere ka Rutsiro habereye umuhango wo gutanga isakaramentu ry’ubusaserodoti ku wa gatandatu tariki 06/07/2013, aho umwe yahawe ubupadiri, abandi babiri bahabwa ubudiyakoni.
Abantu umunani bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge batawe muri yombi na Polisi hagati muri iki cyumweru mu Biryogo mu gace ka Nyamirambo bafatanywe urumogi, mayirungi n’ibinini bifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Ubushakashatsi bwakorewe mu Buhondi bugaragaza ko gusinzira amasaha arindwi cyangwa arenga ndetse no kubahiriza n’inama za muganga byarinda abantu kurwara no guhitanwa n’indwara z’umutima.
Abapolisi 150 bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki 06/07/2013 nyuma yo gusimburwa na bagenzi babo mu cyumweru gishize.
Abanyarwanda barenga 4500 bahungiye mu gihugu cya Zambia ngo bashobora kudataha ahubwo bagahabwa ibyangombwa by’Ubunyarwanda bakigumira muri iki gihugu.
Umukinnyi wa filime wo mu gihugu cya Tanzaniya witwa Zuwena Mohammed uzwi ku izina rya Shilole mu minsi mike ishize yambaye isume afata inzira ajya guhaha mu isoko rya kijyambere “supermarket”.
Abanyeshuri b’abayobozi mu muryango w’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK),basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye mu karere ka Ngoma ngo nk’urubyiruko birebere amateka yaranze u Rwanda muri Jenoside muri uwo murenge.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani (abasirikare, abapolisi hamwe n’abasivilea) bahuriye hamwe n’inshuti zabo z’Abanyesudani tariki 04/07/2013 kugira ngo bishimire byinshi bamaze kugeramo nyuma y’imyaka 19 Abanyarwanda bibohoye.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, Senateri Joseph Karemera, arasaba abanyamuryango bo mu ntara y’Uburasirazuba gufata iya mbere mu kuzamura ubukungu bw’iyo ntara n’ubw’igihugu muri rusange.
Ubutumwa bwo kugaburira abana indyo yuzuye no kwihutira kubajyana kwa muganga igihe cyose bagaragaje ibimenyetso by’indwara zituruka ku mirire mibi nibwo butangwa n’ikigo nderabuzima cya Nyagatare giherereye mu karere ka Nyagatare ku babyeyi muri rusange.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, asaba Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha kunoza akazi bashinzwe kuko aribwo bazaba bagana mu cyerecyezo cyo kwigira u Rwanda rwihaye.
Rudahunga Jean Paul w’imyaka 29 akaba afite ubumuga yavukanye bw’akaboko k’iburyo, yasisha akaboko k’ibumoso kandi ku munsi ashobora kwasa amasiteri 6 y’inkwi zingana n’imodoka ya Daihatsu.
Abatoza batandatu nibo batanze impapuro zabo basaba gutoza ikipe ya Bugesera FC yo mu kicyiro cya kabiri. Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha aribwo hazamenyekana umutoza uzaba watoranyijwe; nk’uko bitanganzwa n’uumunyamabanga akaba n’umuvugizi wa Bugesera FC.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Bugesera FC buratangaza ko umukinnyi Ndahinduka Michel bakunze kwita Fils agifite amasezerano muri iyo kipe nubwo yasinye amasezerano mashya mu ikipe ya APR FC.
Umuyobozi w’ingabo mu ntara y’uburengerazuba, Maj.Gen Mubarakh Muganga, ahamagarira Abanyarwanda kumenya ko hari intambara ikaze barwana kandi bagomba gutsinda kuko bayitsinzwe ntakizere cy’ibyo baba baragezeho.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi (Agronome) mu murenge wa Hindiro wo mu karere ka Ngororero yatawe muri yombi tariki 05/07/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga akoreshwa mu guca amaterasi.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Burkina Faso umaze icyumweru mu Rwanda, avuga ko yazaniye Perezida Kagame ubutumwa bugamije gushimangira umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Burkina Faso yahorerejwe na Perezida Blaise Compaoré.
AS Kigali yatwaye igikombe cy’Amahoro cy’uyu mwaka, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 3-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki ya 6/7/2013.
Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi aratangaza ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014 uzasiga abaturage barenga 70% babona amazi meza kandi bayabonera hafi y’aho batuye.
Imiryango 50 y’abatishoboye batagiraga aho batuye bo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/07/2013 yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nganzo mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga wubatswe n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare (Croix-Rouge).
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bufite ingamba zo kurushaho gufata neza amashyamba no kuyabyaza umusaruro ngo akomeze kwinjiriza abaturage ndetse n’akarere, asarurwa mu buryo buboneye kandi ibiyakomokaho bikagurishwa mu buryo bufite umurongo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burashimira abayobozi n’abakozi b’umurenge wa kageyo ko babashije kugaruza amafaranga agurizwa abaturage muri gahunda ya VUP mu mwaka ushize wa 2012/2013.
Mu rwego rwo guha agaciro abana bafite ubumuga, Urwunge rw’amashuri St Dominique Gihara, rwateguye amarushanwa y’umukino wa Sit ball, n’ibigo baturanye, kugira ngo uwo mukino umenyekane mu mashuri y’uburezi budaheza, bityo umwana ufite ubumuga asabane n’abandi bana.
Ihuriro ry’abanyeshuri biga muri za Kaminuza (FAGER) bari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/06/2013 bakiriye inkunga y’abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK) igera kuri miliyoni 1,75.
Kimwe n’utundi turere tw’igihugu, Akarere ka Rulindo kizihije umunsi wo kwibohora kuri uyu wa Kane tariki 04/07/2013. Ku rwego rw’Akarere ka Rulindo, iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Kisaro, Akagari ka Kamushenyi.
Nyuma y’igenzura ryakozwe n’itsinda ryashyizweho kurwego rw’akarere ka Ngororero, basanze 95% by’imisarane yubatse mu karere ka Ngororero ikoreshwa idasakaye.
Amakuru atangwa n’umwe mu barwanyi ba FDLR uheruka gufatirwa mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu ubwo yari yaje gusura umuryango we, avuga ko hari abagore azi bagera kuri 12 mu murenge wa Busasamana bajya aho FDLR iri kwiteza inda ku bagabo babo bakagaruka.
ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, umurenge wa Kabaya wongeye kuza kumwanya wa mbere mumirenge 13 igize akarere ka Ngororero. Nyuma y’igenzurwa ry’ishyirwa mubikorwa ry’imihigo byakozwe n’itsinda ryashyizweho mu karere, ndetse no kugaragariza abayobozi n’abaturage ibyo bagezeho mumwaka w’2012-2013.
Abatwara ibinyabiziga batangaza ko babangamiwe n’isoko ry’ahitwa Kuruyaga mu murenge wa Byumba hafi y’inkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Gihembe kuko iyo bahageze babura inzira yo gucamo ndetse ugasanga ubwinshi bw’abantu bwateza impanuka.
Imidugudu 15 yo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yashyikirijwe telefoni zigendanwa mu rwego rwo kuborohereza akazi no kubafasha gutanga amakuru ku gihe cyane ko begereye igihugu cya Congo.
Ikibazo cya barwiyemezamirimo bapatana amasoko baba baratsindiye ariko bakayata mu nzira ataruzura neza gikomeje kugaragara mu karere ka Rusizi kuko hari n’abambura abaturage bakoresheje.
Mu gihe mu Rwanda hose bizihiza ku nshuro ya 19, isabukuru yo kwibohora, abatuye umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi barishimira intambwe igihugu kimaze kugeraho mu iterambere kibikesha imiyoborere myiza igaragaramo uruhare rwa buri wese nta vangura.
Ba Rwiyemezamirimo banditse muri TVA barasabwa gukora by’umwuga kugira ngo igihe bakorana n’ababaha serivisi bajye bashishoza bamenye ko banditse mu buyobozi bw’imisoro bityo biborohere kwishyurwa TVA batanze kuri servisi bahawe.
Abasirikare n’abapolisi 35 barangije amasomo bari bamazemo ibyumweru 28 i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho bigaga mu bijyanye no kuyobora abasirikare ku rugamba, ibijyanye gufata ibyemezo, gufata ibyemezo, ibirebana n’akazi ko mu biro n’ibindi.
Ubwo abagore bari bamaze gushima Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ko Leta y’u Rwanda ayobora yahaye agaciro umugore, yabashubije ko byaba ari ikibazo kudateza imbere abagore aho ari ho hose ku isi, kuko atari ubugira neza baba bagiriwe, ahubwo ari uburenganzira bemererwa, bagomba no guharanira.
Kuri station ya Polisi mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, hafungiye umugabo witwa Noheli watawe muri yombi ku mugoroba wa tariki 04/07/2013 akekwaho gukora amafaranga.
Abagororwa 22 kuri 60 basabye guhuzwa n’imiryango biciye ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ngo bayisabe imbabazi. Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 03/07/2013.
Murekatete Zahara w’imyaka 40 y’amavuko arwariye mu cyumba cy’indembe cy’ibitaro by’akarere ka Nyanza nyuma yo gucibwa igufa ry’ukuguru n’umugabo we witwa Mukama Gerard wahise anatoroka akimara gukora ayo marorerwa.
Abanyarwanda 120 batashye kuri uyu watanu taliki 05/07/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye mu gihugu cya Congo aho babaga mu duce twa Masisi na Rutchuro na Minova.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 19 u Rwanda rumaze rwibohoye kuri uyu wa 04 Nyakanga 2013 ikipe ya Bralirwa yapfunyikiye umurenge wa Busoro ibitego 2 kuri 1 mu mukino ya gicuti wahuje ayo makipe yombi.
Abaturage batanu bo mu murenge wa Bugeshi bagize uruhare mu guhisha abahigwa mu gihe cya Jenoside bashyikirijwe inka nk’ishimwe ry’ubutwari bagize mu gihe byari bikomeye.
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa handball (FERWAHAND) riramenyesha ko akarere ka Muhanga ariko kazakira amarushanwa y’uyu mukino yitiriwe ayo kwibohoza. Aya marushanwa azatangira tariki 06/078/2013.
Mu minsi mike ishize, mu Murenge wa Mataba ho mu Kagali ka Gikombe hishwe umusore w’imyaka 21 aciwe umutwe. Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bafashe abantu 9 bose bakekwaho kugira uruhare muri ubwo bwicanyi.
Mu ijoro ryo ku wa 04 rishyira uwa 05/07/2013, abacuranzi ba Orchestre Impala de Kigali bifatanyije n’abatuye akarere ka Musanze babasusurutsa mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane mu myaka yo hambere.
Brig. Gen. Nabere Honore Traore, umugaba mukuru w’igisirikare cya Burkina Faso uri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, yemeza ko igisirikare cy’iwabo cyagirana umubano wihariye n’icy’u Rwanda, akanemeza ko nta mupaka n’umwe abona wabangamira uwo mubano.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, aratangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2012-2013, abaturage b’iyi ntara bagera hafi ku bihumbi 100 binjijwe mu mirenge sacco nk’abanyamurwango bayo.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe Kankwanzi Anastasie, avuga ko bahagurukiye abagore b’abasinzi ku buryo bamwe bamaze gusubira ku murongo.