Bamwe mu batuye mu gasantere ka Nyanza mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira uburyo ako gasantere kagenda gatera imbere ugereranije no mu bihe byashize.
Umugabo witwa Habamenshi Augustin uzwi ku izina rya Pasiteri wari utwaye imodoka ipakiye imbaho yo mu bwoko bwa Fuso yagonze amazu y’ubucuruzi aherereye mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro acibwa naba nyir’amazu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800 ngo babashe gusana ibyangiritse.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheihk Musa Fazil Harerimana arasaba abapolisi bashya kurangwa n’ubunyangamugayo kandi bakazakomeza kubaka izina ryiza n’isura nziza Polisi y’Igihugu ifite haba mu Rwanda ndetse no mu ruhando rw’amahanga.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gisagara barasaba ubuyobozi bubakuriye ko bwajya bubegera kenshi kugira ngo bubafashe mu nshingano zabo za buri munsi, kuko ngo bamwe muri bo usanga bakitinya mu gufata ibyemezo.
Bamwe mu bana bava mu miryango bakajya mu mirimo itabakwiriye mu Karere ka Ruhango baravuga ko ahanini babiterwa n’amakimbirane yo mu miryango iwabo, bagahitamo guhunga bakajya kwishakira imibereho.
Robert Irambona utuye mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara avuga ko yiteje imbere ahereye ku gishoro gito mu bucuruzi akora, none ubu akaba ageze aho ntawe ashobora gutegera amaboko.
Amakipe azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika, APR FC na Rayon Sports, yarangije gushyira hanze abakinnyi azifashisha mu mikino yo kuri uyu mugabane izakinwa kuva mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka.
Charles Bungurubwenge w’imyaka 29 aratangaza ko yatangiye acururiza abandi imigati n’amandazi ariko ubu ageze ku bikorwa bifite agaciro karenga miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Intore zo ku Rugerero rw’icyiciro cya gatatu cy’“Inkomezabigwi” zo mu Karere ka Rwamagana ziratangaza ko zigiye kuba umusemburo w’ibisubizo ku bibazo byugarije umuryango Nyarwanda; nk’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko ndetse n’imyitwarire irushora mu ngeso mbi, kandi bakazaharanira kubungabunga umutekano.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe bacuruza ibiribwa bidapfundikiye, bikikijwe n’ibindi bicuruzwa bitandukanye, aho usanga abarema isoko babicaho rutumura ivumbi, bikaba bishobora guteza indwara zituruka ku mwanda.
Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu karere ka Huye bari kubakirwa kuri ubu bazataha mu mazu yubakishije amatafari ahiye. Ibi ntibyari bisanzwe kuko abagiye bubakirwa mu minsi yashize bafite amazu y’amatafari ya rukarakara.
Mu rwego rwo komora ibikomere Abanyarwanda batewe n’amateka banyuzemo kuva mu bukoroni kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Kiliziya Gatolika yatangije iyogezabutumwa rivuguruye rigamije kongera kubaka ubumwe mu Banyarwanda bwari bwasenywe n’Abakoroni.
Mu isingesho ryabereye mu rugo rwa Yezu Nyirimpuhwe mu karere ka Ruhango, tariki 04/01/2014, abantu basaga 25 bashoboye kuhakirizwa indwara zitandukanye ndetse bamwe bavuze ko bakize SIDA.
Abafana ba Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever baraye basuye ikipe yabo ari nako bifatanya n’abakinnyi kwishimira umwaka mushya wa 2015.
Kigali Today yatangiye gahunda yo kubagezaho inkuru zicukumbuye zerekana aho igihugu kigeze mu bintu bitandukanye. Kuri iyi nshuro turahera ku bijyanye n’imyubakire mu ntara zitandukanye, duhereye ku ntara y’Uburasirazuba.
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bafatanije n’abitwa imboni zo mu karere ka Rulindo biyemeje kuzakora ubukangurambaga bwimbitse mu baturage bose babashishikariza kwita ku burere bw’abana no gukumira icuruzwa ry’abantu rigenda rigaragara hirya no hino.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize wa 2014, kandi bakavuga ko uwa 2015 bawutangiranye gahunda nshya zo gukora bashishikaye kugirango barusheho kwiteza imbere.
Bimwe mu bihora bihangayikishije urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo birimo no kutagira icyo bakora babashe kwiteza imbere nk’abandi.
Bamwe mu bakoresha amazi y’isoko ya Bikiramariya iri i Kibeho mu karere ka Nyaruguru bavuga ko bayemera nk’atanga umugisha bakaba banayifashisha mu kwirinda amashitani.
Umugabo witwa Shiritiro Jean Baptiste ukomoka mu karere ka Gisagara yuriye ipoto y’amashanyarazi y’umuyoboro munini (Haute Tension), mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru tariki 02/01/2015 ku bw’amahirwe abaturage bamutabara umuriro utaramwica.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru barasaba ubuyobozi ko bwakubakira amabuye abiri aherereye mu Kagari ka Nyanza ho mu murenge wa Ngera, aho bakunda kwita ku “kibuye cya Shali” bafata nk’ahantu nyaburanga, kugirango hajye habasha kwinjiza amafaranga.
Karegeya Appolinaire ni umuhinzi mworozi wo mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Nyange umaze imyaka isaga 20 ahinga ibirayi. Yemeza ko ubuhinzi bukozwe neza, abahinzi nabo baba abakire nk’uko nawe amaze kugera kuri urwo rwego.
Leta ya Kongo yagaragaje itangazo rivuga ku gikorwa cya FDLR cyo gushyira intwaro hasi ku bushacye, igikorwa inenga uburyo cyagenze.
Gucururiza hasi mu muhanda bishobora guteza impanuka bamwe mu bagenzi, bikanabangamira uburyo bwo kugenda mu muhanda, kuko abagenzi babura aho bahigamira imodoka bitewe n’imyaka iba idanditse hasi mu muhanda.
Ku muganda usoza uwanyuma w’ukwezi umwe mu baturage battari bitabiriye umuganda uzwi ku izina rya sembweni Laurent, yatukanye n’umukuru w’umudugudu bapfa ko amubajije impamvu atitabiriye umuganda.
Mu rwego rwo kubaka ubushobozi bw’abaturage ngo babashe kugira imibereho myiza, ibitaro bya Munini biri mu karere ka Nyaruguru byashyize imari mu murenge SACCO, “Wisigara Munini” bituma icyo kigo cy’imari kibasha guha inguzanyo abaturage biteza imbere.
Abakiriya bagana banki y’abaturage ishami rya Rutsiro barinubira ko icyuma gitanga amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga kizwi ku izina rya ATM kimaze hafi ibyumweru bibiri kidakora bityo bakaba babangamiwe no kutabonera amafaranga igihe.
Mu karere ka Kamonyi muri iki gihembwe cy’ihinga A hagaragaye uburwayi bwa Kabore n’ubwa Mozayike bwibasiye igihingwa cy’imyumbati, ku buryo irenga 90% yose yari ihinze ku buso bwa hegitari ibihumbi 15 yarwaye yose mu mwaka ushize wa 2014.
Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko kuba muri aka karere nta mashuri y’inshuke ahagije ahari ngo bituma abana bagejeje igihe cyo kwiga babura icyo bakora bakirirwa bazerera.
Nyuma y’uko ubwato bukoze mu mbaho bwari butwaye abantu bavaga mu murenge wa Rugarika berekeza mu wa Mageragere, burohamye muri Nyabarongo; abantu 11 nibo barohowe ari bazima na ho abandi basaga 12 ntibaraboneka.
Ubwo kuri uyu wa 01/01/2015, abatuye Akarere ka Musanze bihizaga umunsi w’ubunani batangarije Kigali Today ko umwaka urangiye neza kuko ibyo bari biyemeje kugeraho bimwe babigezeho ariko ngo urugendo rw’iterambere ruracyakomeza hakaba hari ibindi bifuza kugeraho muri uyu mwaka wa 2015.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko nubwo begerejwe umuyoboro w’amazi meza, baheruka kuwuvomaho bakiwufungura kuburyo ngo babona ntacyo ubamariye muri iki gihe kuko nta mazi ukibaha.
Mu migitambo cya misa ya gatatu yaberaga kuri paruwasi Gatorika ya Byumba abakirisitu bitabiriye gutura Imana amaturo atandukanye bayishimira ibyo yabakoreye mu mwak wa 2014.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baratangaza ko muri iyi minsi mikuru basanga hari ibyahindutse ku bijyanye n’ibiciro by’imyaka ku masoko.
Mu gihe ubwinshi bw’abacuruza ibiyobyabwenge mu karere ka Kirehe bukomeje gufata indi ntera, Polisi y’igihugu ikorera muri ako karere ikomeje kubagwa gitumo aho mu mpera z’umwaka wa 2014 yafatanye ibiyobyabwenge abagera kuri 18 bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Kirehe.
Itsinda rihuriweho n’intumwa zihariye mu karere k’ibiyaga bigari zigizwe n’umuryango wabibumbye, Martin Kobler uyobora MONUSCO, Boubacar Diarra uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’Afurika, Koen Vervaeke uhagarariye umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Russell D. Feingold uhagarariye Amerika na Frank de Coninck uhagarariye u (…)
Abatuye mu duce twa Nyamirambo kugera Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bamaze amasaha atatu y’umugoroba wo kuwa 02/01/2015 mu mwijima, nyuma y’uko ikigo EUCL gifunze umuriro ngo umusore witwa Sibomana wari wuriye icyuma gisakaza amashanyarazi adafatwa n’umuriro w’amashanyarazi.
Ikigo ngezuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali no kujya mu zindi ntara byagabanutse, ariko uburyo byahindutse ngo bukazasobanurwa ku wa mbere, hanyuma bitangire gukirikizwa ku wa kabiri tariki 06/01/2014.
Abagabo batatu bari mu maboko ya polisi bakekwaho ubufatanyacyaha mu gikorwa cyo kwinjiza ibicuruzwa bya magendu bigizwe n’inzoga hamwe n’amavuta yo kwisiga.
Abakirisitu Gatorika bo mu Karere ka Gicumbi bishimiye uburyo umunsi w’Ubunani usoza umwaka wa 2014 ndetse unatangira uwa 2015 wagenze, kuko nta mvura yaguye ngo ibabuze kuwizihiza.
Umuvugizi wa polisi y’Igihugu akaba anakuriye ubugenzacyaha mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Superintendent (CSP) Hubert Gashagaza aratangaza ko umutekano muri rusange wagenze neza mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2014 mu turere twose two muri iyi Ntara.
Viviane Mukampore, umuhinzi wabigize umwuga wo mu karere ka Huye, aratangaza ko ubuhinzi bushobora gutunga umuntu aramutse abugize umwuga.
Kapiteni w’ikipe ya Liverpool Steven Gerrard yarangije kwemeza ko uyu mwaka ari wo wanyuma akiniye ikipe yamureze kuva ari muto, ku cyo yise icyemezo gikomeye mu buzima bwe bwose.
Abarwayi bivuriza ku bitaro bya Nyagatare barinubira serivise bahabwa cyane aho bishyurira ngo babone imiti cyangwa babarisha bava mu bitaro.
Abavandimwe bavukana kuri se na nyina babyutse barwanira isambu umwe ashaka kwivugana undi ngo amukubite isuka yahingishaga ariko Imana ikinga ukuboko ntiyamuhitana.
Bamwe mu bagize imiryango y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR batashoboye gutaha mu Rwanda cyangwa kujya mu nkambi ya Kanyabayonga, kuva tariki ya mbere batangiye kwishyira mu maboko ya MONUSCO kugira ngo bajyanwe mu nkambi ya Kanyabayonga batazagerwaho n’imirwano ishobora kuba mu guhashya FDLR.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye imyitozo ikaze kuri uyu wa 02/01/2015 yitegura isiganwa ry’amagare rizenguruka igihugu cya Misiri (Tour Of Egypt) riteganyijwe muri uku kwezi kwa mbere.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no kurwanya umwanda mu baturage, akarere ka Ngororero katangiye gahunda yo kubaka ibimoteri 1676 mu karere hose, aho muri buri mudugudu hazubakwa ibimoteri bine.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bya gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12ybe) byo mu Karere ka Huye bavuga ko hari abanyeshuri bangiza ibikorwaremezo byo ku mashuri bigaho, batumwa ababyeyi kugira ngo bazabirihe bagahitamo guta ishuri. Icyo gihe igikurikiraho ngo ni ukujya kwingingira umunyeshuri kugaruka.