Abateganya igihe mu buryo bwa gakondo bakunze kwitwa abavubyi bagiye kwitabwaho, kuko ubumenyi bafite ku by’ikirere byemejwe ko bufite ireme.
Umuhanzi Roberto wamamaye ku ndirimbo "Amarula" yamaze gusesekara mu Rwanda aho aje mu gitaramo cyo kumurika alubumu "Nyumva" y’itsinda Two 4Real.
Hari abafatabuguzi ba StarTimes b’i Huye batanze 16.000Frw ngo bajye bareba amatereviziyo yose yo mu Rwanda ariko ibyo bizejwe ntibabibonye.
Ubuyobozi bwa za SACCO buvuga ko abanyamuryango bakorana n’ibi bigo by’imari bakabyambura ari bo batuma bigabanya umuvuduko wo gutanga inguzanyo.
Abagore bo mu karere ka Ngororero bavuga ko umugore wo mu cyaro atagisuzugurwa kubera leta yabahaye agaciro nabo bakiteza imbere.
Abaturage bo mu turere twa Ngororero-Muhanga na Karongi barasabwa kwitwararika ku bikorwa byangiza inkombe za Nyabarongo mu kwirinda ibura ry’amashanyarazi.
Urubyiruko rufite inyemezabumenyi za WDA ngo rufite amahirwe yo gufashwa na BDF ruhabwa inkunga ingana na ½ ku nguzanyo y’ibikoresho.
Ikipe y’abakobwa biga mu ishuri ryisumbuye ry’Indangaburezi mu karere ka Ruhango, bashimiwe tariki 28/10/2015 nyuma y’uko bazanye igikombe cya FEASSA.
Abacungamutungo bo mu bigo by’amashuri yisumbuye bikorera mu karere ka Gatsibo barasabwa gukosora amakosa akigaragara mu micungire y’umutungo w’ibigo bakorera.
Abaturage bo muri Nyabihu basanga umuganda ubafitiye akamaro kuko hari byinshi bakora vuba kandi neza bahuje amaboko n’ibitekerezo biteza imbere.
Umujyi wa Kigali ndetse n’Ikigo cy’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA) bariga uko hakorwa ibishoboka byose hakajyaho ikigega cy’imari cyafasha abatuye ahatajyanye n’igishushanyo mbonera babona amazu agezweho yo guturamo.
Umurambo wa Mukabugingo Frida wo mu Murenge wa Kirehe wabonetse mu gishanga cya Nyamugari gihingwamo umuceri nyuma y’iminsi itanu aburiwe irengero.
Ku isi ngo Abanyafurika ni bo bagikomeye ku muco w’ubufatanye ari yo mpamvu bakagobye kuwubyaza umusaruro mu rwego rwo kuyiteza imbere.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mme Louise Mushikiwabo, ari mu Budage, kuva tariki 27 Ukwakira 2015 mu ruzinduko rw’akazi.
Abikorera bo mu karere ka Burera barasabwa kwishyira hamwe bagakora imishinga minini bakabyaza umusaruro amahirwe ari mu karere kabo.
Abaturage bo mu mirenge ya Kabarore na Gitoki, bizejwe ko ikibazo cy’amazi macye cyahagaragaraga kigiye gukemuka kuko amasoko agiye kongerwa.
Amatsinda yo kuzigama no kugurizanya arahindura ubuzima bwa bamwe, kuko buri munyamuryango wayo asigaye yarateye intambwe mu kubyaza inyungu amafaranga.
Inteko ishinga amategeko ku busabe bw’abaturage barenga Miliyoni eshatu yemeje ishingiro ry’ivugururwa ry’ingingo zimwe na zimwe harimo n’iya 101.
Mu gihe hari hashize amezi abiri uburobyi bw’amafi cyane ubw’isambaza mu kiyaga cya Kivu bufunze, bwongeye gufungurwa.
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyarwanda Frank Rukundo uzwi nka Frankie Joe, azagaragara muri filime yakorewe Hollywood yiswe The PainKillers.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abo bireba bose gushyiramo imbaraga kugira ngo umwaka wa 2017-2018 uzasige Abanyarwanda bose bafite amazi meza.
Mu gihe higwa ibigomba guhinduka mu Itegeko Nshinga, abadepite ntibavuga rumwe kuri 30% by’imyanya igenerwa abagore iteganywa n’Itegeko Nshinga.
Afurika ifite umutungo kamere uhagije ndetse n’imbaraga z’abayituye byakagombye kubyazwa umusaruro ku buryo itahora itegereje inkunga iva hanze.
Tricia Niyoncuti, umugore wa Tom Close aramuvuga imyato ku isabukuru ye y’amavuko akanashimira Imana yamumuhaye ayisaba no kumurinda.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yamuritse kuri uyu wa 28 Ukwakira 2015, agatabo kazafasha abaturage kumva ingengo y’imari ya 2015/2016 no kuyigiramo uruhare.
Nubwo hacukuwe ibyobo bifata amazi mu Mudugudu wa Mirama ya mbere hirindwa ko yabasenyera, ubuyobozi bw’akagari buvuga ko byakabanje gukurungirwa.
Ikigo cy’Igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali byazamutse.
Tuyishime Binyavanga Charlotte arashimira Perezida Kagame wamukuye mu karuri akamutuza mu nzu nziza ifite agaciro ka miliyoni 4 n’igice.
Inkuba yakubise ishuri ribanza rya Nyagatare mu murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, umwana umwe yitaba imana abandi barahungabana.
Imwe mu mikino ya Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yamaze kwimurwa kubera imyiteguro y’Amavubi
Nkunzurwanda Elias yagiye mu rutoki rwa Ntahobakina Marcel atema insina 30 azishyira hasi ku wa 27 Ukwakira 2015, bapafa ko ngo yamwambuye 300Frw.
Ndayisaba Protegene na Muvandimwe Eric bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamagana mu Ruhango, nyuma yo gufatanwa Kanyanga benga n’urumogi kuri uyu wa 27 Ukwakira 2015.
Mu gihe komite ishinzwe isuku ikomeje gusura ibigo binyuranye by’ubucuruzi byagaragaye ko ibyinshi bikirangwa n’umwanda ukabije bisabwa guhindura imikorere.
Umuryango Ricad Rwanda wahuguye abanyeshuri 250 ba Lycée de Kigali kuri gahunda y’uburezi bugamije amahoro mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Umuhanzi MC Fab nyuma yo kurangiza icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’amategeko ngo agiye kurengera abanyamuziki bagenzi be.
Bamwe mu baganga binubira uburyo inkiko zifata imyanzuro yo gukuramo inda ku bushake hadakurikije imiterere n’igihe cyemewe cyo kuba inda yakurwamo kwa muganga.
Umuhanzi w’icyamamare akaba n’umuvandimwe wa Roberto wamenyekanye mu ndirimbo Amarula yamaze gusesekara i Kigali aje kwitabira igitaramo cya Two 4Real
Abahagarariye inama y’igihugu y’abagore mu mirenge mu karere ka Gakenke baratangaza ko kumenya uburenganzira bw’umugore n’umugabo ku butaka bizagabanya amakimbirane.
Abaturage bo mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko imihigo yo mu miryango ari ingenzi mu iterambere ry’ingo zabo.
Abahinzi batswe ubutaka bwegereye ibishanga ngo habungabungwe ibidukikije, barashima ko bashumbushijwe ubuhinzi bwa Green house butangiza ibidukikije.
Abagana ibiro by’Akagari ka Gisanze mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi babangamiwe no kuba katagira ubwiherero.
Imibare ituruka mu Karere ka Burera igaragaza ko abana 26 ari bo bagwingiye kubera ikibazo cy’imirire mibi bagize kuva bakivuka.
Manzi James uzwi nka Humble Jizzo akaba umwe mu bagize itsinda rya Urban Boys, arahakana yivuye inyuma ubutinganyi burimo kumuvugwaho.
Munderere Léontine, wo mu Mudugudu wa Bugaba, Akagari ka Gihira mu Murenge wa Gacurabwenge, yabyaye umwana amujugunya mu musarani, akurwamo n’abaturanyi nyuma y’iminsi irindwi.
Abavunjayi bo mu Mujyi wa Gisenyi bakora mu buryo bwemewe n’amategeko ngo babangamiwe n’akajagari baterwa n’abakora ako kazi rwihishwa bagatuma bahomba.
Abafite ubumuga biganjemo abana batabashaga kwigenza bagera ku 10, bahawe insimburangingo z’amagare, bakavuga ko azabafasha kugera aho abandi bari.