Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, yashimiye abaturage b’i Musambira ko bamutoye, na bo bamusaba kuzabaha ibyo yabijeje.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abangirijwe ibyabo mu bikorwa by’ahazanyura umuhanda Pfunda-Karongi kubabarurira ibyangijwe bakishyurwa.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana ngo inteko rusange bakoze yabaharuriye inzira igana ku iterambere.
Mu rwego rwo kwitegura umukino uzahuza APR Fc na Yanga ya Tanzania kuri uyu wa Gatandatu,umutoza Nizar Kanfir ari gukoresha imyitozo kuri Stade izaberaho uwo mukino
Abanyarwanda 104 babaga mu mashyamba ya Congo kuri uyu wa 10 Werurwe 2016 bageze mu Karere ka Rusuzi batashye.
Itorero Indangamuco rya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rigiye kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 rimaze ryimakaza umuco nyarwanda mu mbyino n’indirimbo gakondo.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba burateganya kororera amafi mu ngomero zifata amazi yifashishwa mu buhinzi, bugamije kurwanya ikwirakwizwa rya Malariya.
Abasore babiri b’Abanyarwanda, Theophile Nsengima na Anselme Mucunguzi, bakoze progaramu (Application) bise “Yoyote” ifasha abantu kumva indirimbo Nyarwanda kuri telefoni bifashishije internet.
Umwiherero ngarukamwaka w’abayobozi bakuru b’u Rwanda uzongera kubera mu Ishuri rya Gisirikare rya Gabiro, mu Karere ka Gatsibo, kuva tariki 12-14 Werurwe 2016; uzibanda ku guteza imbere ibikomoka mu Rwanda.
Abahinzi b’ingano mu Karere ka Nyamagabe baremeza kuba bamenye ubwoko bw’imbuto y’ingano inganda zifuza, bizongera umusaruro wazo bakabasha guhaza amasoko.
Kabaka Modeste, Umuyobozi wa Rebero Film ikora ibijyana no gutunganya amafilimi, yatanze amadolari ibihumbi bitatu by’itike izasubiza umwana wavukanye uburwayi budasanzwe mu Buhinde kwivuza.
Abakinnyi ba Yanga Afrikans yo muri Tanzania bageze i Kigali aho baje gukina na APR Fc kuri uyu wa Gatandatu muri CAF Champions league
Akajagari muri gare ya Ngororero gaterwa no kurwanira abagenzi no guhindagura ibiciro byashyizweho na RURA gakomeje gutera inkeke abahategera.
Nyuma y’igihe abacuruza amafaranga y’amadosize binyuranyije n’amategeko mu Karere ka Rusizi bihanangirizwa kubireka bagiye gutangira gufatwa.
Igishanga cya Rwangingo gihuriweho n’Akarere ka Gatsibo ndetse na Nyagatare, kigiye gutangira kubyazwa umusaruro nyuma y’igihe gihingwa mu kajagari.
Abunzi bo mu Karere ka Gakenke baratangaza ko telefone bahawe n’umukuru w’igihugu Kagame Paul zigiye kubafasha kunoza akazi.
Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, yasuye abapolisi b’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi ntibavuga rumwe mu kuvugurura itegeko rihana abacanye inyuma, kuko basanga bizarushaho gusenya ingo.
Abagore bafite ubumuga baravuga ko aho igihe kigeze, ntawe ukwiye gutega amaboko asabiriza ngo aramuke kuko ari igisebo.
Gakuba Fleury, Umunyarwanda uba muri Canada wasabye Perezida Paul Kagame kumurenganura yagannye iy’ubutabera arega uwo ashinja kumuriganya ku ivuriro bari bafatanyije.
Inzu y’ibyumba bitandatu ya Mukamahirane Théodosie wo mu Kagari ka Nyabikokora Umurenge wa Kirehe yafashwe n’inkongi y’umuriro ibyarimo byose birashya ntihagira ikirokoka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaburiye Abanyarwanda ko badakwiriye gukerensa indwara y’ibicurane, kuko utayivuje neza ishobora kumugiraho ingaruka zikaze.
Akarere ka Ngoma kahaye abafite ubumuga 65 batishoboye insimburangingo n’inyunganirangingo, zifite agaciro k’amafaranga miliyoni icyenda ngo babashe gukora biteze imbere.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyamagabe, Marie Therese Nyirantagorama, yasabye ko hajyaho isaha mu mashuri yo gutoza umukobwa kuzavamo umubyeyi ukwiye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri mu gihugu cya Guinea-Conakry guhera tariki 8 Werurwe, ategerejweho kugirana amasezerano na Perezida Alpha Conde wa Guinea; arimo guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye abagore gukoresha ububasha n’imbaraga bahawe mu kuzamura iterambere ry’abagore, by’umwihariko abakiri inyuma mu bikorwa by’iterambere n’abakitinya.
Mu Murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, ku Munsi Mpuzamahanga w’Umugore, imiryango 200 yaseranye kubana byemewe n’amategeko ikazarambana akaramata.
Baranyeretse John, umugabo w’umubaji utuye mu Murenge wa Mukamira w’Akarere ka Nyabihu, avuga ko umugabo ukunda umugore akamuha agaciro, aba yihesheje ishema n’icyubahiro.
Abacururiza ku gasoko gakunze bita "Gasasangutiya" kamaze imyaka ibiri karadindiye mu kubakwa barasaba ko gasubukurwa kakuzuzwa.
Abantu bataramenyekana binjiye muri Kiliziya ya Paruwasi ya Kigoma mu Karere ka Nyanza biba bimwe mu bikoresho by’iyo Paruwasi.
Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko mu ngo nke ari ho hatarashinga ihame ry’uburinganire.
Mu isiganwa rizwi ku izina rya Grand Prix de la Ville d’Oran, Umunyarwanda Areruya Joseph yaje ku mwanya wa kabiri, inyuma ya VAITKUS Tomas ukinira i Dubai
Perezida Paul Kagame yambitswe umudari w’icyubahiro uruta indi muri Guinea Conakry, uzwi nka “Grand Croix”, kubera ibikorwa by’ubutwari yagaragaje.
Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) isanga Abanyarwandakazi bafite ibitekerezo n’ibikorwa byabahesha kuba ibirangirire mu ishoramari nubwo bafite imbogamizi yo kutabona igishoro.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yatangije ku mugaragaro uruganda rw’ibirayi mu Karere ka Nyabihu, rwitezweho kongera agaciro k’umusaruro wabyo.
Imvura idasanzwe yaguye hafi igihugu cyose isubitse umukino wagombaga guhuza Amagaju na Rayon Sports kuri Stade Nyagisenyi i Nyamagabe
Ubuyapani bwahaye u Rwanda inkunga ingana na miliyoni 18.4 z’amadorari y’Amerika azarufasha kongera amashanyarazi mu gace kahariwe inganda kari i Masoro mu Mujyi wa Kigali.
Umuhanzikazi Teta Diana ari gukorwaho inkuru mu mashusho(Magazine Documentaire) n’ikigo cy’Itangazamakuru gikomeye ku isi cya CNN (The Cable News Network) cy’Abanyamerika.
Perezida Kagame avuga ko abakiri bato ari bo Afurika itezeho ejo hazaza, ariko akemeza ko bitazagerwaho igikoresha ibiturutse hanze gusa.
Abaturage b’imirenge ya Cyahinda na Munini yo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko iteme ryo mu kirere ribahuza yohoheje ubuhahirane.
Abagabo bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze baratangaza ko kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore bibafasha kurushaho gusabana n’abagore.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ihamagarira abahinzi kongera umusaruro w’ubuhinzi ariko bakanateganya ko ikirere kizahinduka umusaruro ukagabanuka.
Umunyamakuru Erneste Ugeziwe uzwi nka “Ernesto” kuri Televiziyo y’u Rwanda, yerekeje muri Amerika kwiga mu gihe cy’imyaka ibiri ariko akazanakomerezayo akazi.
Aborozi bo mu nkengero z’ishyamba rya Gisirikare rya Gako mu Bugesera bahawe hegitari 600 z’urwuri rwo kororeramo.
Umuryango w’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyanza wasabye ko amazina y’abashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza yandikwa ku rwibutso.
Urubyiruko rwo mu bihugu by’Ibiyaga Bigari ngo rusanga nta mwanya uhagije rufite mu nzego zifata ibyemezo bigatuma ruhora rutekererezwa.
APR Fc yatsinze Musanze Fc ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 13 byatumye APR ihita ijya ku mwanya wa 2 ku rutonde rwa Shampiona