Itorero ry’Igihugu, kuva kuri uyu wa 22-28 Kanama 2016, ririmo guhugura abakozi b’Akarere ka Nyarugenge n’abatowe kuva ku midugudu kugera ku karere, ku kunoza imikorere.
Kpoerative y’ubuhinzi COABANAMU ikorera mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, igiye gushinga uruganda ruzahesha agaciro umusaruro wabo.
Ibitagendaga neza mu buhinzi ku mbuto n’ifumbire bigiye guhinduka kubera ubufatanye bw’ubuyobozi, inkeragutabara, abacuruzi b’inyongeramusaruro n’abahinzi mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buratangaza ko ubumenyi mu gukumira no kwurwanya inkongi z’umuriro bizongera umutekano mu gihe cyo kwita izina.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango baravuga ko banejejwe cyane no kuba bungutse abanyamuryango bashya 33.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi basabwe kugira umuco wo guhunika kuko gusarura bakagurisha ari byo bituma abaturage bataka inzara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwatangaje ko ikipe ya Kirehe Fc izatangira Shampiona itira ikibuga cya Rwamagana mu gihe iri mu mirimo yo kubaka icyabo
Umunyarwandakazi utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagaruwe no gushimira Umukongomanikazi wamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gitangaza ko ku ntego cyihaye yo kwakira imisoro mu mwaka wa 2015-2016 cyarengejeho miliyari 41FRW.
Guhura nk’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bagasasa inzobe banenga ibitagenda ahanini bigirwamo uruhare n’abo bishinzwe ngo ni intambwe mu gutuma habaho impinduka.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Lesotho, Lt Gen Kennedy Tlali Kamoli, yavuze ko yaje gushaka imikoranire n’ingabo z’u Rwanda, ishingiye ku mahugurwa.
Byamaze gutangazwa ko Muneza Christopher umwe mu bahanzi bakunzwe hano mu Rwanda yamaze gusezera muri Kina Music.
Abatuye Akagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora muri Gisagara barasaba amazi hafi, kuko ingendo bakora bavoma zidindiza indi mirimo.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Mu isiganwa ry’amagare rizenguruka umujyi wa Goma ryabaye kuri iki cyumweru, Hadi Janvier ni we wabaye uwa mbere, n’abandi banyarwanda bitwara neza
Umukozi ushinzwe iterambere mu Kagari ka Kavumu, Umurenge wa Twumba, Akarere ka Karongi, Nsabimana Ildephonse yatemwe mu mutwe n’umuturage bari kumwe mu kabari.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango Akarere ka Ruhango, bishyuriye ubwisungane mu kwivuza abantu 20, barifuza kwishyurira abasaga 160.
Ikibazo cy’ubujura kigaragara mu Kagali ka Rwanza mu Murenge wa Save mu Karereka Gisagara, gihangayikishije abaturage kandi n’akarere nta gisubizo kagifitiye.
Abasaza n’abakecuru bo mu Karere ka Gisagara baributswa ko inkunga y’ingoboka atari umushahara nk’uko bakunze kubyitiranya bayasaba.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo muri Karongi bavuga ko basanga gahunda yo kuba buri munyeshuri afite mudasobwa itoroheye buri wese.
Muri Festival ya Rugby yateguwe n’ikipe yitwa Thousand Hills yabereye mu Gatenga ahazwi nko kwa Carlos kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Remera Buffaloes ni yo yegukanye iki gikombe itsinze Thousand Hills ku bitego 5-0 ku mukino wa nyuma.
Abatuye mu Murenge wa Gasange mu Karere ka Gatsibo, bibaza impamvu badahabwa w’amashanyarazi, kuko nta n’ipoto ishinze mu murenge wabo.
Mu mikino isoza Shampiona y’icyiciro cya mbere muri Volleyball izwi nka "Carré d’As", Rwanda Revenue na INATEK (UNIK) ni zo zegukanye ibikombe.
Akarere ka Karongi gatangaza ko gasanga uburyo bushya bwo gukorera ku mihigo ku barimu ndetse n’abayobozi babo bizatanga umusaruro mwiza.
Uwiringiyimana Dorcella wo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, aravuga ko kwiga akuze byamufashije gutangira kwiteza imbere.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi barasabwa ubushishozi mu guhitamo abo babona bagaragaye nk’abarinzi b’igihango mu bihe bikomeye bitandukanye igihugu cyanyuzemo.
Buri mwaka miliyoni hafi 400 zitangwaho ingurane ku bantu baba bangirijwe n’inyamaswa zo muri Pariki z’igihugu.
Mu rwego rwo kwitegura umukino uzahuza Amavubi na Ghana, hatangajwe urutonde rutarimo Iranzi Jean Claude na Rwatubyaye Abdul bamaze iminsi bafatiye runini Amavubi
Imibiri 18,382 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rushya rwa Kibungo mu Karere ka Ngoma.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Bugesera rwihangiye imirimo, bavuga ko bagenzi babo babuze akazi babyitera kuko usanga barangwa n’ubunebwe.
Perezida wa Centrafrika Faustin Archange Touandera yashimye ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu uruhare zigira mu iterambere ry’icyo gihugu.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare barakangurirwa kugira isuku umuco haba ku mafunguro bategurira imiryango ndetse n’ahabazengurutse.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiravuga ko guhingisha imashini no kuhira imyaka mu buryo bugezweho bidahenze cyane nk’uko abantu benshi babitekereza.
Mu isiganwa ry’amagare ryabaye kuri uyu wa Gatandatu riva Kigali rigasorezwa i Rwamagana, Gasore Hategeka wa Benediction Club ni we waryegukanye
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC) ivuga ko kuvugurura igitabo cy’amategeko byari ngombwa kuko hari ibyaha bimwe bitabagamo, bityo ntibihanwe uko bikwiye mu gihe bikozwe.
Abagore bitabiriye gukora ubukorikori barahamya ko bwabafashije kugera ku iterambere, bikabarinda gutegereza guhahirwa n’abagabo gusa.
Abantu bari barwaye indwara zitandukanye ndetse n’ubumuga nk’uburemba, bakijijwe na Yezu mu gitambo cya Misa cyatuwe na Padiri Ubald Rugirangoga, i Burera.
U Rwanda rwafunguye ambasade muri Congo Brazzaville izanakurikirana iterambere ry’u Rwanda mu muryango w’Afurika yo hagati (CEEAC).
Bamwe mu baturage bo mu Bugesera bakora umwuga w’ubuhinzi, bavuga ko ibiciro biri hejuru by’imashini zihinga bikibabuza kuzifashisha mu buhinzi.
Bamwe mu baturiye umupaka w’Akanyaru mu Karere ka Nyaruguru bakunda kujya guhahira i Burundi baravuga ko bari kwangirwa kwambukana ibyo bahashye.
Mu rwego rw’umunshinga w’imyaka itatu yo gutegura abana b’abakobwa mu mupira w’amaguru, abakobwa b’I Nyagatare bari mu myaka 6-12 batewe inkunga y’imipira 65.
Abaturage bo mu Murenge wa Gasange Akarere ka Gatsibo, batangaza ko batanyurwa n’uburyo abakerewe kwishyura umusanzu mu kwivuza ba wakirwamo.
Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko igifite gahunda yo gufasha ubukungu bw’igihugu kuzamuka ku rugero rwa 11.5% muri 2020.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima, amavuriro n’ibitaro by’Akarere ka Nyagatare biyemeje kumanura ubuvuzi bw’amaso ku rwego rw’umudugudu, kugira ngo bugere kuri benshi.
Abaturage n’ubuyobozi mu Karere ka Kamonyi baritana ba mwana k’uwari ukwiye kubungabunga amasoko nyuma y’aho amazi ya WASAC abagereyeho.
Abasore bo muri Burera batuye mu gace k’amakoro batangaza ko kubaka inzu bikora umugabo bigasiba undi kubera itaka ryaho rihenze.
Abahinga mu kabande kari munsi y’inkambi ya Mugombwa yo mu Karere ka Gisagara, barasaba ingurane bakimuka kuko amazi ayivamo abangiriza ibihingwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko kuba aka karere kagaragaramo abana b’akobwa benshi batwara inda zitateganyijwe, biterwa n’uburangare bw’ababyeyi batabaganiriza.
Urugaga rw’abagore bashamikiye ku muryango RPF-Inkontanyi mu Ntara y’Uburengerazuba basuye, banaremera umuryango w’umugore uherutse kwicwa aciwe umutwe n’abagizi ba nabi.