Umuzamu n’umutetsi ku ishuri ribanza rya Rumuli, Umurenge wa Muhura, bafungiye k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Sitasiyo ya Muhura bakekwaho kwiba ibiro 263 by’ibishyimbo na Litiro 62 z’amavuta yo guteka.
Abahinzi mu Karere ka Ngororero batangiye igihembwe cy’ihinga 2025A bashyikirizwa imbuto y’ibishyimbo y’indobanure RWV1129, izwiho kuzamura umusaruro kubera imiterere y’Akarere ka Ngororero.
Umugabo wo muri Thailand witwa Kittikorn Songsri, w’imyaka 36 y’amavuko, yiyemerera ko yatawe muri yombi yari amaze imyaka 20 akora ubuvuzi bwo kubaga abasore n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo (Performing penis enlargement procedures), kandi nta mpamyabushobozi yabyo afite, kuko yize amashuri atatu yisumbuye (…)
Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
Kuri uyu wa Kane, ikipe ya Police FC yatsindiye Kiyovu Sports yagaragaje urwego rwo hasi mu mukino kuri Kigali Pelé Stadium, ibitego 4-0 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa kabiri wa shampiyona utarabereye igihe.
Chorale Christus Regnat, ku nshuro ya 2 yongeye gutegura igitaramo cy’indirimbo zisingiza Imana, zirata umuco n’amahoro bya muntu bise ‘I Bweranganzo 2024’, gifite umwihariko wo gufasha abana bava mu miryango itishoboye.
Abagabo batatu barimo Oswald Homeky wahoze ari Minisitiri w’imikino, Col. Djimon Dieudonné Tévoédjrè umukuru w’umutwe w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’umucuruzi Olivier Boko wari inshuti ya Perezida Talon, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu Rwanda, Igihugu cyakomeje kwiyubaka no kuzamuka mu nzego zitandukanye harimo ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, koroshya ibijyanye no gukora ishoramari mu Rwanda, umutekano, kurwanya ruswa n’ibindi. Ariko urwego rugikeneye gukorwaho byinshi ni urwego rwa siporo.
Icyamamare Zari Hassan wahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz ndetse bakaba barabyaranye, yizihije isabukur y’imyaka 44 y’amavuko, yaba Diomand ntiyaza mu birori ndetse na Shakib Lutaaya umugabo wa Zari bari kumwe ubu ntiyabizamo, maze bamwe mu bakoresha imbuga nkoranya mbaga babivugaho byinshi.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.
Omar al-Bashir, wayoboye Sudani imyaka 30 mbere yo guhirikwa ku butegetsi, akanatabwa muri yombi n’ubuyobozi bwa gisirikare, yajyanywe mu bitaro nyuma y’uko ubuzima bwe butameze neza.
Nubwo yari yamaze kubona itike ya 1/2, kuwa Kabiri, ikipe y’Igihugu y’abangavu batarengeje imyaka 19, yatsinzwe na Uganda ku kinyuranyo cy’amanota 46 hasozwa imikino y’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2025.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye n’ibisobanuro by’inyito y’amazina y’ahantu, yabakusanyirije inkomoko y’izina Ijuru rya Kamonyi.
Umunyamakuru Scovia Mutesi benshi bakunze kwita Mama Urwagasabo, ni umubyeyi wubatse, uri hafi kuzuza imyaka 40, akaba umwana wa gatandatu mu bana icyenda.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ibarurishamibare(NISR) hamwe n’abafatanyabikorwa barimo Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD/AfDB), barimo kwiga uko batangira kwegeranya no gusesengura amakuru atari asanzwe akoreshwa mu igenamigambi ry’Igihugu, harimo ubutumwa bw’amafaranga anyuzwa kuri Mobile Money, ibitangazwa ku mbuga (…)
Mu nama y’Akanama ka UN gashinzwe amahoro n’umutekano Isi, i New York, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yamaganye ibyaha by’intambara birimo gukorwa n’u Burusiya mu gihugu cye, asaba ko Putin ahatirwa guhagarika intamabara akayoboka amahoro.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri Diviziyo ya 5 n’Ingabo z’Igihugu cya Tanzania (TPDF), zo muri Brigade ya 202, zateraniye mu nama y’umutekano ya 11, igamije ubufatanye mu gukemura ibibazo birimo ibyaha byambukiranya imipaka.
Abahawe amahugurwa yo kwiteza imbere bashingiye ku mahirwe akomoka iwabo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi, baravuga ko batangiye kugurisha ibikomoka ku bikorwa byabo mu Rwanda no mu mahanga bakaba baratangiye kurya ku madolari.
Muri Kenya, umuganga witwa Dr Desree Moraa Obwogi, wakoraga mu bijyanye no gutera ibinya abarwayi bagiye kubagwa mu Bitaro byitwa Hospital Gatundu Level 5, yasanzwe mu nzu ye yapfuye, aho inshuti zatangaje ko urupfu rwe rwaba rwatewe n’akazi kenshi kugarije abaganga bo muri icyo gihugu.
Abaturage bahoze bafite imitungo ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo II, bamaze imyaka isaga itatu bagowe no kubaho basembera ari nako bugarizwa n’ingaruka z’ubukene, bitewe n’uko icyo gihe cyose gishize batarishyurwa amafaranga y’ingurane babaruriwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na Murat Nurtleu, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Kazakhstan, bikurikirwa n’amasezerano y’ubufatanye.
Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Uburezi, Pascal Gatabazi, avuga ko iyo amashuri ayobowe neza haba hari icyizere ko n’abana bayigamo biga neza.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Nzeri 2024, Abasenateri 20 bagize manda ya kane ya Sena y’u Rwanda barahiriye gutangira imirimo yabo.
Binyuze mu masezerano ashyiraho Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nzeri 2024, Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yihariye yo kohereza mu mahanga ibicuruzwa bihurijwe hamwe.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Uwimana Consolée ahamagarira ababana mu buryo butemewe n’amategeko kuzibukira bagasezerana imbere y’amategeko, kuko ari ishingiro ryo kugabanya ibipimo by’ihohoterwa n’amakimbirane bikigaragara.
Ntabwo akenshi bisanzwe ko ikipe cyangwa amakipe ashingwa maze mu mwaka wayo wa mbere agahita yegukana ibikombe, nyamara amakipe ya Kepler mu mikino y’intoki ya Basketball na Volleyball byaje bitandukanye.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), cyatangaje ko abana b’Ingagi 22 ari bo bazitwa amazina ku nshuro ya 20 mu muhango uteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024.
Nubwo urwego rw’ubuhinzi rugira uruhare rwa 25% mu bukungu bw’Igihugu, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), igaragaza ko mu nguzanyo zose zitangwa n’ibigo by’imari mu Rwanda, 6% gusa ariyo ajya mu rwego rw’ubuhinzi, hakifuzwa ko mu myaka itanu iri imbere zarushaho kwiyongera zikagera ku 10%.
Muri Tanzania mu Ntara ya Kagera, umwarimu witwa Adrian Tinchwa w’imyaka 36 y’amavuko, wigisha ku ishuri ribanza rya Igurwa, yatawe muri yombi na Polisi, akurikiranyweho kwica umunyeshuri witwa Phares Buberwa, wigaga mu mwaka wa gatatu kuri iryo shuri ariko mu yisumbuye.
Abayobozi baturutse mu bihugu bitandatu bigize Umuhora wa Ruguru ari byo u Rwanda, Uganda, Kenya, Sudani y’Epfo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamaze iminsi itatu bakora ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro, mu Ntara zitandukanye mu rwego rwo gukangurira Abanyarwanda kwirinda impanuka zo mu muhanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarusange n’abakozi b’Akarere ka Muhanga bashinzwe iby’umutungo kamere w’amazi, bemeje ko umuyoboro w’amazi wakozwe n’abaturage, mu Kagari Mudugudu wa Mata mu Kagari ka Muhanga, ucungwa na rwiyemezamirimo, mu rwego rwo kurwanya amakimbirane ashobora kuvuka ku gusaranganya amazi.
Bamwe bakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu bo mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko iterambere Igihugu kimaze kugeraho, ribibagiza zimwe mu ngingo z’imibiri babuze mu rugamba rwo kukibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bibaha n’icyizere ko Igihugu kizagera ku iterambere risumbye iryo babona uyu munsi.
Dr. Charles Murigande uri mu bateguye igitaramo Rwanda Shima Imana kizabera kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, avuga ko buri wese afite impamvu yo gushima Imana.
Nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no gutsinda urugamba rwo kubohora igihugu, ingabo za RPF Inkotanyi zari ziyobowe na Paul Kagame, zashyizeho Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda muri leta y’inzibacyuho ku itariki 19 Nyakanga 1994, iyobowe na Pasteur Bizimungu nka Perezida, na Maj. Gen Paul Kagame nka Visi (…)
Bamwe mu bashoferi batwara amakamyo by’umwihariko ayambukiranya imipaka, baravuga ko bahangayikishijwe cyane no kutagira ubwishingizi mu kwivuza kuko iyo bagiriye impanuka mu kazi babura ubarengera.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), ritangaza ko kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2024, abantu bagera ku bihumbi 30 muri Afurika, banduye indwara y’ubushita bw’inkende.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Amashyamba n’Umutungo kamere, Shyaka Kenneth, avuga ko n’ubwo hari umushinga uzavana amarebe mu bidendezi bibiri by’amazi (Valley Dams), ariko ubusanzwe abakoresha amazi yabyo ngo nibo bafite inshingano zo kuzibungabunga no gukuramo ayo marebe.
Sosiyete ikora ubwikorezi bwo mu kirere ya Kenya Airways, yatangaje ko imyigaragambyo y’abakozi bayo yabaye tariki 11 Nzeri 2024, yayihombeje arenga miliyoni 80 z’amashilingi bitewe nuko hari abagenzi basubijwe amatike y’ingendo zabo.
Abatoza ba Volleyball 33, barimo n’abagikina uyu mukino w’intoki, bahawe impamyabushobozi zo gutoza ziri ku rwego rwa kabiri, nyuma y’amahugurwa bari bamaze iminsi itanu bakorera mu Rwanda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Seychelles (SPDF), Brigadier Michael Rosette, hamwe n’intumwa ayoboye bari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira ubufatanye bw’Ingabo busanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Ku wa Mbere, tariki 23 Nzeri 2024 nibwo mu Murenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, hatangirijwe ku mugaragaro ibikorwa byo kubaka umuhanda mushya wa kaburimbo Nyacyonga-Mukoto, ureshya na kilometero 36.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2024, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye mugenzi we wa Seychelles, Commissioner Ted Barbe ku Cyicaro Gikuru cya Polisi giherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.
Inama ya kabiri y’u Rwanda yiga ku Bumenyi, Ikoranabuhanga n’Udushya(STI2) yagaragaje uburyo ubuhinzi bwakorerwa ku buso buto cyane, kandi bugatanga umusaruro mwinshi kabone n’ubwo imvura yaba itaguye.
Muri Lebanon, abantu abantu 492 harimo abana 35, bapfuye mu munsi umwe wo ku wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, baguye mu bitero byagabwe na Israel nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon, aho yanemeje ko abandi 1,645 bakomerekeye muri ibyo bitero.
Abashoramari n’abikorera bo mu Karere ka Karongi baganiriye ku iterambere ry’Umujyi wabo, bungurana ibitekerezo ku buryo bagiye gukora no kubyaza umusaruro ibikorwa birimo ubukerarugendo bushingiye ku kiyaga cya Kivu, no kubaka ibyumba by’amahoteri byajya byakira abatemberera muri ibyo bice ku bwinshi.
Umugore witwa Tumushime Pélagie yishyikirije Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB Station ya Cyanika ayibwira ko yishe umwana we w’umukobwa amukase ijosi.
Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka atazongera kwiyamamaza mu ya 2028.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Ishingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène akangurira abarimu kwigisha amateka yaranze u Rwanda batayaca hejuru, kuko bizarinda abana kuyoba, ahubwo bakurane amakuru ahagije kandi y’ukuri ku Rwanda.
Perezida William Ruto, yasuye Abapolisi 400 ba Kenya bari muri Haiti, avuga ko hari n’abandi 600 bitegura koherezwa muri icyo guhugu mu byumweru bikeya biri imbere.