Ikipe ya APR FC yahishuye ibanga nyamakuru ryatumye imara iminsi 24 ya shampiyona itaratsindwa umukino n’umwe, n’ubu ikaba ari yo iyoboye urutonde rwa shampiyona.
Imvura nke ivanze n’umuyaga wa serwakira yasenye inzu 17 zari zituwemo n’abaturage mu Kagari ka Buringo, Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu.
Umuryango Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (Ibuka), urasaba Abanyarwanda gukurikiza amabwiriza ya Leta yo kwirinda mu gihe igihugu kiri hafi kwinjira mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 26, bizatangira ku itariki ya 07 Mata.
Nyuma y’uko hasohotse amabwiriza ya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda asaba abantu bose kuguma mu ngo, hagasohoka abafite imirimo ifitiye abantu benshi akamaro, mu mujyi i Huye abacuruza ibiribwa bemerewe gukora kugeza saa cyenda.
Inama ihuriweho n’abakuru b’ibihugu bine yari itegerejweho kwiga ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda yabaye ihagaze, mu gihe ibihugu byagombaga kugira uruhare mu guhuza impande zombi byashyize imbaraga mu guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase arasaba Abanyarwanda kudahangayika ngo batekereze ko ibyo kurya bishobora kubura kubera icyorezo cya COVID-19.
Nshuti Peter uzwi ku izina rya Trackslayer usanzwe akora akazi ko gutunganya umuziki (Producer), yaciwe amande y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50, azira kutubahiriza amabwiriza ya Leta yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi REB gitangaza ko kigiye kwiyambaza ibitangazamakuru nka Radiyo na televiziyo kugira ngo abana batabasha kwiga mu buryo bw’iyakure bwashyizweho, na bo bakurikire amasomo.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2020 hagaragaye abandi bantu bane barwaye Coronavirus, bituma umubare w’abarwaye Coronavirus mu Rwanda ugera kuri mirongo ine (40).
Icyorezo cya COVID-19 gikomeje kwibasira Isi kidasize n’umugabane wa Afurika, aho kuri ubu kivugwa mu bihugu bisaga 30 by’uwo mugabane, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ribigaragaza.
Abakinnyi barenga 50 barasoza amasezerano bafitanye n’amakipe yabo mbere y’uko umwaka imikino usozwa, ikibazo gikomeje guhanganyikisha amwe mu makipe
Ishyirahamwe ry’Imikino Olempike ku Isi ryemeje ko imkino Olempike yagombaga kubera i Tokyo mu Buyapani hagati y’itariki 24 Kamena na 9 Kanama 2020, yimuriwe umwaka utaha kubera icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Mu gihe Abakristu Gatulika bari mu gihe cy’igisibo gitegura umunsi mukuru wa Pasika, Kiliziya Gatulika mu Rwanda yagennye uburyo abakirisitu bayo bazakurikirana misa kuri Pasika.
Umuturage witwa Hakuzimana Venuste wo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yaciwe amande y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50, nyuma yo gufatwa afunguye akabari mu gihe amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus abibuza.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’umwaka wa 2019 wazamutseho 9.4%.
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo iratangaza ko umuntu wa mbere wari urwaye indwara ya COVID-19 yamaze kuyikira.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryasabye buri gihugu na buri mujyi ku isi kutemerera abaturage gusohoka mu nzu bitewe n’ubukana iyi virusi ikomeje kugaragaza.
Umunya Cameroun N’djoke Dibango wamenyekanye ku izina rya Manu Dibango, wamenyekanye cyane mu gucuranga saxophone ndetse no kuririmba injyana ya Jazz, yapfuye muri iki gitondo cyo kuwa kabiri tariki ya 24 Werurwe 2020, azize icyorezo cya COVOD-19.
Mu gihe Abanyarwanda bakomeje gushishikarizwa kuguma mu ngo no kwirinda kujya muri gahunda zitihutirwa, hirindwa ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus, hari uduce tw’Umujyi wa Musanze turi kugaragaramo urujya n’uruza rw’abantu benshi.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa mbere tariki 23 Werurwe 2020 mu Rwanda hagaragaye abandi bantu 17 barwaye Coronavirus. Ibi byatumye umubare w’abarwaye ugera kuri mirongo itatu na batandatu (36).
Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko muri icyo gihugu habonetse abandi barwayi umunani bashya ba COVID-19, umubare w’abamaze kumenyekana bagaragayeho icyo cyorezo uhita ugera ku bantu icyenda.
Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki 23 Werurwe 2020, mu isoko ry’ibiribwa ry’Akarere ka Musanze rizwi ku izina rya Kariyeri, hagaragaye urujya n’uruza rudasanzwe rw’abantu, bamwe bemeza ko baje guhaha ibiribwa byinshi nyuma y’amakuru bumvise y’uko isoko rigiye gufungwa.
Perezida w’igihugu cya Botswana Mokgweetsi Masisi yagiye mu kato k’iminsi 14 kuva tariki ya 21 Werurwe kubera ingendo yakoreye mu gihugu kirimo COVID-19.
Benshi mu bakora ubucuruzi bakira amafaranga batangaza ko bataratangira gukoresha ikoranabuhanga mu kwirinda guhanahana amafaranga mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID 19.
Polisi mu Karere ka Muhanga yatangiye guhangana n’abarenga ku mabwiriza ya Minisitiri w’Intebe ajyanye no kwirinda icyorezo cya Coronavirus.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yatangaje ko hashingiwe ku mabwiriza ya Minisitiri w’Intebe yo gukumira icyorezo cya Coronavirus, serivisi z’ingenzi zikenerwa mu buhiniz n’ubworozi zikomeza gukora, kugira ngo uruhare rw’ibiribwa rudahungabana.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije ku cyumweru tariki 22 Werurwe 2020 yatangaje ko abantu 688 bashyizwe mu kato nyuma yo kumenya ko bahuye n’abantu 17 bari bamaze kugaragaraho indwara ya Coronavirus.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu CP John Bosco Kabera atangaza ko abantu batarimo kubahiriza uko bikwiye amabwiriza yatanzwe na Minisitiri w’Intebe yo kuguma mu rugo uretse gusohoka hari serivisi zihutirwa bakeneye batabona mu rugo.
Abantu benshi bakunda kwifashisha perisile (persil) mu gikoni, bavuga ko ituma ibyo kurya bihumura neza cyangwa se bakayishyira ku byo kurya hejuru kugira ngo bigaragare neza, ariko se akamaro kayo mu mubiri ni akahe?
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rutangaza ko kubera kwirinda icyorezo cya Coronavirus, abanyabyaha bafungwa muri iyi minsi babanza gushyirwa mu kato mu gihe cy’iminsi 14.
Abororera amafi mu byuzi biri mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko bateganya kuvugurura ubu bworozi, buheruka gushegeshwa n’imvura yaguye mu mezi ashize, ikangiza bimwe mu byuzi bororeramo, bigabanya umusaruro w’amafi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irahumuriza abarya bavuye gupagasa ndetse n’abafitanye amasezerano y’ideni n’ibigo by’ubucuruzi, kubera ingamba zafashwe hagamijwe kwirinda icyorezo cya COVID 19.
Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, Ndungutse Jean Bosco, avuga ko bagiye gutekereza ku cyo bafasha bamwe mu Banyarwanda bari batunzwe no kurya ari uko bavuye guca inshuro ariko uyu munsi bakaba batabasha kubona akazi bitewe n’ingamba nshya zo kwirinda Coronavirus.
Umunsi umwe inzoka yagiye ku ntebe nyiri urugo yakundaga kwicaraho imbeba iba yayibonye iranyaruka ibwira Rusake iti ko mbona inzoka iri ku ntebe ya databuja nahicara ntiri bumurye? Wagiye ukayirukana.
Nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 cyatumye hafatwa ingamba zikomeye zirimo no guhagarika misa n’andi materaniro mu rwego rwo kugikumira, hari amadini n’amatorero yakomeje gusaba abakirisitu gutanga amaturo y’uburyo butandukanye, ndetse hashyirwaho n’uburyo agomba gutangwamo cyane cyane hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kiranyomoza amakuru yagaragaye mu mashusho (Video) avuga ko muri Kimisagara mu Mujyi wa Kigali hari abarwayi benshi ba COVID-19.
Umusifuzi wo hagati Ngaboyisonga Patrick wasifuye umukino wa Rayon Sports na Gicumbi, yahagaritswe imikino ine adasifura kubera amakosa yamuvuzweho
Abakinnyi b’ikipe ya Mukura VS bategereje ko amezi atanu yuzura kugira ngo bahembwe imbumbe y’umushahara w’amezi atanu. Tariki ya 14 Mata 2020 ni bwo amezi atanu azaba yuzuye abakinnyi b’iyi kipe yambara umuhondo n’umukara, Mukura Victory Sports et Loisirs badahembwa.
Minisiteri y’Ubuzima iratangaza ko kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2020, hagaragaye abandi bantu babiri banduye Coronavirus, bituma umubare w’abayirwaye mu Rwanda uba 19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye gushakira icumbi abaturage babuze uburyo bwo gusubira iwabo nyuma y’icyemezo gihagarika ingendo mu gukumira icyorezo cya Coronavirus.
Ikigo cy’igihugu cyita ku Burezi (REB), cyongereye ubushobozi bwo kwigisha amasomo anyuraye hifashishijwe ikoranabuhanga rya Iyakure, mu rwego rwo gukomeza gufasha abanyeshuri muri iki gihe icyorezo cya Coronavirus cyatumye amasomo ahagarara.
Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gufata ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus mu gihugu, Urugaga rw’Amasendika y’Abakozi mu Rwanda (CESTRAR) rurashima ubwitange bukomeje kuranga abakora muri serivise z’ubuzima, ibizeza ubufasha mu kazi kadasanzwe barimo muri iyi minsi isi yugarijwe n’icyorezo cya (…)
Nyuma y’uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bitangaje amabwiriza mashya agomba gukurikizwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, ubuzima busanzwe mu Mujyi wa Muhanga bwakomeje ari nako ingamba zikomeza gukazwa hagati y’abacuruzi, abayobozi, inzego z’umutekano n’abaturage.
Abanyarwanda babiri Mugiraneza Jean Baptiste Migi na Meddie Kagere, bamenyeshejwe ko batazemererwa kongera kwinjira muri Tanzania kubera icyorezo cya Coronavirus
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yongeye kwibutsa abacuruzi ko ntawemerewe kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa, byaba ibikorerwa mu Rwanda cyangwa ibituruka hanze y’igihugu.
Nyuma y’imyaka ibiri inka z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) zitonera abaturiye urwuri zirimo i Songa mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, hagati y’itariki ya 7 n’iya 9 Werurwe 2020 zongeye kubonera.