Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemeje ko Paul Rusesabagina uregwa kurema no gutera inkunga umutwe wa MRCD-FLN akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakurikiranye imikino ya ½ ya shampiyona Basketball, imikino iri kubera muri Kigali Arena
Hagendewe ku ngengabihe nshya ya FIFA igaragaza amatarikyi no kugura ndetse no kwandikisha abakinnyi, mu Rwanda bizasozwa mu Gushyingo.
Umuhanzi Safi Madiba, yongeye kwisuganya asubira muri studio akora indirimbo yise ‘Sound’, nyuma yo kugira ibibazo by’urushako byatumye aba nk’uhagarika imishinga ye y’umuziki.
Vitiligo cyangwa se indwara y’ibibara nk’uko Abanyarwanda bayita ni indwara ifata uruhu, igatuma rutakaza ibara ryarwo risanzwe, ikarangwa n’amabara y’umweru aza ku ruhu.
Mu gihe raporo y’Intara y’Amajyaruguru igaragaza ko ibiza by’imvura muri 2020 byasenyeye imiryango 4,849, ubuyobozi bwashyizeho ingamba zo gukangurira abaturage kuzirika ibisenge by’inzu zabo, mu rwego rwo kwirinda ko ibiza byabasenyera.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko bari gushaka uko inganda zahoze mu Karere ka Huye zafunze imiryango zakongera gukora, kugira ngo zongere gutanga akazi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza, bavuga ko batajya barya imbuto kuko byabagoraga kubona ingemwe z’ibiti by’imbuto ziribwa ngo batere, none icyo kibazo ngo kikaba kigiye gukemuka kuko hari umushinga ugiye kubaha ingemwe.
Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yujuje imyaka 63 y’amavuko.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020 rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange.
Ikigo gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), cyohereje abakozi mu turere twose gutangira igerageza ryo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 5 bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi kandi hakaba hakize abandi bantu 5 bari barwaye.
Ikigo cya Hyundai Motor Company gicuruza imodoka cyahaye Leta y’u Rwanda ibikoresho byo kwifashisha mu kwirinda no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Abazayobora ikipe ya Rayon Sports mu minsi iri imbere, biteganyijwe ko bazamenyekana mu nteko rusange dusanzwe izaba kuri uyu wa Gatandatu.
Polisi y’u Rwanda yeretse abanyamakuru abantu batatu barimo umucuruzi wafatiwe mu cyuho acuruza magendu ziganjemo amavuta yo kwisiga arimo na ‘mugorogo’ zaciwe n’amasabune, byose bifite agaciro ka miliyoni nye z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage batuye mu Mirenge yegereye Pariki y’Ibirunga mu Turere twa Rubavu na Nyabihu, bavuga ko babangamiwe no kutagira amazi meza, ndetse bamwe bakavuga ko amazi meza ari umugani cyangwa inkuru bumva batizeye ko azabageraho.
Umuraperi Uwimana Francis wamenyekanye nka Fireman avuga ko kuba umuntu uzwi bituma ikintu kibi akoze kigaragara nabi cyane kurusha abandi, akavuga ko yiteguye gutanga ibishoboka byose ngo abeho ubuzima busanzwe adafatwa nk’icyamamare.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Richard Gasana, avuga ko mu mezi arindwi gusa mu gihe cyo kwirinda COVID-19, abana 46 ari bo bamaze kumenyekana basambanyijwe.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko guhuza amabwiriza n’imigenzereze mu kwimakaza ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ku mugabane wa Afurika ari byo bizafasha kwihutisha no kunoza imikoranire hashyirwa mu bikorwa isoko rusange rya Afurika.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibibazo by’ingendo bigiye kwigwaho bigakemurwa. Yabitangaje kuri uyu wa 22 Ukwakira 2020 ubwo yakiraga indahiro y’abasenateri 6 barahiriye imirimo mishya nk’intumwa za rubanda muri Sena.
Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro ya Diyosezi gaturika ya Gikongoro, iya Cyangugu (mu Rwanda), iya Goma n’iya Bukavu muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ku ihohoterwa rikorerwa abagore mu karere k’ibiyaga bigari, bwagaragaje ko abagore bahishira ihohoterwa ribakorerwa.
Ni inyubako yatangiye kubakwa ku itariki 04 Werurwe 2019 ku nkunga ya LODA, aho bitegura kuyitaha mu Ugushyingo 2020, ikazuzura itwaye miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimiye Abasenateri barahiriye kuzuza neza inshingano zabo, abifuriza imirimo myiza bemeye gukorera igihugu.
Leta y’u Rwanda ibicishije mu Kigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije (REMA), igiye gutangiza umushinga wo gutera amashyamba no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu gice cy’Amayaga, uzatwara agera kuri miliyari 31 na Miliyoni 900 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Kuva kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukwakira 2020, kugeza ku wa 23 Ukwakira 2020, mu Rwanda hatangiye igerageza ryo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe byavuguruwe, aho byavuye kuri 4 bikaba 5, ndetse n’ibiranga ibyiciro bikaba byaravuguruwe.
Amakipe ya Gicumbi na Heroes aheruka gusubizwa mu cyiciroc ya kabiri, yandikiye RGB ngo ibarenganure, igaragaza ibyo FERWAFA yaba ikora bitubahirije amategeko
Umunsi wa kane wa shampiyona ya BK Basketball National League wakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukwakira 2020 muri Kigali Arena, wasize amakipe ane azakina imikino ya 1/2 amenyekanye.
Umushinga wo kubaka inzu zigezweho i Kinyinya (The Kinyinya Park Estate Project) ugizwe n’inzu zigera ku 10,000 biteganyijwe ko zizuzura mu myaka ine iri imbere zikazaturwamo n’Abanyarwanda 50,000 ndetse zikazatanga akazi ku barenga 40,000 mu gihe cyo kubakwa.
Ikigo cyitwa ‘Rafiki’ giherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, cyatangiye kwigisha guhera tariki 19 Ukwakira 2020, kuko cyo ari ikigo mpuzamahanga kitagendera kuri porogaramu y’urwego rushinzwe Uburezi mu Rwanda (REB).
Nyuma y’uko mu minsi ishize hatangajwe ingengabihe y’isubukurwa ry’amasomo, ubu noneho Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yashyize ahagaragara gahunda y’ingendo zo gusubira ku ishuri ku banyeshuri biga bacumbikirwa.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu 16 bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi kandi hakaba hakize umuntu umwe mu bari barwaye.
Hashingiwe ku byemezo by’inama Minisitiri w’Intebe yagiranye n’inzego zitandukanye, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ruramenyesha Abaturarwanda bose ko ibiciro by’ingendo rusange byari byashyizweho tariki 14/10/2020 byahagaritswe mu gihe hagisuzumwa uko ubukungu bugenda bwisuganya muri ibi bihe bya #COVID-19.
Niba utuye i Kigali byagutangaza kumva ko umuceri n’ibishyimbo (cyangwa irindi funguro) bisigara ku isahani iyo urangije gufungura, bikusanyirizwa i Nduba buri munsi bikarenga toni 200, ni ukuvuga ibiro ibihumbi magana abiri (200,000kg).
Mu gihe u Rwanda rwitegura gufungura amashuri, rurashimirwa n’ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO), kubera uko rwitwaye mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abaturage ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, inkangu yangije umuhanda ahitwa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bityo umuhanda Kigali- Karongi-Nyamasheke- Rusizi ukaba utari nyabagendwa.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu rwegereje abaturage bo mu Murenge wa Karago amazi meza, batandukana no kuvoma umugezi wa Nyamukongoro bamwe banenga ko ushyirwamo umwanda.
Umuhanzi wa hip hop Amag The Black, yagaragaje kutishimira abahanzi baharaye umuco wo kuririmba indirimbo yita ko zishishikariza abantu kwishora mu ngenso z’ubusambanyi, akavuga ko abahanzi bahisemo inzira yo koreka urubyiruko.
Mu gihe Leta yashyizeho gahunda ya Girinka mu rwego rwo kuvana abaturage mu bukene, ubu umubare munini w’Abanyarwanda ukaba utunze inka, hari abagorwa no gusobanukirwa ubwoko bw’inka batunze bikaba byadindiza umusaruro zitanga bitewe no kudahabwa ibyo zikeneye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge bishingira ku bakiri bato bigenda bigaragara hamwe na hamwe muri aka akarere, bikwiye gushyigikirwa kuko bitanga icyizere ku bihe biri imbere.
Urukiko Rukuru rw’i Nyanza ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira 2020 ntirwaburanishije urubanza rw’ubujurire rwa Musabyuwera Madeleine n’umuhungu we Kayihura Cassien, bari barakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye igifungo cya burundu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cya muri Jenoside.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 21 Ukwakira 2020, mu Mudugudu wa Nyagatare ya kabiri Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, ku nkengero z’umugezi w’Umuvumba hagaragaye ingona.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko rwafunze Ntitenguha Arnaud, ukurikiranyweho gukoresha inyandiko mpibano akiba amabati afite agaciro ka 29,000,000 Rwf mu ruganda rwitwa TEMBO, ruherereye i Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irashishikariza abaturage kwitabira ubworozi bw’inkoko zo mu bwoko bwa SASO, nibura buri muryango ukagira inkoko eshanu mu rwego rwo kurwanya imirire mibi hagamijwe iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo Gasana Richard, arizeza imiryango yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyabikiri wiswe ‘Yerusalemu’ itarabona ubutaka bwo guhingaho ko mu minsi ya vuba baza kububona kuko bwamaze kuboneka.
Mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira 2020, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu bane bakurikiranyweho gukora impushya z’impimbano zo gutwara ibinyabiziga. Abafashwe ni Bora Adam w’imyaka 25, Kalinijabo Francois w’imyaka 36, Murenzi Hamdun w’imyaka 45 na Uzamukunda Philomene ufite imyaka 45 (uyu yiyitaga (…)
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ukwakira 2020, mu Rwanda habonetse abantu bane bashya banduye COVID-19, kuri uyu munsi kandi hakaba mu bari barwaye ntawakize.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko byakiriye ibibazo by’abaturage birebana n’izamuka ry’ibiciro byo gutwara abantu.
Mu gihe abamotari bakorera mu Karere ka Musanze bakomeje kugaragaza impungenge z’uburyo umutungo wabo ucunzwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA) cyamaze kuvumbura ko hari umuyobozi wa koperative yabo wanyereje amafaranga asaga miliyoni ebyiri.