Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Imran Khan, yavuze ko Guverinoma z’ibihugu by’i Burayi zagombye gushyira mu gatebo kamwe abantu batuka Mohamed n’abapfobya Jenoside y’Abayahudi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Musanze FC, bwemeza ko budatewe ubwoba no kuba bari mu itsinda rikomeye bise iry’urupfu, aho ngo biteguye kuzasoza amajonjora mu matsinda bayoboye iryo tsinda rigizwe na Police FC, As Kigali, Musanze na Etincelles.
Mujyanama Claude uzwi nka TMC wahoze muri Dream Boys, yasohoye indirimbo yise ‘Uwantwaye’ ivuga ku rukundo, ariko akemeza ko bitazamubuza gukora indirimbo zo guhimbaza Imana ndetse ko atasubiye mu byaha.
Ubundi kubira icyuya ni ibintu karemano bituma umubiri usohora imyanda, ariko umunuko w’ibyo byuya hari ubwo ubangama cyane ukaba wanatuma umuntu adakunda kujya mu bandi, iyo azi ko agira ibyuya binuka. Nyamara hari uburyo bw’umwimerere bwo kurwanya uwo munuko, bidasabye gukoresha imibavu ya kizungu yabugenewe (deodorants).
Ikigo cy’igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko mu Ntara y’Amajyepfo imibare y’abandura Covid-19 igize iminsi izamuka cyane, ku buryo iyo Ntara ubu yihariye 85% by’ubwandu bwose buri mu Rwanda.
Perezida wa Tanzania yasabye Abadepite mu Nteko shinga Amategeko kurekera aho guta umwanya bamugereranya na nyakwigendera John Pombe Magufuli yasimbuye.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yayoboye Inama Idasanzwe y’Abaminisitiri kuri uyu wa Mbere tariki 19 Mata 2021, hasuzumwa raporo u Rwanda rwakorewe n’impuguke zitandukanye ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya Patriots BBC nticyitabiriye irushanwa ritegura shampiyona 9BK Preseason tournament 2020/2021, kubera ko izitabira imikino ya Basketball Africa League (BAL) izabera mu Rwanda muri Gicurasi 2021.
Uwamurera Aline w’imyaka 30 y’amavuko yitabye Imana, barumuna be babiri bari mu bitaro ku kigo nderabuzima cya Muhura bikekwa ko byaturutse ku gahinda batewe no kubura nyirakuru wabareze.
Abantu 11 bapfuye bazize impanuka ya gari ya moshi abandi bagera ku 100 barakomereka, iyo mpanuka ikaba yabaye ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, ibera mu Majyaruguru y’Umurwa mukuru wa Misiri ari wo Cairo, nk’uko bitangazwa n’abayobozi bo muri icyo gihugu.
Igice kimwe cy’ibyavuye mu matora by’agateganyo,mu matora yabaye tariki 11 Mata 2021, bigaragaraza ko Idriss Deby ashobora kuguma ku butegetsi amazeho imyaka 30, mu gihe ibihugu nka Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bwongereza byatangiye kuburira abakozi babyo ko hashobora kuba imvururu mu Murwa mukuru wa Chad, Ndjamena.
Abaturage batuye mu Murenge wa Niboye wo mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, barishimira ko nyuma yo gucengerwa n’ubumwe n’ubwiyunge, bakimika ibibahuza kuruta ibibatanya, bamaze gufatanya kugeza umurenge wabo ku bikorwa by’iterambere bifatika.
Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 16 Mata 2021 yafashe uwitwa Rwagasore Jean Paul w’imyaka 34 na bagenzi be aribo Uwihoreye Eric w’imyaka 32 na Nsanzabera Daniel w’imyaka 44. Bicyekwa ko aba babiri bafatanyaga na Rwagasore mu bikorwa by’ubujura, bafatiwe mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.
Umunyezamu Kwizera Olivier wa Rayon Sports, yatangiranye imyitozo na bagenzi be mu Nzove, aho iyi kipe imaze icyumweru ikorera imyitozo
Abantu 62 bavuye mu Karere ka Rubavu na Nyabihu bafatiwe mu Murenge wa Bigogwe basengera ku rutare mu bwihisho. Abafashwe bari bayobowe na Pasiteri Samvura Claude w’imyaka 34, uturuka mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu.
Ikipe ya Leicester City yanditse amateka nyuma y’imyaka 52 igera ku mukino wa nyuma wa FA Cup, nyuma yo gutsinda ikipe ya Southampton mu mukino wa kimwe cya Kabiri aho izahura na Chelsea FC ku mukino wa nyuma.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 18 Mata 2021, mu Rwanda abantu batatu bishwe na Covid-19. Abayikize ni 159 bituma umubare w’abamaze gukira bose hamwe baba 22,241. Abanduye bashya ni 22, abakirwaye bose hamwe ari 1,322.
Ikipe ya REG VC yatsinzwe na Swehly yo muri Libya amaseti atatu kuri imwe mu gihe APR VC yatsinzwe na KPA yo muri Kenya amaseti atatu kuri abiri mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAVB Men’s Club Championship) irimo kubera muri Tuniziya
Abenshi mu bamenye amateka yaranze icyahoze ari Komini Kinigi, bahafata nk’ahantu hadasanzwe mu kubiba ingengabitekerezo ya Jenoside, aho bemeza ko ariho habereye igeragezwa rya Jenoside mu gihugu ndetse Umututsi wa mbere akicwa n’abagore ku itariki ya 26 Mutarama 1991, bamwicishije amabuye.
Leta ya Zimbabwe yafashe icyemezo cyo kurekura imfungwa 3,000 ndetse zimwe zikaba zaratashye ku wa Gatandatu tariki 17 Mata 2021, bikaba biri muri gahunda yo kugabanya ubwandu bwa Covid-19 mu magereza y’icyo gihugu kuko harimo ubucucike.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, arasaba aborozi n’abavuzi b’amatungo kurushaho kuvugurura amatungo hagamijwe kugera ku mukamo mwinshi, cyane ko bagiye kubona uruganda ruzakenera amata menshi.
Hari ibintu bitandukanye abahanga mu by’ubuzima bavuga ko bigira akamaro mu gutuma uruhu, cyane cyane urwo mu maso ruba rwiza. Muri ibyo bavuga bifasha uruhu kumererwa neza harimo imbuto nk’amapapayi, imboga cyane cyane inyanya n’ibindi bimera bitandukanye, ariko hari n’ibindi biribwa bifasha uruhu kugira ubuzima bwiza nk’amafi.
Alyn Sano ni we Munyarwandakazi ugeze mu cyciro cya semi finale (muri kimwe cya kabiri) mu marushanwa yo kuririmba ya The Voice, akaba asaba Abanyarwanda kumutora kugira ngo abe yakwegukana iryo rushanwa.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Amb. Claver Gatete, yasabye kompanyi za Fair Construction na Chico kwihutisha ikorwa ry’imihanda batsindiye kuko abaturage bayikeneye.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, avuga ko guturana n’Umujyi byongera ibikorwa by’ubujura mu Karere ka Rwamagana, by’umwihariko imirenge bihana imbibe, ariko inzego zitandukanye zikaba zabijeje umutekano na bo babigizemo uruhare.
Ibitaro bivura abarwayi bo mu mutwe bya Caraes Ndera byibutse Abatutsi babarirwa mu bihumbi bahiciwe mu 1994, barimo abari bahahungiye ndetse n’abarwayi bari bahacumbikiwe.
Igikomangoma Philip witabye Imana ku ya 9 Mata 2021 ku myaka 99, yasezeweho bwa nyuma kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata 2021 ari nabwo yashyinguwe, akaba yari umugabo w’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Gtandatu tariki 17 Mata 2021, mu Rwanda habonetse abantu 54 bashya banduye Covid-19, buzuza umubare w’abamaze kuyandura bose hamwe wa 23,866. Abakize icyo cyorezo kuri uwo munsi ni 67, abakirimo kuvurwa ni 1,462.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi JMV, yayoboye inama ya nyuma asezera ku nshingano yari afite zo kuyobora FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, atanga impanuro zagenderwaho kugira ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi ukomeze kuzamura iterambere ryawo muri iyo Ntara.
Abaturiye urugomero rwa Mukungwa ruherereye mu Mudugudu wa Mukungwa, Akagari ka Kabirizi Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, bafite ibyishimo batewe no kuba bahawe umuriro w’amashanyarazi bari bamaze igihe bifuza.
Abarokotse Jenoside batuye mu Mudugudu wa Shuni uherereye mu Kagari ka Nyakagezi mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko muri bo hari abiyandikishijeho amasambu y’imfubyi none kuyabandikaho bikaba byarabananiye kuko bisaba amafaranga menshi.
Martin Vizcarra wahoze ari Perezida wa Peru yahagaritswe mu kazi ka Leta mu gihe cy’imyaka 10, ashinjwa ko yarenze umurongo wari uteganyijwe wo guhabwa inkingo za Covid-19.
Nyuma yo kwegura kwa Amb. Munyabagisha Valens wayoboraga Komite Olempike, amatora y’uzamusimbura yashyizwe mu ntangiriro za Gicurasi 2021.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko kuva saa kumi n’ebyiri z’igitondo (6:00) cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mata 2021 kuzagera mu ijoro ryo ku wa mbere tariki 19 Mata 2021 (saa sita z’igicuku), mu turere tumwe tw’u Rwanda hateganijwe umuyaga ushobora kwangiza imitungo y’abantu.
Ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo kuri uyu wa Gatanu ku kibuga cya Shyorongi aho isanzwe initoreza, mu rwego rwo gutegura shampiyona izatangira tariki 01/05/2021
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifite icyizere cy’uko ibyumba by’amashuri byubakwa mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi bitangira kwakira abana muri Nzeri uyu mwaka, ibyo bikazagabanya ubucucike mu mashuri binafasha abana bajyaga biga bakoze ingendo ndende.
Kaminuza ya Cambridge yo mu Bwongereza yokejwe igitutu gikomeye cyo guhagarika umuhakanyi wa Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 Judi Rever mu itsinda ryashyizweho kugira ngo baganire ku bibazo byo mu karere k’ibiyaga bigari.
Mu ndirimbo za Mariya Yohana, Umuhanzi w’Umunyarwakazi uririmba indirimbo zitandukanye harimo izikoreshwa mu gihe cyo Kwibuka abazize Jenoside, hari indirimbo imwe irimo amagambo agira ati “Ndacyabunamiye sindata igiti”.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) gitangaza ko ubukungu bw’ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara n’u Rwanda rurimo, bufite amahirwe yo kuzahuka muri 2021 n’ubwo bukomeje gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya COVID-19, icyo kigega kigatanga inama yo gushakira iki gice cy’umugabane w’Afurika inkingo za Covid-19 (…)
Isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro rigiye kuba ku nshuro ya 16, rizakinwa mu buryo budasanzwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus
Padiri Marcel Hitayezu uba mu Bufaransa yatawe muri yombi acyekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyoko muntu mu Rwanda muri Mata 1994.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Munyenyezi Beatrice woherejwe mu Rwanda tariki ya 15 Mata 2021 akuwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kurangiza igihano cy’imyaka 10 yari yarakatiwe n’urukiko rwasanze yarabeshye ko nta ruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yihanganishije umuryango w’umwana w’umukobwa w’amezi 5 witabye Imana mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko kwiyandikisha gukorera uruhushya rw’agateganyo n’urwa burundu rwo gutwara ibinyabiziga bisubukurwa ku wa Mbere tariki ya 19 Mata 2021.