Abitabiriye umuganda rusange mu mpera z’icyumweru gishize ku rwego rw’akarere ka Nyagatare bawukoreye mu Murenge wa Rukomo, basiza ikibanza kizubakwamo ibiro by’Akagari ka Gashenyi. Mu bitabiriye uyu muganda harimo Urubyiruko rw’Inkomezabigwi ruri ku rugerero, abaturage b’Umurenge wa Rukomo ndetse n’Abadepite.
Icyamamare muri sinema, Will Smith, yakubise urushyi mu ruhame umunyarwenya Chris Rock amusanze ku rubyiniro, ubwo yari amaze gutebya ku mugore we Jada Pinkett Smith, bari mu muhango wo gutanga ibihembo bya filime byiswe Oscars, byatangagwa ku nshuro ya 94.
Itsinda ry’abashoramari 30 baturutse mu Bubiligi bari mu Rwanda, mu rwego rwo kureba amahirwe ahari y’ishoramari, gushyiraho ubufatanye mu Rwanda ndetse no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Usta Kayitesi, avuga ko imikoranire ikiri hasi hagati y’Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) ndetse n’Uturere, bidindiza igenamigambi ry’izo nzego, n’ibibazo by’ingutu byugarije abaturage ntibibonerwe igisubizo kirambye.
Umuryango w’abanyeshuri biga ubuganga mu Rwanda (MEDSAR) urishimira ko mu myaka 25 umaze ushinzwe wagize uruhare mu kwigisha abaturarwanda uko bakwiye kwita ku buzima bwabo kugira ngo birinde indwara zitandukanye.
Abaganga bashinzwe kuvura indwara zo mu kanwa mu Rwanda, bavuga ko zibasiye abaturage bitewe ahanini no kutoza mu kanwa cyane cyane igihe bagiye kuryama.
Kidamage Jean Pierre ukora ubuhinzi bw’amasaro na Sezame mu Karere ka Nyagatare, yitabiriye YouthConnekt Rwanda-DRC, atsindira igihembo cya mbere mu Rwanda, ahembwa ibihumbi 10 by’Amadolari ya Amerika, ngo akazamufasha kwagura umushinga we.
Umuganda wo ku itariki 26 Werurwe 2022, abatuye mu Murenge wa Rwamiko mu Karere ka Gicumbi bishimiye ko bakoze umuhanda wari wararenzwe n’ibigunda, bikadindiza imigenderanire n’imihahiranire hagati y’imirenge, nyuma y’uko Covid-19 ihagaritse gahunda y’umuganda mu gihugu.
Nyampinga Uwimana Jeannette avuga ko ntawe azahatira kujya mu marushanwa yo gushaka umukobwa uhiga abandi, amarushanwa azwi nka Miss Rwanda. Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) uherutse gushimira Nyampinga Uwimana Jeannette ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga uherutse kwegukana igihembo (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 27 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, akaba yabonetse mu bipimo 7,798. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe (…)
Ku mugoroba wo ku itariki 26 Werurwe 2022, mu Kagari ka Kivugiza mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze, umugore yasanze umurambo w’umugabo we witwa Uwiringiyimana Christian w’imyaka 33 umanitse mu mugozi mu cyumba bararamo, bitera benshi urujijo.
Muri Mutarama uyu mwaka mbere y’uko umwaka w’imikino 2022-2023 utangira mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda, nibwo abanyamuryango b’iri shyirahamwe bamenyeshejwe ko batazakomezanya n’uwari umuterankunga wabo ari we Banki ya Kigali (BK) bari bamaranye imyaka itatu dore ko batangiye gukorana mu Gushyingo 2018.
Umuyobozi w’Umuryango nyarwanda w’Abantu bafite Ubumuga bwo kutumva no kutavuga, Samuel Munana, ashima intambwe u Rwanda rumaze gutera muri gahunda idaheza abantu bafite ubumuga. Icyakora agaragaza ko abantu bazi ururimi rw’amarenga ari bake, ku buryo abafite ubumuga bibagora kubona serivisi zimwe na zimwe kuko aho bajya (…)
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yakoranye umuganda n’abaturage bo mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, baboneraho n’umwanya wo kumugezaho ibibazo bitakemuwe n’inzego z’ibanze.
Rutahizamu Musa Esnu usanzwe ukinira ikipe ya Rayon Sports, ntiyagaragaye mu mukino wa gcuti wahuje Rayon Sports na AS Muhanga.
Hirya no hino mpora numva Abanyarwanda baba abakuru cyangwa abato bibutsa abandi ko batinze gushaka umugabo cyangwa umugore, bikantera kwibaza niba ari byo bintu byihutirwa kurusha ibindi, ku buryo bagera n’aho kubyibutsa umuntu.
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, aherekejwe n’umugore we, bagiriye uruzinduko i Vatican, bakirwa na Papa Francis ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Marie Vianey Gatabazi, arasaba abaturiye inkengero z’umugezi wa Nyabarongo, gukomeza kuwubungabunga kuko uriho ibikorwa remezo bituma imibereho y’abaturage itera imbere.
Umujyi wa Kigali ufatanyije na Sendika y’abafundi, ababaji n’abanyabukorikori (STECOMA) biyemeje kunoza imyubakire n’imiturire muri Kigali, mu rwego rwo guca imyubakire y’akajagari ikunze guteza ibibazo n’ibihombo.
Ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 muri Kigali Arena habereye umukino wa Basketball w’ishiraniro hagati y’amakipe ahora ahanganye mu Rwanda, urangira REG BBC iri mu marushanwa nyafurika y’umukino wa Basketball (BAL 2022) itsinzwe na Patriots amanota 70 kuri 63.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 2, bakaba babonetse mu bipimo 10,633.
Mu rwego rwo gusoza icyumweru cyahariwe amashyamba, Ikigo gishinzwe Amashyamba mu Rwanda (RFA), ku bufatanye n’Umuryango mpuzamahanga wita ku bidukikije (IUCN), mu turere twa Kirehe na Nyagatare, binyuze mu mushinga wo kubungabunga ibyogogo ukorera muri utwo turere (AREECA), hatewe ibiti 1500 bivangwa n’imyaka mu rwego rwo (…)
Abaturage bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Musanze, bifatanyije n’ubuyobozi mu nzego zinyuranye, mu gikorwa cy’umuganda, wabaye ku wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022.
Ikipe ya Rayon Sports itaherukaga intsinzi yatsinze AS Muhanga ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Muhanga
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryashyikirije impamyabumenyi zo gutoza abatoza 17 bakoze amahugurwa mu mpera z’umwaka ushize.
Abasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu Mudugudu w’Uwanyakanyeri ho mu Kagari ka Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, barishimira inzu batujwemo kuko ngo ari nziza, icyakora ngo zatangiye gusenyuka nyamara nta gihe kirekire zimaze zubatswe.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri, ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Werurwe 2022, ubwo yakirwaga na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi w’iki gihugu, mu ngoro ya Al-Ittihadiya.
Abagizweho ingaruka n’ibitero byagabwe n’imitwe y’iterabwoba ya MRCD na FLN, yari iyobowe na Paul Rusesabagina, basabye Amerika, u Bubiligi n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), guha agaciro ibibazo bahuye na byo.
Ikipe ya Etincelles FC yahagaritse uwari umutoza wayo mukuru Bizimana Abdou uzwi nka Bekeni kubera umusaruro muke. Ibi ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC bwabinyujije mu ibaruwa bwandikiye uyu mutoza ku wa Gatanu tariki 25 Werurwe 2022 bumumenyesha ko ahagaritswe gutoza iyi kipe mu mikino umunani ya shampiyona yose (…)
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko muri Politiki nshya igenga umwuga w’itangazamakuru hazagenwa uburyo ryahabwa ubushobozi bwaba ubuturutse muri Leta cyangwa mu bafatanyabikorwa. Ibi ngo bizarifasha kurushaho kugira uruhare mu gutanga umusanzu waryo mu kubaka Igihugu, kuko rizaba ribonye ubushobozi (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean-Marie Vianney Gatabazi yavuze ko umuganda rusange wo kuri uyu wa 26 Werurwe 2022 ugamije ahanini kurwanya isuri, ariko ko aho bishoboka abaturage bakingirwa Covid-19.
Madamu Jeannette Kagame yashimye ubupfura bwaranze abari impunzi bize mu ishuri ryitiriwe Mutagatifu Albert (Collège Saint Albert) ry’i Bujumbura mu Burundi. Ibi Madamu Jeannette Kagame yabitangaje ku wa 25 Werurwe 2022 mu muhango wo kumurika igitabo ‘Le Collège St Albert de Bujumbura’ gifatwa nk’ikimenyetso cyo gushyira (…)
Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Misiri, bikaba biteganyijwe ko agirana ibiganiro na Perezida wa Misiri, Abdel Fattah el-Sisi.
Ubuyobozi bw’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe bwashyikirije inkunga y’amafaranga angana na miliyoni 129 n’ibihumbi 700 amakoperative 30 agizwe n’abagore 1297 bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Ubushake, imbaraga, ubushobozi, ukudacogora byaranze ba Ofisiye bato 39 bamaze amezi atanu bakarishya ubumenyi mu ishuri rikuru rya Gisirikare riherereye i Musanze, ngo ni ibigaragaza icyizere mu cyerekezo cy’Ingabo z’u Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, avuga ko gufatira ifunguro ku ishuri bigenda bifata umurongo mwiza, kuko mu mashuri yisumbuye ababyeyi 74% bishyura amafaranga y’ifunguro mu gihe mu yabanza 47% aribo bishyura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza burasaba abafatanyabikorwa mu iterambere, kwitabira n’ibikorwa by’ubukerarugendo bushingiye ku muco, nk’akarere gafite amateka yihariye y’umuco Nyarawanda.
Urujeni Mertine amaze gutorerwa kuba Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali, ushinzwe Ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa serivisi ishinzwe kwegereza ubutabera abaturage muri Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST).
Nyuma y’uko ikipe ya Gisagara Volleyball Club imaze kuba ubukombe muri Volleyball nyarwanda, Akarere ka Gisagara kagiye kumurika amakipe y’abato y’uyu mukino mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umukino wa Volleyball mu Rwanda by’umwihariko impano ziri muri aka Karere ka Gisagara.
Abakora mu rwego rw’ubuzima baravuga ko mu gihe imishahara wabo yanyuzwa muri Muganga Sacco, byabafasha kurushaho kwiteza imbere kuko byatuma abanyamuryango barushaho kugirirwa icyizere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko umushinga wa American Corner, uhuriweho na Ambasade ya Amerika na Kaminuza ya UTB, wafashije abakora mu bukerarugendo n’uburezi kunoza akazi kabo, binyuze mu kwiga indimi.
Mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’ ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije ( REMA) tariki 24 Werurwe 2022 batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ihumana ry’ikirere riterwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri Peterori.
Abagore bo mu Murenge wa Musange mu Karere ka Nyamagabe bibumbiye mu matsinda yo kubitsa no kugurizanya, bavuga ko yabafashije kuva mu bukene bukabije.
Umuryango mpuzamahanga w’Abagiraneza bibumbiye mu matsinda hirya no hino ku Isi, Rotary Club, wavuze ko wifuza ko abafite akazi bose mu Rwanda bawinjiramo kugira ngo bahabwe inshingano zo kwita ku bakeneye ubufasha hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 24 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 12, bakaba babonetse mu bipimo 7,755. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo munsi azize icyo cyorezo, abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19, ni 1,459 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 25 Werurwe 2022 mu Rwanda habonetse umuntu umwe wanduye Covid-19, akaba yabonetse mu bipimo 10,481.
Ambasaderi w’u Bubiligi mu Rwanda Bert Versmessen na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille, ku wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Musanze, gufungura ku mugaragaro Agakiriro ka Musanze, kuzuye gatwaye Miliyari 1 na Miliyoni 100 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ku wa Gatatu tariki 23 Werurwe 2022, nibwo Ikigo cy’u Rwanda cy’Isoko ry’imari n’imigabane (RSE), cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’icya Luxembourg, umuhango wabereye mu Bubiligi.
Perezida Kagame, ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, ubwo yari yitabiriye inama ya gahunda ya Aqaba kuri Afurika y’Iburasirazuba yayobowe n’umwami Abdullah II wa Jordanie. Aho yibanze ku mbogamizi z’umutekano mu gushakira hamwe ibisubizo bishya.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Werurwe 2022, Polisi ikorera mu Karere ka Rutsiro yateguye igikorwa cyo gusobanurira abanyeshuri bahagarariye abandi bo muri Bumba TVET School, ibijyanye n’uburyo umunyamaguru akoresha umuhanda, ndetse n’uko akwiye kwitwara kugira ngo ataba intandaro y’impanuka.