Abaganga bo mu Bwongereza bavumbuye urukingo rwa Coronavirus y’ejo hazaza

Abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Cambridge mu Bwongereza batangaje ko bakoze urukingo rushya rwifashishije ubwenge buhangano (AI), bavuga ko rushobora kurinda abantu ubwoko bwinshi bwa virusi zo mu muryango wa Coronavirus ndetse n’izishobora guteza ibyorezo mu gihe kiri imbere.

Mu cyegeranyo basohoye kuri uyu wa Kane, aba bashakashatsi bavuga ko iri koranabuhanga rifatwa nk’intambwe nshya mu bushakashatsi bw’inkingo, kuko ari bwo bwa mbere AI yakoreshejwe mu gukora igice cy’ingenzi cy’urukingo mbere yo kugeragerezwa ku bantu.

Aba bahanga bavuga ko icyo uru rukingo rwateguriwe kurinda abantu atari Covid-19 gusa n’ubwoko bwayo bwahindaguritse, ahubwo n’izindi coronavirus ziboneka mu nyamaswa zishobora kuzahaza abantu.

Prof. Jonathan Heeney uyoboye ubu bushakashatsi yavuze ko intego ari “ukubanziriza ibyorezo aho kubisubiza inyuma.”

Yavuze ko AI yashoboye gusesengura amakuru y’uturandaryi twa coronavirus zitandukanye, nyuma igakora icyo bise “super-antigen”, gifasha umubiri kwiga uburyo bwo guhangana n’iyo muryango wa virusi yose n’iyo yaba yarahindutse.

Mu busanzwe, inkingo zikorerwa ku bwoko bwa virusi buriho icyo gihe, ariko coronavirus n’izindi virusi nk’iy’ibicurane zihindagurika vuba, bigatuma inkingo zihora zivugururwa.

Aba bashakashatsi rero, bavuga ko ubu buryo bushya bushobora gutuma hakorwa inkingo ziramba kandi zifite ubushobozi bwo kurinda indwara zitaranagaragara.

Igerageza rya mbere ryakorewe ku bantu 39 rigamije kureba niba uru rukingo rufite umutekano.

Nubwo ubushakashatsi bugaragaza ko ubwirinzi bw’umubiri bwiyongereye ku rugero ruciriritse, abahanga bavuga ko ibisubizo bitanga icyizere gikomeye.

Uretse coronavirus, iri tsinda ririmo no gukora ubushakashatsi ku nkingo z’igihe kirekire z’ibicurane ndetse n’iza Ebola.

Kugeza ubu bakaba bemeza ko AI ishobora guhindura cyane uburyo inkingo zikorwamo no gufasha isi kwitegura ibyorezo bishya mu buryo bwihuse.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka