Mu rubanza rw’abimukira b’u Bwongereza, u Rwanda rwerekanye ko rushobora kurengera inyungu zarwo mu ruhando mpuzamahanga
Nubwo icyemezo cyafashwe n’urukiko rw’ubukemurampaka ku masezerano y’abimukira hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza cyabujije u Rwanda kubona andi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi rwari rwiteze, uru rubanza rwagaragaje ikintu kitavuzwe cyane: ubushobozi n’ubushake bw’u Rwanda bwo kurengera inyungu zarwo binyuze mu nzira z’amategeko mpuzamahanga aho kwishingikiriza gusa ku mvugo za politiki.
Ku gihugu nk’u Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere bikunze kugaragazwa nk’umufatanyabikorwa muto mu mikoranire n’ibihugu bikomeye byo mu Burengerazuba bw’Isi, icyemezo cyo kujya mu bukemurampaka n’u Bwongereza cyagaragaje icyizere gikomeye mu rwego rw’amategeko mpuzamahanga, ibintu bidakunze kugaragara ku bihugu byinshi bikiri mu nzira y’amajyambere.
Aya makimbirane yatangiye nyuma y’uko guverinoma y’u Bwongereza yatowe mu mwaka wa 2024 ihagaritse gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda, yari yemejwe n’ubutegetsi bwayibanjirije.
Nubwo icyemezo cya politiki cyo guhagarika iyo gahunda cyafatiwe i Londres, ingaruka z’amategeko n’iz’imari zacyo zari zikomeye kandi zigoranye kurushaho.
Icyari kigamijwe muri uru rubanza nticyari gusa politiki y’abimukira, ahubwo cyari uburyo bwo gusobanura inshingano n’amasezerano hagati y’ibihugu bibiri bifite ubusugire bwabyo.
Aho kwemera gusa icyemezo cy’u Bwongereza, u Rwanda rwamaganye uburyo ayo masezerano yahagaritswe kandi rusaba ibisobanuro ku nshingano z’imari zari zikubiye muri ayo masezerano.
Ibyo byaje kugera mu rukiko rw’ubukemurampaka, aho impande zombi zatanze ibisobanuro birambuye ku birebana n’amategeko, by’umwihariko ku bijyanye n’uburyo amafaranga yari asigaye yagombaga kwishyurwa ndetse n’icyo ubutumwa bwa dipolomasi bwahererekanyijwe hagati y’ibihugu byombi bwavugaga.
Nubwo urukiko rwaje kwanzura ko u Rwanda rudafite uburenganzira bwo guhabwa andi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi rwasabaga, imigendekere y’uru rubanza yagaragaje ikintu gikomeye: u Rwanda rwashimangiye ko amasezerano mpuzamahanga agomba kugengwa n’amategeko n’inshingano zemejwe, aho guterwa n’impinduka za politiki.
Ku bashoramari n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, iri ni isomo rikomeye
Kimwe mu bibazo bikunze gutera impungenge mu bucuruzi mpuzamahanga ni ukumenya niba guverinoma zizakomeza kubahiriza amasezerano igihe ubutegetsi buhindutse. Urubanza rw’u Rwanda n’u Bwongereza rwari rudasanzwe kuko Ubwongereza bwashakaga kuva muri gahunda yari yarabaye ikimenyabose nyuma y’impinduka za politiki.
Mu kujyana ikibazo mu bukemurampaka, u Rwanda rwagaragaje ko amasezerano n’imyanzuro mpuzamahanga bidashobora guteshwa agaciro gusa kubera ko ibyihutirwa muri politiki byahindutse.
Uru rubanza rwanagaragaje ubushobozi bw’u Rwanda bugenda bwiyongera mu by’amategeko na dipolomasi.
Mu myaka irenga 20 ishize, u Rwanda rwashoye imari nyinshi mu kubaka no gukomeza inzego za leta, imiyoborere myiza ndetse no kwagura uruhare rwarwo mu bikorwa mpuzamahanga.
Gukurikirana uru rubanza byasabye amakipe y’abanyamategeko, abadipolomate n’inzobere muri politiki rusange zifite ubushobozi bwo gusobanukirwa no gukemura ibibazo bikomeye by’amategeko mpuzamahanga no gusobanura amasezerano.
Nubwo umwanzuro ku bijyanye n’imari utagejeje ku byo u Rwanda rwifuzaga byose, uru rubanza rwerekanye ko igihugu cyiteguye gukoresha inzira zemewe n’amategeko mpuzamahanga aho kwishingikiriza gusa ku gitutu cya dipolomasi.
Icyemezo cy’urukiko cyanatanze ibisobanuro by’ingenzi ku masezerano yari yarashyizweho.
Urukiko rwemeje ko u Rwanda ruzagumana amafaranga miliyoni 270 z’Amapawundi rwari rwarahawe hagati ya 2022 na 2024 binyuze mu Kigega cy’Ubukungu cyiswe Economic Transformation and Integration Fund. Impaka zari zishingiye ku yandi mafaranga miliyoni 100 z’Amapawundi u Rwanda rwavugaga ko rwari rugikwiye guhabwa nyuma y’icyemezo cy’u Bwongereza cyo guhagarika ayo masezerano.
Mu rwego rw’imari, u Rwanda ntirwavuye muri uru rubanza nta cyo rwungutse. Rwagumanye amafaranga rwari rwaramaze guhabwa, kandi umwanzuro w’urukiko watanze ibisobanuro bya nyuma ku nshingano buri ruhande rwari rufite.
Icy’ingenzi kurushaho ni uko uru rubanza rwatanze ubutumwa bugaragaza uburyo u Rwanda rubona amasezerano mpuzamahanga.
Yaba mu mikoranire n’abafatanyabikorwa mu iterambere, abashoramari b’abanyamahanga cyangwa ibigo mpuzamahanga, u Rwanda rugenda rwiyerekana nk’igihugu cyifuza ko amasezerano yubahirizwa kandi amakimbirane agakemurwa hakurikijwe inzira zemewe n’amategeko.
Iryo zina ryiza rishobora kugira uruhare rukomeye mu gukurura ishoramari, cyane cyane muri iki gihe ibihugu byinshi bya Afurika bihirimbanira gushaka imari mpuzamahanga.
Amasezerano y’abimukira hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza ashobora gukomeza guteza impaka muri politiki. Ariko inyuma y’inkuru zagarukaga ku bimukira n’amafaranga, uru rubanza rwagaragaje indi nkuru: iy’igihugu gito cyo muri Afurika cyagaragaje ubushake bwo kurwanira uburenganzira bwacyo imbere y’urwego mpuzamahanga rw’ubucamanza no gusaba ko amasezerano y’amategeko afatwa nk’ibirenze amasezerano ya politiki gusa.
Muri urwo rwego, uru rubanza rushobora kuzibukwa atari ukubera amafaranga u Rwanda rutabonye, ahubwo no kubera ubutumwa rwahaye ku buryo igihugu giteganya kurengera inyungu zacyo ku rwego mpuzamahanga.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|