Amafunguro Miliyoni cumi n’ebyiri ku bayakeneye mu myaka cumi n’itanu: Inkuru ya Solid’Africa
Mu myaka cumi n’itandatu ishize, Isabelle Kamariza yinjiye mu bitaro azanye amafunguro make yari yatetse, agamije gufasha abarwayi batagiraga umuntu wo kubagaburira.
Uyu munsi, umuryango wavutse muri icyo gikorwa cyoroheje cy’urukundo n’impuhwe umaze gutanga amafunguro arenga miliyoni cumi n’ebiri ku barwayi n’abanyeshuri hirya no hino mu Rwanda.
Kuri uyu mugoroba wo ku wa Gatanu, Solid’Africa yizihije isabukuru y’imyaka cumi n’itanu imaze ikora, ibinyujije mu busabane bwabereye muri Kigali Marriott Hotel, mu rwego rwo kwizihiza urugendo rwatumye imirire iva ku kuba ikibazo kititabwagaho cyane, ikaba kimwe mu bintu by’ingenzi mu buvuzi.
Uyu muhango wahuje Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, abayobozi batandukanye mu nzego za Leta, abafatanyabikorwa mu iterambere, abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi ndetse n’abagenerwabikorwa, ku nsanganyamatsiko igira iti: "Imyaka Cumi n’itanu no gukomeza."
Kuri benshi mu bitabiriye uyu muhango, iyi sabukuru ntiyari iyo kwishimira imibare gusa, ahubwo yari iyo kuzirikana uburyo bushya bwo gutekereza ku ruhare rw’imirire.
Solid’Africa yashinzwe ishingiye ku ihame ryoroshye rigira riti: "Ibiribwa ni umuti." Nubwo ubwishingizi bw’ubuzima mu Rwanda bwishyurira abarwayi serivisi z’ubuvuzi, benshi muri bo, cyane cyane abatari bafite abavandimwe cyangwa inshuti zibitaho, bakomeje kugira ikibazo cyo kubona amafunguro yuzuye abafasha gukira neza.
Kamariza yahuye bwa mbere n’icyo kibazo mu mwaka wa 2010.
Mu gihe yari yitabiriye isengesho ryari ryateguwe n’umugore wari uzwi ku izina rya Mama Zouzou, yasabye ko basengera abarwayi. Aha ariko Kamariza yaraharenze, atera intambwe yo kujya gusura abo barwayi mu bitaro akabafasha mu bifatika.
Agezeyo, yahasanze abarwayi benshi bashonje.
Benshi muri bo nta bavandimwe bari bafite hafi yabo, abandi nta bushobozi bari bafite bwo kwigurira ibiribwa.
Kamariza yatangiye gusaba inshuti ze inkunga ntoya, maze ateka amafunguro ubwe, ayajyana ku barwayi bo mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).
Icyatangiriye ku mafunguro make cyaje guhinduka urugendo rwagutse rw’ubufatanye.
Nyuma y’uwo mwaka, Kamariza afatanyije na Mama Zouzou, Audric Mitraros na Ariane Inkesha, bashinze ku mugaragaro umuryango Solid’Africa.
Nyuma y’imyaka 15, uyu muryango umaze kuba kimwe mu bigo bikomeye mu Rwanda byibanda ku guteza imbere imirire.
Ubu ufite inganda eshanu zitegurirwamo amafunguro.
Buri munsi, utegura amafunguro yihariye ajyanye n’ubuzima bw’abarwayi nibura 1,500 bari mu bitaro.
Nanone kandi ugaburira amafunguro yuzuye abana bagera ku 30,000 biga mu mashuri ya Leta.
Abahinzi b’Abanyarwanda barenga 7,000 batanga imboga, imbuto n’ibindi bihingwa binyuze muri gahunda ihuza ubuhinzi n’abakeneye amafunguro (farm-to-plate), bikabafasha kubona isoko n’amafaranga, ari na ko abaturage barushaho kubona indyo yuzuye.
Kimwe mu bikorwa by’ingenzi uyu muryango wagezeho ni ugutangiza Mike Stenbock Gemura Kitchen, igikoni cya mbere mu Rwanda gitegurirwamo amafunguro y’imirire ku rwego rwagutse.
Iki gikoni cyatumye bishoboka gutegura amafunguro ibihumbi buri munsi, mu buryo bwubahiriza ubuziranenge n’umutekano w’ibiribwa.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ibirori byo kuri uyu wa Gatanu, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yashimye Solid’Africa ku ruhare rwayo mu kuzamura ubuzima n’imibereho myiza y’ibihumbi by’Abanyarwanda binyuze mu guteza imbere imirire.
Yashimiye uyu muryango ku bwitange ugaragaza mu kwita ku barwayi n’abanyeshuri, anizeza ko Imbuto Foundation, ayoboye, izakomeza kuwutera inkunga no kuwufasha mu bikorwa byawo.
Ku ruhande rwa Kamariza ariko, iyi sabukuru si iherezo ry’urugendo.
Yagize ati: "Uyu munsi, Solid’Africa yujuje imyaka 15. Icyatangiriye ku myumvire yoroheje ivuga ko umuntu wese akwiriye kubaho mu cyubahiro no kubona indyo yuzuye, kitagomba kuba amahirwe ya bake, cyabaye ikintu kirenze kure ibyo nari narigeze gutekereza."
Yashimiye abakozi, abakorerabushake, abafatanyabikorwa n’abaterankunga bagize uruhare mu kubaka icyo yise urugendo rushingiye ku mpuhwe, ukwihangana no gukorera ku ntego.
Ariko yagaragaje ko urugendo rutararangira.
Yagize ati: "Ibikenewe biracyari byinshi, kandi n’inshingano zacu ziracyakomeye. Tugomba gukomeza kwitanga, gukomeza guhanga udushya no gushaka ibisubizo bihindura ubuzima bw’abantu."
Yanasabye ko habaho ubufatanye burushijeho gukomera ndetse n’icyerekezo kirushijeho kuba kinini mu gihe Solid’Africa itangiye indi myaka mishya y’akazi.
Iterambere rya Solid’Africa rijyana n’umuhate mugari u Rwanda rwashyize mu guteza imbere ubuvuzi, harebwa ibirenze gutanga imiti gusa.
Uyu muryango wagize uruhare rukomeye mu gutuma imirire iba kimwe mu bintu by’ingenzi bifasha umurwayi gukira, ushimangira ko ubuvuzi budashobora kuba bwuzuye mu gihe umurwayi asezerewe mu bitaro agifite inzara.
Icyatangijwe n’umuntu umwe wazanaga amafunguro make mu bitaro, ubu cyahindutse gahunda ikorera mu gihugu cyose, itanga amafunguro ku bantu babarirwa muri za miliyoni.
Ku bihumbi by’abarwayi n’abana bagaburirwa buri munsi, icyo gitekerezo cyoroheje gikomeje kugaragaza ko gukira akenshi bitangirira ku isahani y’ibiryo.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|