Abuzwa umutekano n’abaturanyi be bamushinja ko aroga

Umukecuru utuye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi avuga ko hari abantu akeka ko ari abaturanyi be bamubujije amahwemo, nijoro ntabashe gusinzira.

Bateye amabuye ku nzu ye amabati aratoboka
Bateye amabuye ku nzu ye amabati aratoboka

Uwo mukecuru ufite imyaka 55 y’amavuko, aba mu nzu isakaje amabati. Ayibanamo n’abana babiri umwe uri mu kigero cy’imyaka 10 n’undi w’imyaka ibiri.

Avuga ko abantu ataramenya bahengera nijoro yaryamye bagatera amabuye ku nzu ye, ntabashe kuryama atekanye.

Mu ijoro ryo ku itariki 29 Gicurasi 2017 ngo byarushijeho gukaza umurego ku buryo ngo bateye amabuye, amabati asakaye inzu ye agatoboka.

Ahamya ko abamutera amabuye ari abaturanyi be babuze uko bamufungisha bakaba bashaka kumumenesha.

Uwo mukecuru yemeza ko guterwa amabuye hejuru y’inzu byatangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, ubwo umwe mu baturanyi be yamushinjaga kumurogera inkoko zapfuye n’umwana warwaye ariko akaza gukira.

Icyo gihe ngo uwo muturanyi we yagiye kumurega mu buyobozi, bujyana uwo mukecuru bumufunga ijoro rimwe agaruka mu rugo.

Uyu mukecuru avuga ko abuzwa amahwemo n'abantu barara batera amabuye ku nzu ye
Uyu mukecuru avuga ko abuzwa amahwemo n’abantu barara batera amabuye ku nzu ye

Uwo mukecuru uvuga ko yarekuwe kuko Polisi y’igihugu ikorera muri ako gace yasanze ibyo aregwa bidafite ishingiro,

Agira ati "Ni inshuro ya gatanu bantera amabuye. Njya mu buyobozi kurega, abaturanyi bakankurikira bagahita bavuga ko ndoga."

Abaturanyi b’uwo mukecuru bavuga ko ari umupfumu. Ntibahakana ko urugo rwe rurara ruterwaho amabuye ariko bavuga ko atari bo bayatera,nk’uko uwitwa Ndagijimana Jean Claude abivuga.

Agira ati "Aduhutera ibintu hejuru y’inzu bugacya umuntu yarabiranye. Ubanza ibyo ari byo byamuteye ubwoba, akitera amabuye".

Umuyobozi w’Akagari ka Ruyenzi, Rwandenzi Epimaque yemeza ko uwo mukecuru afite umutekano muke kandi awutezwa n’abaturanyi be batabanye neza.

Agira ati "Ubundi uburozi ntawabuhamya ubundi bwemezwa na muganga kandi ntawe araroga ngo apfe."

Uwo mukecuru yagejeje ikibazo cye ku muyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Aimable Udahemuka maze amushinganisha mu baturage no ku buyobozi ababwira ko ntawe ugomba kumubuza umutekano.

Iyo niyo nzu uwo mukecuru utuye muri Kamonyi atuyemo
Iyo niyo nzu uwo mukecuru utuye muri Kamonyi atuyemo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

amabuye yo areze muri runda natwe mu mudugudu wa musebeya(ahobakunda kwita murugunga) ntawukiryama amabuye arara vuzubuhuha hejuru yinzu turasaba amarondo koyakurikirana abobatesha mutwe

rugunga yanditse ku itariki ya: 5-06-2017  →  Musubize

Umezute ben
twishimira ibitekerezo byiza utanga uwomukecuru bashinza amarozi niyihangane bibahope

Kaneza fabien yanditse ku itariki ya: 5-06-2017  →  Musubize

Ubukoko ubuyobozi bwakuye abanyarwanda murujijo rw’ikibazo cyuwo mukecuru . murakoze kutugezaho amakuru meza nkayo .

IBRAHIM yanditse ku itariki ya: 3-06-2017  →  Musubize

Yewe ibyo birenze pe kubeshyera umuntu ko aroga kd batabumufatanye gusa bage bacisha make kko urucira mumaso rugatwara nyoko buriya aragutera amabuye ejo niwe bazayatera isi sisakaye
Nibasigeho kubuza abobana umutekano babatera ihungabana ko ntawe yiciye baramuziza iki kko police nikurikirane icyo kibazo irengere utwo twana kbs

solange Crusadingwa yanditse ku itariki ya: 2-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka