Kugeza mu ma saa tanu n’igice zo kuri uyu wa 03/05/2013, abantu batandatu bari bamaze kwitaba Imana bazize impanuka yabaye hagati ya coaster ya Sotra Tours na bisi ya Gaagaa Coach mu karere ka Huye (urenze gato kuri ISAR werekeza i Kigali).
Umusore witwa Sekaziga Innocent utuye mu kagari ka Kidakama, umurenge wa Gahunga, akarere ka Burera, yitabye Imana nyuma yo guterwa icyuma munsi y’ugutwi n’umugabo witwa Ndayambaje Jean de Dieu.
Habimana Evariste w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyagacyamo mu kagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza acumbikiwe kuri station ya Polisi ya Busasamana akurikiranweho kwica umusore mugenzi we amukubise ishoka mu mutwe.
Niyibizi Theoneste wari utuye mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika, yapfuye nyuma yo kugwirwa nurukuta rw’inzu ye, ubwo we na mugenzi we Uwizeyimana Claude bayihomaga aho yari itangiye gusenywa n’imvura.
Ubufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage mu kubungabunga umutekano bukwiriye gukomeza kwimakazwa kugira ngo umutekano usugire, bityo n’umurimo ubashe gukorwa neza; nk’uko bitangazwa n’Umukuru wa Polisi muri Station ya Police ya Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke, CIP Adrien Rutagengwa.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania ifite puraki T 514B-TP yakoze impanuka, mu ijoro rishyira tariki 01/05/2013, ku bw’amahirwe umushoferi na kigingi barimo basohokamo ari bazima uretse imvune zidakanganye yabateye.
Umusore w’imyaka 29 wo mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi ashobora gufungwa kuva ku mezi atandatu kugera ku myaka ibiri azira gufatwanwa ibiyobyabwenge. Uyu musore avuga ko yari abitwaje Umunyekongo wari kumuhemba amafranga 3000.
Hashize iminsi hagaragara impunzi zitahuka ziva mu mashyamba ya Congo ariko nyuma y’igihe gito bamwe muri bo bakongera bagasubirayo rwihishwa.
Mu gitondo cya tariki 30/4/2013 abagororwa babiri bo muri gereza ya Rilima batorotse ubwo bari bagiye guhinga mu mirima y’iyo gereza bari bafungiyemo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yabaye tariki 30/04/2013, hagaragajwe ko abagororwa 333 batorotse imirimo nsimburagifungo (TIG) bigira mu ngo zabo abandi bajya gupagasa hirya no hino mu bice bitandukanye by’igihugu ku buryo kubashakisha bitoroheye ababishinzwe.
Abayobozi b’utugali mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare ntibishimira uko Police station ya Gatunda itagira icyo ikora ku bakekwaho ibyaha bayohererezwa kuko ngo bishobora kubaca intege bikongera ukwidegembya kw’abanyabyaha.
Mu mukwabo wabaye ku bufatanye bw’Ingabo na Polisi mu murenge wa Runda no mu wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hafashwe urumogi, inzoga z’inkorano, na bamwe mu bakekwaho guhungabanya umutekano.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye tariki 29/04/2013, hagaragaye ko mu kwezi kwa Mata ibyawuhungabanyije byiyongereye ugereranyije n’uko byari byifashe mu mezi atatu ashize.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, avuga ko abakozi n’abakoresha bakwiye kuganira ku mutekano w’umukozi kugira ngo hirindwe impanuka kuko nyinshi mu ziba bishoboka kuzirinda.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza ibinyujije ku banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize ako karere uko ari 10 yatanze telefoni zigendanwa ku baturage basanzwe bayifasha mu kumenya amakuru y’ibyabereye iwabo mu midugudu batuyemo.
Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.
Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.
Protegene Siborurema utuye mu murenge wa Mbuye akarere ka Ruhango, afungiye kuri Polisi ya Ruhango guhera tariki 26/04/2013 nyuma yo gufatwa atetse kanyanga ndetse anafite gerenade yo Totase.
Mu nama umuyobozi wa Polisi mu karere ka Nyanza yagiranye n’abamotari bakorera mu gice cy’umujyi w’ako karere tariki 26/04/2013 yasabye abamotari kuyifasha mu kurwanya bamwe muri bo bitwara nabi muri ako kazi.
Abajura binjiye mu biro bivunja byitwa Izere by’uwitwa Semanywa Sylvain biri ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, maze bamwiba Amashilingi y’Amagande miliyoni 13 n’ibihumbi 105 n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 988.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 24/04/2013 yangije ibikorwa birimo amazu agera kuri 50 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze.
Abagabo babiri bakekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 y’uwitwa Twagirimama Vedaste ukomoka mu karere ka Karongi, bafatiwe ahitwa kuri Duwani, mu kagari ka Bibungo, umurenge wa Nyamiyaga; ho mu karere Kamonyi mu rukerera rwa tariki 24/04/2013.
Hafi ya buri munsi, nibura umuturarwanda ahitanwa n’impanuka yo mu muhanda, ibintu bibabaje kandi bikwiye guhagarara, bikaba bisaba uruhare rwa buri wese mu barebwa n’iki kibazo; nk’uko bitangazwa na Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 24/04/2013 yongeye gukaza ingamba zo kubungabunga umutekano ku byambu by’Ikiyaga cya Kivu bikunze gukoreshwa n’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahahira muri aka karere.
Mu marembo y’amacumbi y’ikigo cyakira abashyitsi Sainfop mu karere ka Musanze hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kwangirika, bigaragara ko yapfuye nyina akimara kumwibaruka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rwoga, Rurangwa Theotime mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, afunganywe n’umwungirije Mbabazi Emile ndetse na Seneza Valens umukuru w’umudugudu wa Gitwa bakekwaho kubaza no gutwika amashyamba ya Leta.
Imibare itangwa n’akarere ka Gakenke igaragaraza ko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2013, ibitaro n’ibigo nderabuzima byo muri ako karere byakiriye abakobwa n’abagore 41 basambanyijwe ku gahato.
Kuva kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) yashingwa mu mwaka wa 1963, ngo ni ubwa mbere umunyeshuri wayo yishe umubyeyi we; nk’uko bitangazwa na Kalisa Egide, umuyobozi w’umuryango rusange w’abanyeshuri biga muri NUR.
Kuri sitatiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye abagabo 4 barimo n’umwarimu wo mu ishuri ribanza rya Nyabaguma mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, bakekwaho kwiba impombo z’amazi za EWSA ariko zitagikoreshwa.
Ahagana saa yine za mugitondo, kuri uyu wa kabiri tariki 23/04/2013, mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Gashenyi, Akagali ka Nyacyina mu mudugudu wa Mukira, umuturage yataburuye igisasu cyo mu bwoko bwa grenade n’amasasu 40.