Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gashora mu karere ka Bugesera, afunzwe kuva tariki 13/08/2013 akekwaho kunyereza inzitiramibu zirenga 300 ziteye umuti akazigurisha hanze kandi zitagurishwa.
Nyuma yuko uwitwa Ingabire Freddy ategewe n’abantu bataramenyekana ahitwa Rwagitugusa mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma bakamuniga bakamusiga baziko yapfuye, abatuye uyu murenge baremeza ko aho hantu bakihategera bakambura.
Inkongi y’umuriro yibasiye ishyamba rigera muri hegitari 30 harimo hegitari 25 z’ishyamba rya sosiyete ihinga icyayi ikanagitunganya SORWATHE ikorera mu murenge wa Mutate mu karere ka Gicumbi.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye igice cy’ishyamba rya Nyungwe giherereye mu murenge wa Bushekeri ubugira kabiri mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kanama 2013, yongeye kugaragara bwa gatatu ku mugoroba wa tariki 13/08/2013, mu mudugudu wa Kinzovu mu kagari ka Buvungira; hafi y’ahari hafashwe ubushize.
Inama Njyanama y’umurenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yafashe icyemezo ko nyuma ya saa kumi n’ebyiri nta mugore wemerewe kuba ari mu kabari mu rwego rwo guca burundu ikibazo cy’ababyeyi batitaga ku bana babo, bityo umubare w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi ukiyongera.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari ijyanye ibikoresho by’ubwubatsi mu mujyi wa Gisenyi yabuze feri imanuka mu muhanda ugana ku bitaro bya Gisenyi ihita ibigonga abantu babiri bari bayirimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye saa 14h44 tariki 14/08/2013.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Burera ngo hakunze kugaragara abantu batabwa muri yo mbi bakoze ibyaha runaka noneho bagashaka uburyo bikomeretsa kugira ngo batajyanwa mu buroko.
Nyuma yo kubona ko ubujura bukorwa nijoro cyane cyane ubwibasira amazu y’ubucuruzi bwongeye kubura mu Kagali ka Simbwa mu Murenge wa Kabarore, Akarere ka Gatsibo, Inkeragutabara zibumbiye muri koperative Umoja Security ishinzwe umutekano muri uyu Murenge ziyemeje kubuhashya.
Nibondora Appolinaire utuye mu kagali ka Karama mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza tariki 13/08/2013 ahagana saa tanu z’ijoro yubikiriye uwitwa Ndayisaba Charles nawe utuye muri uwo murenge amutema mu mutwe ku buryo bukomeye amutegeye mu nzira ubwo yatahaga iwe mu rugo.
Mu gihe cya saa mbiri z’ijoro rya tariki 13/08/2013, abajura babiri bitwaje imbunda banambaye gisirikare bateye banki y’abaturage (BPR) agashami ka Kinihira mu santire ya Buhanda mu karere ka Ruhango bica ushinzwe gutanga mafaranga (cashier) banatwara miliyoni 4 n’ibihumbi 6 n’amafaranga 352.
Abantu babiri bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarondo, aho bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ntabanganyimana Assoumani wari utuye mu kagari ka Gitara mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza.
Benimana Emmanuel w’imyaka 42, wari umukuru w’umudugudu wa Muduha mu kagari ka Mutiwingoma mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe, kuri uyu wa mbere tariki 12/08/2013 yitabye Imana nyuma y’uko akubiswe mu mutwe n’umwe mu baturage yayoboraga witwa Bucyanayandi Pierre mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki 09/08/2013 mu masaha (...)
Kuri uyu wa Kabiri tariki 13/08/2013, abasore batatu batawe muri yombi bakekwaho gutera mu rugo umugore utwite inda y’amezi atandatu agwirwa n’urugi bituma ava amaraso, banamwiba ibiro 50 by’ibishyimbo.
Abajura bitwikiriye ijoro maze bacukura inzu y’uwitwa Maniraho Jean Baptiste utuye mu mu Kagari ka Murama ho mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera maze bararicucura karahava.
Muhire James w’imyaka 25 y’amavuko afungiye kuri Station ya Polisi ya Ruharambuga nyuma yo gutabwa muri yombi mu ijoro rishyira tariki 13/08/2013 ashaka kwiba Koperative Umurenge SACCO ya Shangi yo mu karere ka Nyamasheke.
Uwitwa Bizimungu Daniel, utuye mu mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe ho mu murenge wa Nyamiyaga, yakurikiranye umugore we bari batonganye akamuhungira kwa Nyirabukwe, agezeyo baramucika, ahicira undi mugabo wari uhacumbitse, ahita atoroka.
Mu ijoro rishyira tariki 12/08/2013, Gashugi Charles w’imyaka 42 utuye mu mudugudu wa Gikombe mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yatwikiye umugore we n’umwana bareraga mu nzu biturutse ku makimbirane bari bafitanye.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro rishyira tariki 12/08/2013 bajya guhakura mu mizinga y’abandi bibaviramo kuba bari bagiye gutwika ishyamba riri mu mudugudu wa Gakamba, akagari ka Muringa, umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo batatu ibakurikiranyeho ubucuruzi bw’ibishyitsi by’ibiti byitwa imishikiri bari bakuye mu ishyamba rya Gako bashaka kubyambutsa umupaka bakabijyana mu gihugu cya Uganda.
Gaparata Nzabagwira Elias w’imyaka 41 y’amavuko wo mu mudugudu wa Katabaro, akagari ka Cyimpindu mu murenge wa Kilimbi wo mu karere ka Nyamasheke yiyahuje umugozi mu ijoro rishyira tariki 09/08/2013 nyuma y’uko yari amaze kurwana n’umugore we.
Abantu 6 harimo n’abanyeshuli 2 nibo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana, bazize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yabereye mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare.
Vestine Nyirantezimana w’imyaka 42 y’amavuko yari atuye mu mudugudu wa Rusisiro, mu kagari ka Kabujenje mu murenge wa Kivumu yishwe n’abantu bamusanze iwe tariki 08/08/2013 mu ma saa moya z’umugoroba bamuhora ko ari umurozi.
Hagenimana Flora w’imyaka 20 arwariye mu Bitaro by’i Nemba biherereye mu Karere ka Gakenke kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 09/08/2013 nyuma yo gukuramo inda y’amezi atandatu biturutse ku makimbirane yagiranye na se aramusunika yikubita hasi.
Umusore w’imyaka 23 wari umukozi wo muvrugo mu Kagali ka Karambo, Umurenge wa Karambo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke tariki 09/08/2013 akurikiranweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 9.
Umucungamali w’ikigo Nderabuzima cya Mucubira kiri mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi ya Busasamana akurikiranweho kunyereza amafaranga y’abajyanama b’ubuzima ndetse n’ay’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA asaga ibihumbi 260.
Mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo haragaragara amakimbirane n’ihohoterwa mu miryango, guta ishuli kw’abana n’inda zititeguwe bivugwa ko biterwa n’inywa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge muri iyi nkambi.
Ndushabandi Joseph w’imyaka 80 wo mu kagari ka Ruganda mu murenge wa Rwimbogo yarokowe na Polisi ubwo abaturage bamuhigaga bukware bamuziza ko ngo yabiciye abantu benshi akoresheje amarozi.
Ingabire Freddy w’imyaka 30 yatoraguwe ahitwa Rwagitugusa ni mu murenge wa Mutendeli kuwa 08/08/2013 saa yine za mugitondo, yanizwe n’abantu bataramenyekana bamujugunya munsi y’umuhanda bazi ko yapfuye.
Nyuma y’uko umwana w’umuhungu w’imyaka 12 witwa Tuyishime Eric, arohamye mu kiyaga cya Kivu tariki 06/08/2013, umurambo we ukaburirwa irengero, waje gutarurwa tariki 08/08/2013, uhita unashyingurwa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarutovu, akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira ho mu karere ka Kamonyi, bibwe urutsinga rw’amashanyarazi rupima metero zigera ku 150, baguze bishyize hamwe ngo bagezweho umuriro aho batuye.