Perezida Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mutekano muri Afurika, ko imikoranire itanoze ari kimwe mu bituma Afurika igihura n’ibibazo by’umutekano.
Abasirikare b’u Rwanda 140 barwanisha imodoka z’intambara bari kwitegura kwerekeza muri Centrafrika mu butumwa bw’amahoro bwa Loni u Rwanda rusanzwe ruhakorera.
Polisi yo muri Mozambique itangaza ko iri gukora iperereza ku kibazo cy’abantu bafite uruhara bari gushimutwa bakicwa, bagakoreshwa mu mihango y’ubupfumu.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Polisi y’u Rwanda yasubije amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni icyenda uwari yayibwe n’umukozi we.
Polisi y’Igihugu yohereje abapolisi 280 mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique bagiye gusimbura abandi bangana gutyo bari bamazeyo umwaka.
Ku nshuro ya gatatu Polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi 140 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Centrafrique.
Abajura bataramenyekana bibye SACCO yo mu murenge wa Burenga muri Rulindo nyuma yo kwica umuzamu wayirindaga undi bakamukomeretsa bikomeye.
Abasirikare bakuru, abarimu n’abashakashatsi bahuriye mu nama mu ishuru rikuru rya Gisirikare i Nyakinama biga ku mutekano muri Afurika.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Umutekano mucye muri Pariki y’Ibirunga muri Kivu y’Amajyaruguru watumye hashyirwaho amabwiriza n’igihe byo kugenderaho imodoka ziherekejwe n’abasirikare.
Abantu bataramenyekana bateye ibisasu ku nyubako z’Ikibuga cy’Indege cya Buruseli mu Bubiligi n’aho abagenzi bategera gari ya moshi, mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Werurwe 2016.
Nyuma yo kugirwa umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo (D2), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo, yasuye abapolisi b’u Rwanda.
Nyuma y’uko agizwe umuyobozi wa Polisi(D2) mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, yatangiye imirimo mishya yo kuyobora Polisi ya Loni muri iki gihugu
Abashinzwe kurinda Ikivu batangaza ko bamaze gufata amajerekani agera kuri 25 ya mazutu, ubwo bagenzura uko Ikiyaga gikoreshwa.
Urubyiruko rutandukanye mu Karere ka Karongi, rwabyutse rusubizwa amafaranga rwatanze rwiyandikisha ku muntu wagombaga kurwigisha imyuga kuko afunze akekwaho ubutekamutwe.
Loni yagize Umunyarwanda Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bwayo muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Abapolisikazi babiri bishwe bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti mu Kuboza umwaka ushize, bashyinguwe mu cyubahiro mu bihe bitandukanye mu irimbi rya Rusororo, kuko imibiri yabo itari yagereye rimwe mu gihugu.
Uzamukunda Immaculée ufite imyaka 65 y’amavuko utuye mu Murenge wa Rugabano ho mu karere ka Karongi yasanzwe iwe yakaswe ijosi yapfuye.
Ibirindiro by’umutwe wa FDLR byari Rusamambo byafashwe n’ingabo za Congo zifatanyije na Mai Mai Cheka, abayobozi barimo Gen Rumuri barahunga.
Abarwanyi ba FDLR bane basize ubuzima mu bitero byo gusahura abaturage ahitwa i Rugari barashwe n’ingabo za Kongo tariki 16-17 Ugushyingo 2015.
Uwahoze ayobora ingabo za Loni zabungabungaga amahoro mu Rwanda 1994 Lt Gen Dallaire yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yijeje Polisi Mpuzamahanga (Interpol) iteraniye mu Rwanda kuva ku wa 02 kugeza 05 Ugushyingo 2015, ubufatanye mu gushakira isi umutekano.
U Rwanda rwashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, nk’umusanzu warwo ku mutwe w’Ingabo z’uwo muryango.
Ba Ministiri Louise Mushikiwabo w’ububanyi n’amahanga hamwe na Francis Kaboneka w’ubutegetsi bw’igihugu basabye urubyiruko ruhuriye muri Rwanda Youth Forum ibera i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatandatu tariki 23/5/2015, ko rugomba kwamagana ibibera mu Burundi, rukoresheje uburyo bunyuranye burimo (...)
Polisi y’u Rwanda yasubije umurucuruzi wo mu Burundi witwa Gloria Uwimana ibicuruzwa bye, nyuma yo kubifatira mu modoka y’injurano ku mupaka w’Akanyaru, yibwe mu gihugu cy’u Buyapani ikazanwa gukoreshwa mu Burundi.
Imiryango 8 ikomoka mu Karere ka Nyabihu igizwe n’abantu 14 yatahutse iva muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa 20 Werurwe 2015 ngo bitewe n’uko aho yabaga mu mashyamba hari umutekano muke uterwa n’intambara.
Umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon yanenze ibikorwa by’ingabo za Kongo mu kurwanya FDLR asaba ko zafatanya n’ingabo z’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo guhashya FDLR.
Amakuru atangwa na Polisi muri Tanzaniya aravuga ko impanuka y’amakamyo abiri na Bisi yabaye nyuma ya saa sita ku wa 11/03/2015 yahitanye abantu 41.
Nyuma y’uko imwe mu miryango mpuzamahanga nterankunga yongeye gutungwa agatoki gukorana n’umutwe wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Kongo, Minisitiri Lambert Mende ushinzwe itangazamakuru muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Kongo akaba n’umuvugizi wa Leta aratangaza ko Leta ya Kongo igiye gukora iperereza kuri iyo (...)