Inteko Izirikana yasabwe gushyira ibikorwa byayo mu nyandiko no mu buryo bw’ikoranabuhanga

Mu rwego rwo gukomeza gusigasira umuco nyarwanda no kubungabunga amateka yarwo, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abagize Inteko Izirikana gushyira ubumenyi n’ibikorwa byabo mu nyandiko no mu buryo bw’ikoranabuhanga, ku buryo n’abazavuka bazabukoresha mu kwihugura.

Minisitiri Bizimana avuga ku buryo Inteko Izirikana izakomeza gufashwa mu bikorwa byayo
Minisitiri Bizimana avuga ku buryo Inteko Izirikana izakomeza gufashwa mu bikorwa byayo

Ibi Minisitiri Bizimana yabigarutseho mu kwizihiza Isabukuru y’imyaka 20 Inteko Izirikana imaze, ku tariki 8 Ukuboza 2023.

Minisitiri Bizimana avuga ko mu nshingano za Leta harimo gufasha Inteko Izirikana, kugira ngo amateka n’ibyo bakora bizajye mu nyandiko n’amajwi, kugira ngo abakiri bato bazayigireho ndetse bakomeze kuyasigasira.

Ati “Mu nshingano dufite harimo kubumbatira uburere Mboneragihugu n’Amateka, ni ho harimo n’umuco mwigisha cyane cyane mu mashuri no mu bitaramo, mu gakora ubushakashatsi mukandika ibitabo. Tugomba gukora bishoboka byose kugira ngo tubafashe kugira ngo ubumenyi mufite bukomeze kumenyekana hose bunarenge imbibi z’Igihugu”.

Umuhango witabiriwe n'abakuze
Umuhango witabiriwe n’abakuze

Minisitiri Bizimana yatanze urugero ku bantu 9 batangije Inteko Izirikana batabarutse amateka yabo n’ubumenyi bwabo butanditswe, ari igihombo ku gihugu asaba ko ibikorwa muri iki gihe byakorwa mu buryo buzatuma bitibagirana.

Umuyobozi w’Inteko Izirikana, Murekeyisoni Kalisa Sylvie, yavuze ko bajya gushinga uyu muryango w’Inteko Izirikana babonaga ko umuco, ururimi n’amateka by’u Rwanda ari inkingi ikomeye mu kongera kubaka umuryango nyarwanda, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Twagira ngo habeho ihuriro rizirikana umurage w’u Rwanda kugira ngo rizahore ari umuyoboro tuzajya tunyuzamo inama, ibitekerezo n’ingamba z’ibikorwa byafasha kongera kubaka u Rwanda n’Umunyarwanda”.

Murekeyisoni Kalisa Sylvie
Murekeyisoni Kalisa Sylvie

Inteko Izirikana ni Umuryango utari uwa Leta uharanira inyungu rusange z’u Rwanda n’Abanyarwanda. Ufite icyicaro ku Kacyiru mu nyubako ya MINUBUMWE.

Mu bikorwa Inteko Izirikana ikora harimo kumenya amateka yo hambere bakayigisha binyuze mu biganiro no mu bitaramo, bakandika ibitabo bakanakora ubushakashatsi mu rwego rwo kumenyekanisha umuco n’amateka y’u Rwanda.

Mu myaka 20, imaze yagaragaje ko igifite imbogamizi zirimo amikoro n’ibikoresho byo gukomeza gukora ibikorwa byabo.

Kugeza ubu muri 12 bashinze Inteko Izirikana, abakiriho ni batatu kuko abandi 9 baratabarutse. Gusa ubu igizwe n’ibyiciciro by’abakiri bato, kugira ngo bafatanye n’abakuru bayitangije gukomeza kwagura ibikorwa byayo.

Abafite aho bahurira n'umuco bitabiriye iyi sabukuru
Abafite aho bahurira n’umuco bitabiriye iyi sabukuru
Ibiryo byari biteguwe mu nkono
Ibiryo byari biteguwe mu nkono
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka