Abaturage bo mu mirenge ya Bugarama na Gikundamvura, mu karere ka Rusizi baravuga ubuzima bwabo bukomeje kuzahazwa n’amazi y’ibirohwa banywa akagira ingaruka mbi ku mibereho yabo cyane cyane ku bana bato.
Abaturage bo mu Mirenge ya Busogo na Gataraga mu Karere ka Musanze baravuga ko batitabira kuboneza urubyaro, babitewe n’amakuru y’urujijo bakura muri bagenzi babo yo kuba uwahawe iyi serivisi agerwaho n’ingaruka z’imihindagurikire y’umubiri cyangwa uburwayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwahagaritse ibikorwa byo koga no kuroba mu Kivu mu rwego rwo kwirinda ingaruka zaterwa n’imirambo yashangukiye mu Kivu.
Tuyisenge Clementine w’imyaka 19 atuye mu kagari ka Shara,umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke. Afite umwana w’amezi arindwi, ukurikira undi w’imyaka ibiri yabyaye afite imyaka 17.
Umwana w’umukobwa aterwa inda bikamwangiriza ubuzima, ariko n’ingaruka ziba ku rungano rwabateye inda ndetse no ku bagabo babaruta baba babashutse ngo ntizikwiye kwirengagizwa.
Umuryango nyarwanda nturasobanukirwa neza uburemere bwo gusambanya umwana utagejeje igihe cy’ubukure, aho raporo ya CLADHO yerekana ko mu bangavu 55,018 batewe inda mu myaka itatu ishize, abagera kuri 28,5 ku bufatanye n’imiryango bahishiriye ababangiza binyuze mu bwumvikane.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana abateye inda abana b’abakobwa 373 kuva muri 2016 kugera muri 2018.
Jacqueline Kayitare, umukozi w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), asaba abakiri batoya gukunda kwiga, kuko we yabigezeho bimugoye nyamara yarabikundaga, none ubu bikaba byaramuhesheje akazi.
Ababyeyi barakangurirwa gukomeza kwigisha abana babo imihindagurikire y’umubiri wabo kugira ngo hakomeze hakumirwe inda ziterwa abangavu.
Minisiteri y’Ubuzima iravuga ko Miliyoni zigera kuri 300 z’amafaranga y’u Rwanda ari zo zimaze gukoreshwa mu bikorwa byo gukumira Ebola, birimo gutoza abantu, kugura imiti n’ibikoresha byakenerwa mu gihe Ebola yagera mu Rwanda.
Mu Rwanda hagiye gutangira uruganda ruzakora inzitiramibu, uyu mwaka ukazarangira rukoze izigera kuri miliyoni umunani, ngo rukazagabanyiriza igihugu umutwaro wo kuzigura hanze.
Bamwe mu bangavu baterwa inda mu karere ka Rusizi, baragirwa inama yo kuboneza urubyaro kugirango hato badakomeza kubyara kandi bakiri bato, bityo ubuzima bukarushaho kubakomerera. Bamwe muri bo banatangiye kubikora.
Uturere tw’Intara y’Amajyaruguru n’Intara y’Iburengerazuba dukize ku bikomoka ku buhinzi n’ubworozi tuza ku isonga mu kugira abana bagwingiye mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro byitiriwe umwami Faisal, buravuga ko bufite ikibazo cy’igihombo baterwa n’abanyamahanga baza kwivuriza ntibishyure ku buryo muri iyi myaka ibiri habarwa miliyoni 400 zitishyuwe.
Abarwariye mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bavuga ko hari abantu bafite umutima mwiza bajya baza bakabasengera, bakabaganiriza ndetse bakabaha n’impano z’ibikoresho byo kwifashisha, hakaba n’ababazanira amafunguro.
Umukobwa w’imyaka 19 utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, avuga ko yatewe inda n’umugabo na we uba mu mujyi i Nyanza, bamenyaniye kuri telefone.
Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yavuze ko abangavu batwaye inda mu Rwanda muri 2018 bangana n’abatuye Umurenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Umusore wo mu kigero cy’imyaka 30 utazwi umwirondoro, amaze umwaka n’amezi umunani ari indembe mu bitaro bya Ruhengeri, aho abaho atagira umurwaza akaba yitabwaho n’abaganga.
Igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu ngo zo mu Karere ka Huye cyatangiye tariki ya 15 Mutarama, kigasozwa ku ya 4 Gashyantare, cyasize hari ingo 1207, zitawuterewe.
Umugore utwite akwiye gufata indyo yuzuye kugira ngo ashobore kubona intungamubiri akeneye ndetse n’izitunga umwana atwite.
Abakobwa 174 biga mu mwaka wa mbere muri INES Ruhengeri, barihirwa na FAWE Rwanda bibukijwe ibikubiye mu masezerano bagiranye na FAWE, ko gutwita imburagihe ari ikizira kandi ko uwo bizabaho azahita asezererwa.
Abana bafite munsi y’imyaka itanu bakenera indyo yuzuye igizwe n’imboga, imbuto, ibinyamisogwe, amata n’ibiyakomokaho na poroteyine. Indyo yuzuye, igira intungamubiri zikenerwa mu mikurire y’umwana, mu iterambere rye no mu myigire ye.
Ababyeyi batuye ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko kugera ku kigo nderabuzima bibagora cyane cyane abagiye kubyara bitewe n’uko kuri icyo kirwa cyose nta mbangukiragutabara ihari. Basaba akarere ko kabatekerezaho kuko bikomeje kubagiraho ingaruka.
Umunyu ni ingenzi mu mikorere myiza y’umubiri w’umuntu, ukaba n’ikintu gikomeye mu mateka y’isi, kuko ubushakashatsi bwerekanye ko abasirikare b’Abaromani bahabwaga umunyu nk’igice cy’umushahara wabo. Iyo umuntu arya umunyu ku rugero ruto cyane, bimuteza ingorane.
Mu buzima, abantu basabwa gukora kugirango babashe kwitunga, gutunga ababo ndetse no gukorera sosiyete n’ibihugu byabo.
Mu karere ka Rusizi, bamwe mu rubyiruko barifuza kuboneza urubyaro kugira ngo birinde kubyara imburagihe, ariko ababyeyi n’ubuyobozi bw’akarere babyamaganye.
Dufitimana Janviere wiga muri Kaminuza y’u Rwanda avuga ko we na bagenzi be batinya gutwara inda kurusha gutinya kwandura virusi itera SIDA.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko poste de santé zigiye kongererwa ingufu bityo zitange serivisi nyinshi kuruta izo zari zisanzwe zitanga hagamijwe korohereza abaturage kwivuza.
Icyumba cy’umukobwa ngo gifite agaciro kanini ku ishuri kuko gifasha abana b’abakobwa bagize ikibazo kijyanye n’imiterere yabo ariko ngo ababyeyi ntibajya bibuka ko gikeneye ibikoresho.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibigo bya Isange one stop center bikiri bike bigatuma hari abahohoterwa batabigeraho vuba ngo bafashwe ibimenyetso bitarasibangana.