Leta y’u Rwanda yemeye kuvuza umwana uburwayi budasanzwe
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko Leta y’u Rwanda yiyemeje kuvuza umwana witwa Tuyisenge Emile ufite uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Leta yafashe iki cyemezo nyuma y’inkuru yaciye kuri Kigali Today ku wa 1 Kamena 2016, yatabarizaga umuryango wa Gatabazi Jean Claude na nyina Ahobantegeye Groriose uyu mwana avukaho, bavuga ko bakeneye ubufasha bwo kumuvuza kuko bo nta bushobozi bafite.
Ku rubuga rwe rwa twitter, Minisitiri Binagwaho yagize ati “Twamaze kubwira ababyeyi b’uyu mwana ngo bamugeze kwa muganga, abaganga baramutegereje ngo bakurikirane ikibazo ke avurwe.”
Uyu muryango utuye mu Kagari ka Gasarabwayi mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe, washimiye cyane Leta y’u Rwanda ku bufasha bwo kuvuza uyu mwana umaranye imyaka 16.
Ariko baracyanasaba ubufasha bwo kubafasha mu ngenzo zigana kwa Muganga kuko batuye kure cyane y’ibitaro, kandi ingendo zikaba zihenze ku buryo batabasha kuzigondera kubera ubukene.
Gatabazi Jean Claude se w’uyu mwana yagize ati “Twahamagawe ku kagali badusaba kuzajya ku bitaro bya kirehe bakazaduha ibyangombwa bitujyana kwivuza i Ikigali.”
Yakomeje agira ati “Turacyasaba ubufasha bwo kwishyura ingendo kuko Kuva aho dutuye tugana ku bitaro bya Kirehe, umuntu umwe yishyura ibihumbi 3000Frw kugenda gusa.
Murumva ko tutazabishobora tutabonye ubufasha kubera ubukene muzi dufite, dore ko no kubona icyo turya mu muryango wacu ugizwe n’abantu batanu bidusaba guca inshuro.”
Uyu muryango urasaba umugiraneza wese wagira ubufasha bwisumbuye ko yawugenera kugira ngo ubashe kugera ku bitaro uvuze uyu mwana ubashe no kumwitaho aho azaba avurirwa.
Ngo uwagira icyo abafasha yahamagara se w’uyu mwana Gatabazi Jean Claude kuri Numero ya Telefoni ya 0785412093.
Ibitekerezo ( 12 )
Ohereza igitekerezo
|
YOOOOOH,UYU MWANA NUWO GUKURIKIRANWA KUKO ARABABAJE PE!UMUNTU WESE UFITE UMUTIMA WAKIMUNTU YAGAKWIYE GUFASHA UKO ASHOBOYE.
ambulance se zimara iki bazajye kumufata nk’abandi barwayi bamugeze kubitaro niba nta tick BINAGWAHO YATEGETSE IKINDI N’IKI? MINISTRE NUWO GUSHIMIRWA RWOSE!
imana imufashe azakire rwose
nugusenga cyane
’yewee!abasha kurya se ubwo, nah Imana pe
Uyu muryango ukwiriye gufashwa kuko iyo umuntu akennye hari aho agera akumvako abandi bamutaye nafashwe hatitawe ku gihe amaze uwamufasha yaca mu zihe nzira baba bari muri mobile money.
Ahubwo ababyeyi b’uyu mwana bari bakwiye gufatwa bakabazwa igituma umwana agera hariya.
Ni byiza kuba agiye kuvuzwa, ariko na none imyaka 16 umwana amaranye uburwayi ni myinshi, habayeho uburangare ku mpande ZOSE.
Uyu mwana arababaje. Mbere yuko umuryango we ufashwa, wagombye kubazwa icyatumye batinda kugera uriya mwana aba kuriya? Ntibyumvikana ko umwana agera hariya ababyeyi nacyo bakora. Ahubwo bakwiye gukurikiranwa. Amashusho nkaya adutesha agaciro.
uyu mwana arababaje rwose akwiye gufashwa.
Nimwihangane Leta ubwo igiye kubafasha UMWANA wanyu azakira rwose
Nimwihangane Leta n, Umubyeyi ubwo igiye kubafasha UMWANA wanyu azakira rwose kand I mwihangane
Niyemeje kumuha Ticket imugeza kuri ibyo bitaro bya Kirehe.