Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge ya Butare, Gikundamvura, Bugarama, Muganza na Nyakabuye ituriye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, barasabwa guhindura imyumvire yabo birinda kujya gucisha abana ibirimi kuri ba magendo.
Abavuzi gakondo bakorera mu karere ka Gakenke ntibishimiye ko uburyo buri mwaka bazajya bakwa amafaranga y’icyangombwa kibemerera gukora kuko ngo ubusanzwe bazi ko icyangombwa umuntu akishyura inshuro imwe gusa keretse iyo bibaye ngombwa ko gihindurwa.
Mu gihe ihuriro ry’abavuzi gakondo “AGA” rikomeje igikorwa cyo kubarura abanyamuryango baryo mu gihugu hose, abavuzi gakondo bo mu karere ka Ngororero ntibanyurwa n’umubare w’amafaranga bakwa muri mwaka ndetse amwe bakayasabwa ku byangombwa basanganywe.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu buvuzi gakondo hajemo abiyitirira uwo mwuga cyangwa abawukora nabi bagahesha isura mbi abawukora mu buryo bwemewe, urugaga rw’abavuzi gakondo mu Rwanda “AGA Rwanda Network” rurashishikariza abavuzi gakondo kunoza imikorere yabo no kugira ibibaranga byemewe hirindwa abiyitirira uyu mwuga (...)
Abibumbiye mu ihuriro ry’Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga ibya farumasi (RPSA: Rwanda Pharmaceutical Students’ Association) bemerewe kuzategura ndetse bakanakira inama ya kane y’abanyeshuri biga ibya farumasi muri Afurika, izaba muri Nyakanga 2015.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko kuba baramaze gusobanukirwa neza n’akamaro k’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), byatumye barushaho kwitabira gutanga umusanzu wabo ku buryo batakirembera mu rugo.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya indwara zitandura kuri uyu wa 14/11/2014, abaturage bibukijwe ko atari ngombwa kujya kwisuzubimisha ari uko bumvise barwaye, ahubwo nibura bakajya bagana muganga rimwe mu mwaka.
Ibitaro bya Rwinkwavu biri mu karere ka Kayonza ntibikigira ikibazo cyo kubona umwuka wa Oxygene uhabwa abarwayi bawukeneye, nyuma y’aho biboneye imashini ikurura umuyaga wo mu kirere ikawuyungurura ikavanamo uwo mwuka wa Oxygene.
Abakozi n’abayobozi ba Ecobank bagendereye abatishoboye barwariye ku bitaro bya Akamabuye mu karere Bugesera, babagenera ubufasha butandukanye burimo ubwisungane mu buvuzi “mitweli” n’imiti ya malariya bifite agaciro ka miliyoni umunani z’Amanyarwanda.
Abasaza n’abakecuru bava mu turere dutandukanye kuva ku cyumweru tariki ya 02/11/2014 bari ku Bitaro bya Ruhengeri aho barimo kuvurwa indwara y’ishaza. Muri iki gikorwa kizamara icyumweru biteganijwe ko abantu 180 bazavurwa.
Abajyanama b’ubuzima mu karere ka Ruhango baravuga ko nyuma yo kwibumbira mu makoperative abateza imbere, bishimira amahugurwa bahabwa ku kwicungira imitungo kuko bituma bashobora gucunga no kugenzura neza ibikorwa byabo.
Abatuye umurenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara barashima ikigo nderabuzima begerejwe, bagasaba ko serivisi yo kwita ku babyeyi babyara itaragera muri iki kigo nderebuzima yakwihutishwa kuhagera kuko ababyeyi bakivunika bakora urugendo.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi bo mu tugari bahabwa amafaranga y’imisanzu y’abaturage mu kwivuza bakamara ighe kinini batarayatanga, ubuyobozi bw’akarere bwabafatiye ingamba.
Mu gihe imisanzu ya mitiweli yo mu karere ka Rutsiro ica kuri konti ziri muri Sacco nyuma zikayimurira kuri konti ya mitiweli y’akarere ubu izitarabikoze zasabwe kwishyura ayo mafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitarenze icyumweru.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagurukiye abishyuza imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bakayishyirira mu mifuka yabo bigatuma aka karere gahora inyuma mu gutanga imisanzu ya mitiweli.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzika cya Gatebe kiri mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, butangaza ko gifite ikibazo cy’ibikoresho bidahagije n’abaganga bake, ndetse n’amazi meza n’amashanyarazi nabyo bitarahagera.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamubuga mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke barishimira ko bamaze guhanga umuhanda bazajya bakoresha berekeje ku kigo nderabuzima cya Kamubuga mu gihe hari uwo bibaye ngombwa ko ajyanwa kwa muganga, kuko ubusanzwe biyambazaga abasore bafite imbaraga kugira ngo bamuheke mu ngombyi (...)
Umuryango w’abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda IMBARAGA ukaba ari nawo ushyira mu bikorwa umushinga PPIMA ukurikirana amakuru no gukora ubuvugizi kuri politiki z’igihugu wagaragaje ko abaturage mu karere ka Gakenke hari ibibazo bikibangamiye.
Mu gihe cy’iminsi 10 gusa abagabo n’abasore bagera kuri 808 baturuka mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bamaze gusiramurwa, iyi serivisi ikaba iri gutangwa ku buntu ku nkunga ya Minisiteri y’Ingabo ibinyujije mu mushinga JHPIEGO hamwe na Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE).
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) hamwe n’Umuryango mpuzamahanga w’Abongereza witwa Vision for a Nation, bamaze igihe basuzuma uburwayi bw’amaso, basanga umuntu ayarwaye bakamuha amadarubindi atuma abona neza ku biciro ngo bihendukiye buri muturage mu Rwanda.
Intara y’Amajyaruguru imaze gutera imbere mu nzego zitandukanye ariko cyane cyane mu mibereho myiza y’abaturage n’ibikorwaremezo aho mu myaka itanu gusa imirenge 84 yabonye ibigo nderabuzima muri 89 igize iyo ntara.
Binyujijwe kuri Rotary Club ya Butare, Ibitaro bya Kaminuza by’i Helsinki mu gihugu cya Finland, hamwe na Rotary Club y’i Helsinki City West, bageneye ibikoresho ibitaro bikuru bya Kaminuza by’i Butare (CHUB).
Abunzi bo mu karere ka Nyamagabe ngo ntibabonera mitiweli bagenerwa ku gihe bigatuma batavurwa iyo boherejwe ku yandi mavuriro mu gihe ivuriro risanzwe ribavura ridafite ubushobozi bwo kubavura indwara runaka.
Mu karere ka Nyabihu hari kugenda hashyirwaho amavuriro aciriritse (Poste de santé) ku rwego rw’akagari mu rwego rwo kwegereza abaturage serivise z’ubuzima no kugabanya igihe abaturage bakoreshaga bagana kwa muganga.
Nyuma y’imyaka irenga irindwi mu Rwanda hatangijwe gahunda y’uko abize iby’ubuganga biga mu buryo bwimbitse (spécialisation) mu mashami amwe n’amwe y’ubuganga, abitabira kwiga ibijyanye no kubaga (chirurgie) no gutera ibinya (anesthésie) baracyari bake cyane ugereranyije n’abiga mu yandi mashami nyamara ngo na bo (...)
Abarwayi babarirwa mu bihumbi 40 bivuje mu karere ka Muhanga mu mwaka w’ingengo y’imali 2013/2014 abasaga ibihumbi 11 muri bo bari barwaye indwara ziterwa n’isuku nke, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Abaganga n’abaforomo b’ibitaro bya Nyanza n’ibigo nderabuzima bibishamikiyeho bahuguwe ku itegeko rigena ubwishingizi ku mwuga w’ubuvuzi rimaze hafi imyaka ibiri risohotse ariko rikaba ritubahirizwa nabo rireba.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rutsiro yasuraga ikigo nderabuzima cya Karumbi giherereye mu murenge wa Murunda, kuwa gatatu tariki ya 08/10/2014, yagaye isuku nke yasanze mu biryamirwa abarwayi bifashisha asaba ubuyobozi bwacyo kwisubiraho.
Itegeko no 49/2012 ryo kuwa 22/10/2013 rigena ibijyanye n’ubwishingizi bw’ubuvuzi, riha umurwayi uburenganzira bwo kwihitiramo umuganga umuvura no kwihitiramo serivisi imukorerwa. Nyamara ariko abaganga bo ku bitaro bya Kabutare batekereza ko hari igihe ubu burenganzira bwavamo n’ingorane.
Kuba akarere ka Huye gakwiye ibindi bitaro, uretse ibya Kabutare na byo bikwiye kuvugururwa, byagaragajwe n’abagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage mu mutwe wa sena, ubwo bagendereraga ibi bitaro tariki 09/10/2014.