Abaturage 3,7 ku ijana by’abatuye akarere ka Kayonza babana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA; nk’uko bitangazwa n’ishami rishinzwe ubuzima mu karere ka Kayonza. Imirenge ya Mukarange na Kabarondo ifatwa nk’imijyi muri ako karere niyo iza ku isonga.
Abakobwa babiri barwariye ku kigo nderabuzima cya Kinunu, kiri mu murenge wa Boneza, akarere ka Rutsiro, nyuma yo kunywa imiti ya Kinyarwanda bashaka gukuramo inda bikabagwa nabi.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Abantu 77 mu murenge wa Tumba akarere ka Rulindo, kuva tariki 25/03/2012, barwaye indwara itazwi bivugwa ko ikomoka ku kunywa ikigage gihumanye. Ni ku nshuro ya kabiri abantu baryaye indwara nk’iyi muri uku kwezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Niyomugabo Nyandwi w’imyaka 38 wapfuye ku mugoroba wa tariki 09/02/2012 ni umuntu wa gatatu upfuye muri iki cyumweru bikekwa ko bazira inzoga y’inkorano banyweye tariki 06/02/2012 ahitwa i Mwima mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubusanzwe iyo umuntu avuze kanseri ifata amabere abantu benshi bakunze guhita batekereza ku gitsina gore gusa ariko si byo na gato kuko n’abagabo na bo iyo ibagezeho itabarebera izuba.
Mu rwego rwo guhashya indwara ya malariya yugarije akarere ka Nyagatare, PSI na minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye gukangurira abaturage ba Nyagatare kuyirinda bifashisha ubutumwa bunyuze muri film n’indirimbo.
Mu turere duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’U Burundi , tariki 19/01/2012, hatangiye icyiciro cya kabiri cyo gukingira abana batarengeje imyaka itanu indwara y’imbasa kubera ko yagaragaye muri ibyo bihugu.
Kuva tariki 10/01/2012 umuryango w’abantu batandatu bo mu mudugudu wa Kigarama mu Kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bari mu bitaro bya Nyanza bazira indwara itaramenyeka usibye isombe bakeka ko yaba yahumanijwe
Ntihabose Egide w’imyaka 20 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza ari mu bitaro kuva mu mwaka wa 2007 kubera ubumuga yatewe n’inka yamwishe ikamuvuna urutirigongo.
Mu gihe akarere ka Rusizi kafashe ingamba zo gukumira icyorezo cya kolera cyadutse i Bukavu muri Kongo, abacuruza ibiribwa bihiye i Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’akarere bubirukankana gusa ntibubabwire ko hari ikibazo cya kolera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwafashe ingamba zo kwirinda ko icyorezo cya kolera cyagaragaye i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyagera muri ako karere.
Abantu bagera kuri 151 bo mu murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara bari mu bitaro bya Gakoma bazira indwara kugeza ubu itari yamenyekana, gusa ngo imvano y’iyi ndwara ni umususuru banyweye ubwo bari bari mu bukwe kuri Noheri.
Benshi mu bahanga babikoreye ubushakashatsi bwimbitse basobanura ko kugira uruhara no gupfuka umusatsi bituruka ku guhagarara kw’ikorwa ry’uturemangingo.
Burya igihe icyo ari cyo cyose umuntu uwo ari we wese yagira ubumuga bwo kutabona bitewe n’impamvu runaka. Urugero ni umugabo witwa Nzeyimana Aloys utuye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi wagize ubumuga bwo kutabona mu mwaka wa 2001 abitewe n’impanuka y’imodoka.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ejo ryatangaje ko impfu ziterwa n’indwara ya maralia zagabanutse ku isi muri rusange.
Ubushakashatsi bwerekanye ko interinete idakoresha urusinga (wi-fi) yangiza intanga ngabo.
Umuyobozi muri UNICEF ushinzwe imirire, Dr. Nicholas Alipui, ashima u Rwanda mu kurwanya imirire mibi ibangamira imikurire y’umwana. Yabitangaje igihe yatangizaga inama yiga ku mirire y’iminsi 2 yatangiye tariki 21/11/2011 i Kigali.
Abashakashatsi batangaza ko abanywatabi bashobora gutakaza 1/3 cy’ubushobozi bwo kwibuka buri munsi.
Tariki ya 18 Ukuboza 2011, mu ngoro y’inteko ishinga amategeko hatanzwe ikiganiro ku kwirinda indwara y’umutima kandi hanapimwa abakozi n’abadepite bashatse kwisuzumisha iyo ndwara.
Gahunda yo gukwirakwiza udukingirizo mu mashuri yisumbuye niyemezwa hazabaho ubushakashatsi bw’ingano y’udukingirizo twihariye ku banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye tujyanye n’ingano y’igitsina cyabo.
Umubare muke w’abaganga babigize umwuga mu Rwanda bafite ingorane yo kutabona umwanya wo kwihugura kuko buri gihe bahora bakenewe mu kazi. Abakenera ubufasha mu buvuzi bariyongera mu gihe abanganga bo batiyongera nk’uko bikwiye.
Ubushakashatsi bwakozwe mu bihugu byinshi bwerekana ko ubwandu bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bwiyongereye kuva mu mwaka wa 2005. Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), rivuga ko mu bihugu byinshi harimo n’ibikize abantu batinya SIDA gusa bakirengangiza izindi ndwara. Muri izo ndwara (...)