Yiregura mu cyaha akurikiranweho cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano agamije kwemererwa kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, Diane Rwigara yakunze kumvikana avuga ko asaba Perezida Kagame kumurekura n’umuryango we.
Kuri uyu wa mbere mu Rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, hasubukuwe urubanza ku ifungwa n’ifungurwa rwa Diane Rwigara na bamwe mu bagize umuryango we.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya Kane Urubanza rwa Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Rwigara Mukangemanyi, aho bari kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongeye gusubika ku nshuro ya gatatu urubanza ruregwamo Diane Rwigara, Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline Mukangemanyi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara,umubyeyi we ari we Adeline Rwigara na murumuna we Anne Uwamahoro Rwigara ku byaha bakurikiranyweho.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Nzeli 2017, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga, rutegetse ko Sano James wahoze ayobora WASAC afungwa by’agateganyo iminsi 30.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018, Perezida Kagame yizeje inkunga Abacamanza mu kuzamura imibereho yabo, ariko abasaba kuzabanza bagabanya kwakira ruswa, icyo yise inkunga idakwiye bamwe muri bo bavugwaho kwakira.
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasabiye igifungo cya burundu, n’ihazabu ya Miliyoni imwe kuri PTE Nshimyumukiza Jean Pierre ndetse na PTE Ishimwe Claude, bashinjwa kurasa umuturage witwa Ntivuguruzwa Aime Yvan agapfa.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Abasirikare babiri bakekwaho kwica Ntivuguruzwa Aimé Ivan, wari utuye i Gikondo muri Kicukiro bahakanye ibyaha byose baregwa uko ari bitanu.
Sous-Lieutenant Seyoboka Henry Jean-Claude uregwa gukora Jenoside, yasabye Urukiko rwa gisirikare gusuzuma impamvu ataburanishwa n’Urukiko Rukuru kandi aregwa ibyaha bikomeye.
Urukiko rwa Gisirikare ruri kuburanisha Private Claude Ishimwe na Private Jean Pierre Nshimiyumukiza, ku mugaragaro, rwafashe icyemezo cy’uko bafungwa by’agateganyo iminsi 30.
Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha Byambukiranya Imipaka rwumvise abatangabuhamya batatu mu batangabuhamya umunani Dr Kabirima Jean Damascene yasabye ko babazwa mu rubanza ashinjamo Jenoside.
Mbarushimana Kunda Emmanuel yabwiye Urugereko rw’Urukiko Rukuru ko rudakwiye gukomeza kumuburanisha nk’aho yari afite inshingano mu butegetsi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka, rwongeye kumva ibimenyetso bishingiye ku nyandiko ubushinjacyaha buheraho bushinja Ntaganzwa Ladislas wari Burugumesitiri wa Nyakizu kuba yaragize uruhare muri jenoside
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye Dr. Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bumukurikiranyeho.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya Imipaka rwemeye gutumiza abatangabuhamya bashinjura Dr Kabirima ku byaha byari byatumye akatirwa gufungwa burundu y’umwihariko.
Urukiko rukuru, Urugereko rw’i Kigali rwumvise ubujurire ku ifunga n’ifungura ry’agateganyo, rw’abari abayobozi muri ADEPR bashinjwa kurigisa umutungo w’iterero maze ababuranaga bose bikoma komisiyo yiyise “Nzahuratorero”.
Urugereko rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha byambukiranya Imipaka, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2018 rwasubukuye urubanza rwa Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Perefegitura ya Butare ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Danmark yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Danmark, kubera ibyaha akurikiranyweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Emmanuel Mbarushimana woherejwe n’inkiko zo muri Danmark kuburanira mu Rwanda yigaramye abamwunganira mu rukiko, asaba ko bahindurwa ariko urukiko rubitera utwatsi.
Urubanza rwa Dr. Léoprd Munyakazi rwabaye ruhagaritswe nyuma y’uko yanze umucamanza (yihannye) umuburanisha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urukiko rwa gisirikare rwatangiye kuburanisha Maj Dr Aimable Rugomwa wenyine, kuko rwasanze mukuru we Nsanzimfura Memelto afite uburwayi bwo mu mutwe.